Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Ubuyobozi burashinjwa kujenjekera abajura bukavuga ko butabikora

radiotv10by radiotv10
28/02/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Ubuyobozi burashinjwa kujenjekera abajura bukavuga ko butabikora
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage batuye n’abagenda mu isantere izwi nko Kwa Pawulo iri mu rugabano rw’Imirenge ya Gacaca na Cyuve mu Karere ka Musanze, baranenga ubuyobozi kujenjekera ikibazo cy’ubujura bukabije muri iyi santere bukorwa no ku manywa y’ihangu.

Abatuye muri iyi santere yamamaye kubera ubujura buhakorerwa no ku manywa y’ihangu, bavuga ko ubujura bubarembeje.

Umwe muri aba baturage yagize ati “Biba buri kimwe cyose, kumena amazu, mu bitoki, inka, mbese ntakintu basiga, biba ku manywa bakiba na nijoro.”

Aba baturage bavuga ko nta muntu ugisarura imyaka yihingiye, kuko abajura bayisanga mu mirima bakayiba.

Undi ati “Aha nta muntu ucyorora Inka, ntawucyorora akagurube, ntawucyorora inkoko. Nk’ubu nkanjye Inka yanjye barayijyanye, ubu ndi aho gusa ndi umukene utereye aho.”

Aba baturage batunga agatoki ubuyobozi kwirengagiza iki kibazo kuko bamaze igihe bataka iki kibazo ariko ubuyobozi bukaba bwaranze kugikemura.

Ati “Twarumiwe, kandi ntawe utakira, n’abayobozi b’Imidugudu n’abo mu nzego zo hasi, uramubwira uti ‘bankoze iki’ ati ‘none tubigenze gute?’ ni uko agusubiza, noneho niba ari ibyo twavuga twavuga ko twateye imbere. Nta mategeko ahubwo dufite…”

Aba baturage bavuga ko bamwe mu bafatirwa muri ubu bujura bagafungwa ariko bagahita barekurwa.

Umuyobozi w’akarere ka Musanze, Lamuri Janvier avuga ko ubuyobozi butigeze bujenjekera iki kibazo ari na yo mpamvu bwatangije ibikorwa by’umutekano byo gufata aba bakekwaho ubujura.

Avuga ko abafashwe bakarekurwa, haba habuze ibimenyetso bigaragaza ko ari inyuma y’ibyo bikorwa by’ubujura n’ubwambuzi.

Ati “Akenshi biba bigoye kuvuga ngo bujuje ibimenyetso bikora dosiye yo kubajyana mu Bugenzacyaha n’Ubushinjacyaha no kuburana kugira ngo babe bakatirwa bajyanwe muri Gereza.”

RADIOTV1O

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Umutoza wa Gicumbi FC yongeye kwegura nyuma yo gutsindwa ibitego 6-0

Next Post

Umunwa ku wundi: Cyusa n’umukunzi we bakomeje gutsindagirira urukundo rwabo i Dubai

Related Posts

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

IZIHERUKA

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye
AMAHANGA

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunwa ku wundi: Cyusa n’umukunzi we bakomeje gutsindagirira urukundo rwabo i Dubai

Umunwa ku wundi: Cyusa n’umukunzi we bakomeje gutsindagirira urukundo rwabo i Dubai

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.