Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Yarwaye mu mutwe none yamenaguye inzu yubakiwe na Leta n’iza bagenzi be

radiotv10by radiotv10
26/05/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Yarwaye mu mutwe none yamenaguye inzu yubakiwe na Leta n’iza bagenzi be
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage batujwe mu mudugudu w’ikitegererezo wa Gatovu uherereye mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, bavuga ko barembejwe na mugenzi wabo wahuye n’ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe ukomeje kumenagura ibirahure by’inzu zabo nyuma y’uko arangije iby’iye.

Abatujwe muri uyu mudugudu w’ikitererezo wa Gatovu uherereye mu Kagari mu ka Rungu bashimira Leta y’u Rwanda yabatekerejeho ikabatuza ahantu heza hajyanye n’igihe ariko ko ubu bari kuhagira ikibazo cy’umutekano mucye baterwa na mugenzi wabo wahuye n’ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko uyu muturage mugenzi wabo yatangiye amena ibirahure by’inzu ye akabirangiza none ubu akaba ari kumena ibyabo.

Umwe yagize ati “Iyo byajaguye amenagura ibirahure […] n’umuntu mukuru amwirukaho n’amabuye.”

Undi avuga ko uyu muturage w’umugore we n’umugabo we bombi babahungabanyiriza umutekano.

Ati “Umugabo we ni we umusumbya uburwayi, bose mbona bafite ikibazo mu mutwe, umugabo we barajyana bakirirwa banywa urwaga, baza nimugoroba bagatuka uwo ari we wese, nk’aba batuye imbere ye ntabwo basinzira.”

Aba baturage basaba uyu muturage mugenzi wabo urwaye mu mutwe, akwiye kujyanwa akavuzwa kuko bahangayikishijwe n’umutekano mucye abateza nedetse ko bafite impungenge ko ashobora kuzagira abo agirira nabi kubera amabuye abatera.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier yabwiye RADIOTV10 bagiye gukurikirana iki kibazo bakareba niba koko uyu muturage ari we wangije ibyo bikorwa ubundi bigasanwa.

Ati “Harimo uburyo bubiri, kuvuza uwo wateje icyo kibazo cyo kwangiza ibyo bikorwa remezo, ikindi harimo no gukurikirana ‘ese koko ibyo byose ni we wabimennye, ntihaba harimo uruhare rwabo bakaba bashaka kubimuhirikiraho’.”

Uyu muyobozi avuga ko ikihutirwa ari ukubanza kujyana kwa muganga uyu muturage agasuzumwa niba afite ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe kugira ngo avurwe.

Yagize ibyago ahura n’uburwayi bwo mu mutwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − five =

Previous Post

Na SG wa FERWAFA yaraye ijoro abategereje…Abana b’u Rwanda begukanye icy’Isi bakiranywe ubwuzu

Next Post

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwateye icyuma mugenzi we bari bararanye irondo akamwica

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwateye icyuma mugenzi we bari bararanye irondo akamwica

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwateye icyuma mugenzi we bari bararanye irondo akamwica

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.