Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze, Rulindo&Gicumbi: Abantu batandatu barimo umusaza w’imyaka 63 bafatanywe ibikorwa remezo bibye

radiotv10by radiotv10
23/11/2021
in MU RWANDA
0
Musanze, Rulindo&Gicumbi: Abantu batandatu barimo umusaza w’imyaka 63 bafatanywe ibikorwa remezo bibye
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yafashe abantu batandatu bo mu Turere twa Musanze, Gicumbi na Rulindo bakurikiranyweho kwiba ibikoresho bya bimwe mu bikorwa remezo birimo insinga z’amashanyarazi n’amatiyo y’amazi.

Mu karere ka Musanze mu Murenge wa Muhoza mu kagari ka Mpenge na Ruhengeri hafatiwe Barashukwanubusa Benoit w’imyaka 63, afatanwa ibizingo bitatu by’insinga z’amashanyarazi, Tuyishime Vincent w’imyaka 27 yafatanwe ikizingo kimwe.

Mu Karere ka Rulindo mu Murenge wa Ntarabana, Akagari ka Kajevuba mu Mudugudu wa Cyamutara hafatiwe abantu batatu aribo Niyonshuti Seraphin w’imyaka 17, Nsabimana Jean Claude w’imyaka 20, Twizeyimana Jean Paul w’imyaka 22. Aba bafatanwe imifuniko 5 y’ibigega by’amazi biherereye mu Murenge wa Burega, mu kagari ka  Karengere bakaba bari bagiye kuyigurisha mu isantire ya Gaseke k’umucuruzi witwa Peter ugura ibyuma bishaje.

Mu karere ka Gicumbi, Umurenge wa Byumba, Akagari ka Gacurabwenge, Umudugudu wa  Gashirwe  Polisi yafashe Habiyaremye Ernest w’imyaka 38 nyuma yo kumusangana amatiyo y’amazi y’ibyuma mu byuma  agura akanabicuruza bitemewe n’amategeko.

Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, Chief Superintendent of Police (CSP) Francis Muheto arashimira abaturage bakomeje gutanga amakuru bigatuma abacyekwaho kwangiza ibikorwa remezo bafatwa. Yasabye abaturage n’abayobozi mu nzego z’ibanze gukomeza ubufatanye mu kurwanya abangiza ibikorwa remezo.

Yagize ati “Turashimira abaturage kuko ukurikije uko iki kibazo cyari kimeze umwaka ushize wa 2020 ubu birimo kugenda bigabanuka ariko turashaka ko bicika burundu. Byose bituruka ku bufatanye n’abaturage, bariya bafashwe byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, bafatiwe mu bikorwa bya Polisi nyuma y’amakuru y’abaturage bavugaga kohari ibikorwa remezo brimo kwibwa. Twagiye dusaka mu ngo z’abo bacyeka koko tugenda tubibafatana, hari n’abafatiwe mu nzira bagiye kubigurisha ku bagura ibyuma bishaje.”

Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru yakomeje akangurira abagura ibyuma bishaje kujya bitondera ibyo bagura.

Yanasabye abayobozi b’ibigo bikwirakwiza amazi n’amashanyarazi kujya bagira ubugenzuzi ku bakozi babyo kuko hari bamwe muri bo bagira uruhare mu kwangiza ibikorwa remezo.

Ati “Biriya bikorwa remezo ababyiba baba bagiye kubigurisha ku bagura ibyuma bishaje ibyo bakunze kwita inyuma. Turakangurira ababigura kujya babanza gushishoza ku byuma bagiye kugura kandi bakaba abafatanyabikorwa mu kurwanya buriya bujura kuko abazajya babifatanwa bazajya bafatwa nk’abajura. Tubasaba no kwitondera ibyuma bagura kuko hari ubwo haba harimo ibiturika bishobora guteza impanuka zikomeye.”

CSP Muheto yavuze ko Polisi itazahwema gukora ibikorwa byo kurwanya ibangiza ibikorwa remezo, yabibukije ko ibyo bikorwa ari icyaha gihanwa n’amategeko. Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hatangire iperereza.

 

ICYO ITEGEKO RIVUGA

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange Ingingo ya 182 ivuga ko Umuntu wese usenya cyangwa wonona ku bw’inabi, ku buryo ubwo ari bwo bwose, inyubako yose cyangwa igice kimwe cyayo, inzu, iteme, urugomero, uruhombo rw’amazi n’inzira yarwo, inzira ya gari ya moshi cyangwa ibikoresho ibyo ari byo byose by’itumanaho cyangwa by’ingufu z’amashanyarazi, amariba cyangwa izindi nyubako zose bitari ibye, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).

Ingingo ya 166 ivuga ko  Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) ,ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Ingingo ya 167 ivuga ko igihano kikuba Kabiri iyo kwiba byakozwe nijoro bigakorwa n’abantu barenze umwe.

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + nineteen =

Previous Post

Rusizi: Uwari Umuyobozi wa RIB yahamijwe icyaha cyo kwakira indonke ahanishwa gufungwa imyaka 8

Next Post

Ubushakashatsi: Itangazamakuru rya radiyo ryizewe kuri 70%, imbuga nkoranyambaga ni 2%,…

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubushakashatsi: Itangazamakuru rya radiyo ryizewe kuri 70%, imbuga nkoranyambaga ni 2%,…

Ubushakashatsi: Itangazamakuru rya radiyo ryizewe kuri 70%, imbuga nkoranyambaga ni 2%,…

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.