Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Museveni agiye gutumira Macron baganire ku bya DRCongo n’iby’u Burayi

radiotv10by radiotv10
19/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Museveni agiye gutumira Macron baganire ku bya DRCongo n’iby’u Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, yavuze ko ateganya gutumira Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron, akaza bakaganira ku bibazo by’umutekano biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’ibindi byugarije Afurika akanamugira inama ku by’u Burayi.

Museveni yavuze ko azatumira Emmanuel Macro mu kwizihiza umunsi w’Ubwingenge w’ishyaka rya NRM uba buri tariki 26 Mutarama.

Yagize ati “Ngiye kwandikira Nyakubahwa Macron ubundi mutumire hano kugira ngo tuganire ku bibazo bya Afurika n’Isi birimo iby’i Burayi. U Burayi nta na kimwe bwahomba mu gihe bwabaho bukorana neza na Afurika.”

Perezida Museveni ku wa Mbere w’iki cyumweru, yahuye na Ambasaderi w’u Bufaransa muri Uganda, Jules-Armand Aniambossou, ubwo yamwakiraga mu Biro bye i Entebbe.

Aniambossou yamenyesheje Museveni ko imyaka ye itatu amaze ahagarariye Igihugu cye muri Uganda, iri kugera ku musozo.

Yagize ati “Muri iki gihe cyose maze hano, nabonye ko Uganda ari Igihugu cyiza. Ubu nanjye niyumva nk’Umunya-Uganda nubwo nzava muri iki Gihugu nka Ambasaderi.”

Uyu mudipolomate w’u Bufaransa ugiye kwerecyeza muri Ghana, yanamenyesheje Museveni umuhate w’Igihugu cye ku byo kugarura amahoro n’umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yavuze ko ari na byo byanaganiriweho ubwo Perezida Emmanuel Macron yahuraga na Perezida Pau Kagame w’u Rwanda ndetse na mugenzi we Felix Tshisekedi wa DRC ubwo bahuriraga mu Nteko Rusange ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye.

Aniambossou yabwiye Museveni ko gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bitashoboka Uganda itabigizemo uruhare kuko ifite ubunararibonye mu gukemura amakimbirane mu karere.

Yagize ati “Turabizi ko tudashobora kubona umuti urambye bitagizwemo uruhare na Uganda.”

Perezida Museveni yavuze ko mu byo azaganira na Macron igihe azaba yamutumiye, bazanagaruka ku by’umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Ndashaka kwicarana na Macron ubundi tukaganira byimbitse. U Burayi ntacyo bwahomba buramutse bukoranye neza na Afurika.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Amavubi U23 yatunguye umukecuru udasiba kuri Stade bamuha impano (AMAFOTO)

Next Post

Hasobanuwe impamvu Perezida Tshisekedi yahaye inshingano Umujenerali umaze imyaka 10 yarapfuye

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe impamvu Perezida Tshisekedi yahaye inshingano Umujenerali umaze imyaka 10 yarapfuye

Hasobanuwe impamvu Perezida Tshisekedi yahaye inshingano Umujenerali umaze imyaka 10 yarapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.