Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Yarwaye mu mutwe none yamenaguye inzu yubakiwe na Leta n’iza bagenzi be

radiotv10by radiotv10
26/05/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Yarwaye mu mutwe none yamenaguye inzu yubakiwe na Leta n’iza bagenzi be
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage batujwe mu mudugudu w’ikitegererezo wa Gatovu uherereye mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, bavuga ko barembejwe na mugenzi wabo wahuye n’ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe ukomeje kumenagura ibirahure by’inzu zabo nyuma y’uko arangije iby’iye.

Abatujwe muri uyu mudugudu w’ikitererezo wa Gatovu uherereye mu Kagari mu ka Rungu bashimira Leta y’u Rwanda yabatekerejeho ikabatuza ahantu heza hajyanye n’igihe ariko ko ubu bari kuhagira ikibazo cy’umutekano mucye baterwa na mugenzi wabo wahuye n’ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko uyu muturage mugenzi wabo yatangiye amena ibirahure by’inzu ye akabirangiza none ubu akaba ari kumena ibyabo.

Umwe yagize ati “Iyo byajaguye amenagura ibirahure […] n’umuntu mukuru amwirukaho n’amabuye.”

Undi avuga ko uyu muturage w’umugore we n’umugabo we bombi babahungabanyiriza umutekano.

Ati “Umugabo we ni we umusumbya uburwayi, bose mbona bafite ikibazo mu mutwe, umugabo we barajyana bakirirwa banywa urwaga, baza nimugoroba bagatuka uwo ari we wese, nk’aba batuye imbere ye ntabwo basinzira.”

Aba baturage basaba uyu muturage mugenzi wabo urwaye mu mutwe, akwiye kujyanwa akavuzwa kuko bahangayikishijwe n’umutekano mucye abateza nedetse ko bafite impungenge ko ashobora kuzagira abo agirira nabi kubera amabuye abatera.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier yabwiye RADIOTV10 bagiye gukurikirana iki kibazo bakareba niba koko uyu muturage ari we wangije ibyo bikorwa ubundi bigasanwa.

Ati “Harimo uburyo bubiri, kuvuza uwo wateje icyo kibazo cyo kwangiza ibyo bikorwa remezo, ikindi harimo no gukurikirana ‘ese koko ibyo byose ni we wabimennye, ntihaba harimo uruhare rwabo bakaba bashaka kubimuhirikiraho’.”

Uyu muyobozi avuga ko ikihutirwa ari ukubanza kujyana kwa muganga uyu muturage agasuzumwa niba afite ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe kugira ngo avurwe.

Yagize ibyago ahura n’uburwayi bwo mu mutwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 2 =

Previous Post

Na SG wa FERWAFA yaraye ijoro abategereje…Abana b’u Rwanda begukanye icy’Isi bakiranywe ubwuzu

Next Post

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwateye icyuma mugenzi we bari bararanye irondo akamwica

Related Posts

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

IZIHERUKA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwateye icyuma mugenzi we bari bararanye irondo akamwica

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwateye icyuma mugenzi we bari bararanye irondo akamwica

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.