Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Ubuyobozi burashinjwa kujenjekera abajura bukavuga ko butabikora

radiotv10by radiotv10
28/02/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Ubuyobozi burashinjwa kujenjekera abajura bukavuga ko butabikora
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage batuye n’abagenda mu isantere izwi nko Kwa Pawulo iri mu rugabano rw’Imirenge ya Gacaca na Cyuve mu Karere ka Musanze, baranenga ubuyobozi kujenjekera ikibazo cy’ubujura bukabije muri iyi santere bukorwa no ku manywa y’ihangu.

Abatuye muri iyi santere yamamaye kubera ubujura buhakorerwa no ku manywa y’ihangu, bavuga ko ubujura bubarembeje.

Umwe muri aba baturage yagize ati “Biba buri kimwe cyose, kumena amazu, mu bitoki, inka, mbese ntakintu basiga, biba ku manywa bakiba na nijoro.”

Aba baturage bavuga ko nta muntu ugisarura imyaka yihingiye, kuko abajura bayisanga mu mirima bakayiba.

Undi ati “Aha nta muntu ucyorora Inka, ntawucyorora akagurube, ntawucyorora inkoko. Nk’ubu nkanjye Inka yanjye barayijyanye, ubu ndi aho gusa ndi umukene utereye aho.”

Aba baturage batunga agatoki ubuyobozi kwirengagiza iki kibazo kuko bamaze igihe bataka iki kibazo ariko ubuyobozi bukaba bwaranze kugikemura.

Ati “Twarumiwe, kandi ntawe utakira, n’abayobozi b’Imidugudu n’abo mu nzego zo hasi, uramubwira uti ‘bankoze iki’ ati ‘none tubigenze gute?’ ni uko agusubiza, noneho niba ari ibyo twavuga twavuga ko twateye imbere. Nta mategeko ahubwo dufite…”

Aba baturage bavuga ko bamwe mu bafatirwa muri ubu bujura bagafungwa ariko bagahita barekurwa.

Umuyobozi w’akarere ka Musanze, Lamuri Janvier avuga ko ubuyobozi butigeze bujenjekera iki kibazo ari na yo mpamvu bwatangije ibikorwa by’umutekano byo gufata aba bakekwaho ubujura.

Avuga ko abafashwe bakarekurwa, haba habuze ibimenyetso bigaragaza ko ari inyuma y’ibyo bikorwa by’ubujura n’ubwambuzi.

Ati “Akenshi biba bigoye kuvuga ngo bujuje ibimenyetso bikora dosiye yo kubajyana mu Bugenzacyaha n’Ubushinjacyaha no kuburana kugira ngo babe bakatirwa bajyanwe muri Gereza.”

RADIOTV1O

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − three =

Previous Post

Umutoza wa Gicumbi FC yongeye kwegura nyuma yo gutsindwa ibitego 6-0

Next Post

Umunwa ku wundi: Cyusa n’umukunzi we bakomeje gutsindagirira urukundo rwabo i Dubai

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunwa ku wundi: Cyusa n’umukunzi we bakomeje gutsindagirira urukundo rwabo i Dubai

Umunwa ku wundi: Cyusa n’umukunzi we bakomeje gutsindagirira urukundo rwabo i Dubai

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.