Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Museveni agiye gutumira Macron baganire ku bya DRCongo n’iby’u Burayi

radiotv10by radiotv10
19/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Museveni agiye gutumira Macron baganire ku bya DRCongo n’iby’u Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, yavuze ko ateganya gutumira Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron, akaza bakaganira ku bibazo by’umutekano biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’ibindi byugarije Afurika akanamugira inama ku by’u Burayi.

Museveni yavuze ko azatumira Emmanuel Macro mu kwizihiza umunsi w’Ubwingenge w’ishyaka rya NRM uba buri tariki 26 Mutarama.

Yagize ati “Ngiye kwandikira Nyakubahwa Macron ubundi mutumire hano kugira ngo tuganire ku bibazo bya Afurika n’Isi birimo iby’i Burayi. U Burayi nta na kimwe bwahomba mu gihe bwabaho bukorana neza na Afurika.”

Perezida Museveni ku wa Mbere w’iki cyumweru, yahuye na Ambasaderi w’u Bufaransa muri Uganda, Jules-Armand Aniambossou, ubwo yamwakiraga mu Biro bye i Entebbe.

Aniambossou yamenyesheje Museveni ko imyaka ye itatu amaze ahagarariye Igihugu cye muri Uganda, iri kugera ku musozo.

Yagize ati “Muri iki gihe cyose maze hano, nabonye ko Uganda ari Igihugu cyiza. Ubu nanjye niyumva nk’Umunya-Uganda nubwo nzava muri iki Gihugu nka Ambasaderi.”

Uyu mudipolomate w’u Bufaransa ugiye kwerecyeza muri Ghana, yanamenyesheje Museveni umuhate w’Igihugu cye ku byo kugarura amahoro n’umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yavuze ko ari na byo byanaganiriweho ubwo Perezida Emmanuel Macron yahuraga na Perezida Pau Kagame w’u Rwanda ndetse na mugenzi we Felix Tshisekedi wa DRC ubwo bahuriraga mu Nteko Rusange ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye.

Aniambossou yabwiye Museveni ko gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bitashoboka Uganda itabigizemo uruhare kuko ifite ubunararibonye mu gukemura amakimbirane mu karere.

Yagize ati “Turabizi ko tudashobora kubona umuti urambye bitagizwemo uruhare na Uganda.”

Perezida Museveni yavuze ko mu byo azaganira na Macron igihe azaba yamutumiye, bazanagaruka ku by’umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Ndashaka kwicarana na Macron ubundi tukaganira byimbitse. U Burayi ntacyo bwahomba buramutse bukoranye neza na Afurika.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Amavubi U23 yatunguye umukecuru udasiba kuri Stade bamuha impano (AMAFOTO)

Next Post

Hasobanuwe impamvu Perezida Tshisekedi yahaye inshingano Umujenerali umaze imyaka 10 yarapfuye

Related Posts

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

by radiotv10
25/11/2025
0

A group of former soldiers from the Israel Defense Forces (IDF), including those who were injured in combat, have arrived...

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

by radiotv10
25/11/2025
0

Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Paysannat LE, ryigamo impunzi mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko...

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

by radiotv10
25/11/2025
0

Umwarimu w’imyaka 50 wigisha muri Nyanza TSS waregwaga gusambanya abana b’abakobwa babiri bacuruza ibiraha, yanabanje no kubirya ubundi akaboshyoshya akabajyana...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe impamvu Perezida Tshisekedi yahaye inshingano Umujenerali umaze imyaka 10 yarapfuye

Hasobanuwe impamvu Perezida Tshisekedi yahaye inshingano Umujenerali umaze imyaka 10 yarapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.