Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Ubuyobozi burashinjwa kujenjekera abajura bukavuga ko butabikora

radiotv10by radiotv10
28/02/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Ubuyobozi burashinjwa kujenjekera abajura bukavuga ko butabikora
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage batuye n’abagenda mu isantere izwi nko Kwa Pawulo iri mu rugabano rw’Imirenge ya Gacaca na Cyuve mu Karere ka Musanze, baranenga ubuyobozi kujenjekera ikibazo cy’ubujura bukabije muri iyi santere bukorwa no ku manywa y’ihangu.

Abatuye muri iyi santere yamamaye kubera ubujura buhakorerwa no ku manywa y’ihangu, bavuga ko ubujura bubarembeje.

Umwe muri aba baturage yagize ati “Biba buri kimwe cyose, kumena amazu, mu bitoki, inka, mbese ntakintu basiga, biba ku manywa bakiba na nijoro.”

Aba baturage bavuga ko nta muntu ugisarura imyaka yihingiye, kuko abajura bayisanga mu mirima bakayiba.

Undi ati “Aha nta muntu ucyorora Inka, ntawucyorora akagurube, ntawucyorora inkoko. Nk’ubu nkanjye Inka yanjye barayijyanye, ubu ndi aho gusa ndi umukene utereye aho.”

Aba baturage batunga agatoki ubuyobozi kwirengagiza iki kibazo kuko bamaze igihe bataka iki kibazo ariko ubuyobozi bukaba bwaranze kugikemura.

Ati “Twarumiwe, kandi ntawe utakira, n’abayobozi b’Imidugudu n’abo mu nzego zo hasi, uramubwira uti ‘bankoze iki’ ati ‘none tubigenze gute?’ ni uko agusubiza, noneho niba ari ibyo twavuga twavuga ko twateye imbere. Nta mategeko ahubwo dufite…”

Aba baturage bavuga ko bamwe mu bafatirwa muri ubu bujura bagafungwa ariko bagahita barekurwa.

Umuyobozi w’akarere ka Musanze, Lamuri Janvier avuga ko ubuyobozi butigeze bujenjekera iki kibazo ari na yo mpamvu bwatangije ibikorwa by’umutekano byo gufata aba bakekwaho ubujura.

Avuga ko abafashwe bakarekurwa, haba habuze ibimenyetso bigaragaza ko ari inyuma y’ibyo bikorwa by’ubujura n’ubwambuzi.

Ati “Akenshi biba bigoye kuvuga ngo bujuje ibimenyetso bikora dosiye yo kubajyana mu Bugenzacyaha n’Ubushinjacyaha no kuburana kugira ngo babe bakatirwa bajyanwe muri Gereza.”

RADIOTV1O

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Umutoza wa Gicumbi FC yongeye kwegura nyuma yo gutsindwa ibitego 6-0

Next Post

Umunwa ku wundi: Cyusa n’umukunzi we bakomeje gutsindagirira urukundo rwabo i Dubai

Related Posts

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunwa ku wundi: Cyusa n’umukunzi we bakomeje gutsindagirira urukundo rwabo i Dubai

Umunwa ku wundi: Cyusa n’umukunzi we bakomeje gutsindagirira urukundo rwabo i Dubai

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.