Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Yarwaye mu mutwe none yamenaguye inzu yubakiwe na Leta n’iza bagenzi be

radiotv10by radiotv10
26/05/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Yarwaye mu mutwe none yamenaguye inzu yubakiwe na Leta n’iza bagenzi be
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage batujwe mu mudugudu w’ikitegererezo wa Gatovu uherereye mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, bavuga ko barembejwe na mugenzi wabo wahuye n’ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe ukomeje kumenagura ibirahure by’inzu zabo nyuma y’uko arangije iby’iye.

Abatujwe muri uyu mudugudu w’ikitererezo wa Gatovu uherereye mu Kagari mu ka Rungu bashimira Leta y’u Rwanda yabatekerejeho ikabatuza ahantu heza hajyanye n’igihe ariko ko ubu bari kuhagira ikibazo cy’umutekano mucye baterwa na mugenzi wabo wahuye n’ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko uyu muturage mugenzi wabo yatangiye amena ibirahure by’inzu ye akabirangiza none ubu akaba ari kumena ibyabo.

Umwe yagize ati “Iyo byajaguye amenagura ibirahure […] n’umuntu mukuru amwirukaho n’amabuye.”

Undi avuga ko uyu muturage w’umugore we n’umugabo we bombi babahungabanyiriza umutekano.

Ati “Umugabo we ni we umusumbya uburwayi, bose mbona bafite ikibazo mu mutwe, umugabo we barajyana bakirirwa banywa urwaga, baza nimugoroba bagatuka uwo ari we wese, nk’aba batuye imbere ye ntabwo basinzira.”

Aba baturage basaba uyu muturage mugenzi wabo urwaye mu mutwe, akwiye kujyanwa akavuzwa kuko bahangayikishijwe n’umutekano mucye abateza nedetse ko bafite impungenge ko ashobora kuzagira abo agirira nabi kubera amabuye abatera.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier yabwiye RADIOTV10 bagiye gukurikirana iki kibazo bakareba niba koko uyu muturage ari we wangije ibyo bikorwa ubundi bigasanwa.

Ati “Harimo uburyo bubiri, kuvuza uwo wateje icyo kibazo cyo kwangiza ibyo bikorwa remezo, ikindi harimo no gukurikirana ‘ese koko ibyo byose ni we wabimennye, ntihaba harimo uruhare rwabo bakaba bashaka kubimuhirikiraho’.”

Uyu muyobozi avuga ko ikihutirwa ari ukubanza kujyana kwa muganga uyu muturage agasuzumwa niba afite ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe kugira ngo avurwe.

Yagize ibyago ahura n’uburwayi bwo mu mutwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + five =

Previous Post

Na SG wa FERWAFA yaraye ijoro abategereje…Abana b’u Rwanda begukanye icy’Isi bakiranywe ubwuzu

Next Post

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwateye icyuma mugenzi we bari bararanye irondo akamwica

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rufunze abagabo batatu bafatanywe amahembe y’inzovu yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bayatwaye mu...

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

by radiotv10
03/11/2025
0

Mondays are hard. After a relaxing weekend, it’s easy to put off work, scroll on your phone, or tell yourself,...

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Inzu isanzwe ari icumbi ry’abanyeshuri mu ishuri rya IWE (Institute Of Women For Excellence) Secondary School riherereye mu Karere ka...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

IZIHERUKA

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15
IBYAMAMARE

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

by radiotv10
04/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

03/11/2025
Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

03/11/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

03/11/2025
Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwateye icyuma mugenzi we bari bararanye irondo akamwica

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwateye icyuma mugenzi we bari bararanye irondo akamwica

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.