Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Museveni agiye gutumira Macron baganire ku bya DRCongo n’iby’u Burayi

radiotv10by radiotv10
19/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Museveni agiye gutumira Macron baganire ku bya DRCongo n’iby’u Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, yavuze ko ateganya gutumira Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron, akaza bakaganira ku bibazo by’umutekano biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’ibindi byugarije Afurika akanamugira inama ku by’u Burayi.

Museveni yavuze ko azatumira Emmanuel Macro mu kwizihiza umunsi w’Ubwingenge w’ishyaka rya NRM uba buri tariki 26 Mutarama.

Yagize ati “Ngiye kwandikira Nyakubahwa Macron ubundi mutumire hano kugira ngo tuganire ku bibazo bya Afurika n’Isi birimo iby’i Burayi. U Burayi nta na kimwe bwahomba mu gihe bwabaho bukorana neza na Afurika.”

Perezida Museveni ku wa Mbere w’iki cyumweru, yahuye na Ambasaderi w’u Bufaransa muri Uganda, Jules-Armand Aniambossou, ubwo yamwakiraga mu Biro bye i Entebbe.

Aniambossou yamenyesheje Museveni ko imyaka ye itatu amaze ahagarariye Igihugu cye muri Uganda, iri kugera ku musozo.

Yagize ati “Muri iki gihe cyose maze hano, nabonye ko Uganda ari Igihugu cyiza. Ubu nanjye niyumva nk’Umunya-Uganda nubwo nzava muri iki Gihugu nka Ambasaderi.”

Uyu mudipolomate w’u Bufaransa ugiye kwerecyeza muri Ghana, yanamenyesheje Museveni umuhate w’Igihugu cye ku byo kugarura amahoro n’umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yavuze ko ari na byo byanaganiriweho ubwo Perezida Emmanuel Macron yahuraga na Perezida Pau Kagame w’u Rwanda ndetse na mugenzi we Felix Tshisekedi wa DRC ubwo bahuriraga mu Nteko Rusange ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye.

Aniambossou yabwiye Museveni ko gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bitashoboka Uganda itabigizemo uruhare kuko ifite ubunararibonye mu gukemura amakimbirane mu karere.

Yagize ati “Turabizi ko tudashobora kubona umuti urambye bitagizwemo uruhare na Uganda.”

Perezida Museveni yavuze ko mu byo azaganira na Macron igihe azaba yamutumiye, bazanagaruka ku by’umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Ndashaka kwicarana na Macron ubundi tukaganira byimbitse. U Burayi ntacyo bwahomba buramutse bukoranye neza na Afurika.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 3 =

Previous Post

Amavubi U23 yatunguye umukecuru udasiba kuri Stade bamuha impano (AMAFOTO)

Next Post

Hasobanuwe impamvu Perezida Tshisekedi yahaye inshingano Umujenerali umaze imyaka 10 yarapfuye

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

In a world that keeps changing faster than ever, young adults are under increasing pressure to keep up. Technology, job...

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
18/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro
MU RWANDA

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
0

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe impamvu Perezida Tshisekedi yahaye inshingano Umujenerali umaze imyaka 10 yarapfuye

Hasobanuwe impamvu Perezida Tshisekedi yahaye inshingano Umujenerali umaze imyaka 10 yarapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.