Wednesday, August 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Museveni tumutegereze mu Rwanda mu gihe cya vuba?- Impuguke irabyemeza

radiotv10by radiotv10
25/04/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Museveni tumutegereze mu Rwanda mu gihe cya vuba?- Impuguke irabyemeza
Share on FacebookShare on Twitter

Impuguke mu bijyanye na Politiki, Dr Ismael Buchanan avuga ko bitazatungurana kubona Perezida Yoweri Museveni wa Uganda na we asuye u Rwanda mu gihe cya vuba kandi ko biri mu bizashimangira izahuka ry’umugabo hagati y’Ibihugu byombi.

Kuri iki Cyumweru tari 24 Mata 2022, Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’amateka muri Uganda nyuma y’imyaka ine adaheruka muri iki Gihugu cyari kimaze iminsi gifitanye ibibazo n’u Rwanda.

Perezida Yoweri Museveni yashimiye mugenzi we Paul Kagame kuba yagendereye Igihugu cye akaza no kwifatanya na Muhoozi mu birori by’izabukuru ye, yavuze ko yishimiye kongera kumwakira “nyuma y’imyaka ataza.”

Perezida Paul Kagame yaherukaga muri Uganda muri Werurwe 2018 ubwo nab wo yari agiye kuganira na Museveni ku bibazo byatutumbaga hagati y’Ibihugu byombi ariko bikaza kunanirana.

Ubwo yatangiza umwiherero w’Abayobozi bakuru b’Igihugu muri Werurwe 2019, Perezida Paul Kagame yagarutse byimbitse ku bibazo byari biriho hagati y’u Rwanda na Uganda ubwo icyo gihe byari bifite umurego.

Icyo gihe Perezida Kagame yavuze ko ibibazo yabiganiriyeho bihagije na mugenzi we Perezida Museveni ariko ko ntacyo byatanze agahitamo kukimurekera.

Ubuyobozi bw’u Rwanda na Uganda, ubu buri mu nzira ishimishije yo kuzahura umubano, bigaragazwa no kuba ubu abaturage babyo barongeye kugenderana ndetse abakuru b’Ibihugu bakaba bongeye guhura bakaganira.

 

Vuba cyane Museveni na we ashobora kuza mu Rwanda

Umwarimu muri Kaminuza mu bijyanye na Politiki, Dr Ismael Buchanan yabwiye RADIOTV10 ko kuba Perezida Kagame yasuye Uganda ari indi gihamya igaragaza ko ubu Ibihugu byombi byatangiye urugendo rwo kongera kuba umwe.

Ati “Kuba Perezida Museveni yakiriye Perezida Kagame, Perezida Kagame na we akajya muri Uganda, ni ikintu cy’ingirakamaro kigaragaza ubushake bwa Politiki aba bayobozi bombi bashaka.”

Dr Buchanan avuga ko Perezida Museveni na we ashobora kuza mu Rwanda mu gihe cya vuba, ati “Ahubwo nibaza icyaburaga ngo Perezida Museveni abe yakandagira mu Rwanda kuko kuba Perezida Kagame yamusuye buriya hari uburyo Abakuru b’Ibihugu babivugana mu rwego rwa dipolomasi kuba Perezida wa Uganda yaza mu Rwanda […] nta n’igihe u Rwanda rwari rufunze amayira kuri Museveni, u Rwanda ruhora rufunguye kuri Museveni kuko ni ahantu yisanzura.”

Iyi mpuguke ivuga ko Perezida Museveni na we nasura u Rwanda bizazamura “icyizere n’ibyishimo mu Banyarwanda n’Abaganda mu kubona abakuru b’Ibihugu basurana nk’uko Perezida Kagame yagiyeyo ku buryo n’Abanyarwanda ntibabura kwishima babonye Perezida Museveni nyuma y’ibibazo byari Bihari noneho ageze mu Rwanda.”

Avuga ko ibi bizanahinyuza bamwe bari bishimiye ko umubano w’u Rwanda na Uganda wari urimo igitotsi, bikanabaca intege kuko barimo n’abifuriza inabi u Rwanda ndetse n’abumvaga ko bajya muri Uganda gucurirayo imigambi mibisha ku Rwanda bakabura icyuho.

Iyi mpuguke ivuga ko ubusanzwe u Rwanda na Uganda basangiye akabisi n’agahiye ku buryo izahuka ry’umubano wabyo washingiye ku bushake bwa politiki z’Ibihugu byombi.

Yagize ati “Erega tugiye mu mateka u Rwanda na Uganda turi bamwe turi abavandimwe, dusangiye ibyiza n’ibibi. Ni ukuvuga ngo Ibibazo Uganda igira bigira ingaruka ku Rwanda, ibibazo u Rwanda rugira bigira ingaruka ku Banya-Uganda kandi ni Ibihugu byabanye kuva cyera.”

Uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame rwashimishije benshi, baba Abanyarwanda ndetse n’Abanya-Uganda, barimo n’abasanzwe bafite imiryango mu Gihugu kimwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Ndimbati yagarutse mu Rukiko arusaba ikintu gikomeye cyerekeye abana yabyaranye n’uwatumye afungwa

Next Post

Birabaye!!: Icyifuzo cya Elon Musk cyo kugura Twitter cyemewe

Related Posts

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

by radiotv10
20/08/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko ikibazo cy’urugomo rukorwa n’abanyamahanga baba mu Rwanda, kimaze iminsi gikurikiranwa, ndetse ko mu mezi 12...

Amakuru agezweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana

Amakuru agezweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana

by radiotv10
20/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ibyavuye mu bizamini bya Leta by’abarangije amashuri abanza n’abarangije icyiciro rusange cy’ayisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2024-2025,...

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

by radiotv10
19/08/2025
1

Ikigo cy'lgihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) cyatangaje itariki izatangirizwaho ku mugaragaro gahunda yo gupima imyotsi y’ibinyabiziga mu buryo bwisumbuyeho, ireba...

Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

by radiotv10
19/08/2025
0

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) has confirmed that a new vehicle emission testing program will officially begin on August...

Kamonyi: Umukozi w’ikigo cy’imari washatse kukiba 3.500.000Frw agatahurwa hamenyekanye uko yabyitwayemo

Hasobanuwe iby’urupfu rw’umusore wishwe nyuma yo gukiza abarwaniraga mu kabari n’ibyagezweho mu iperereza

by radiotv10
19/08/2025
0

Polisi yo mu Ntara y’Amajyepfo yatangaje ko yataye muri yombi abantu umunani bo mu Karere ka Kamonyi bakekwaho kugira uruhare...

IZIHERUKA

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi
MU RWANDA

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

by radiotv10
20/08/2025
0

Amakuru agezweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana

Amakuru agezweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana

20/08/2025
Igisirikare cya Somalia kirigamba akazi gakomeye cyakoze mu guhashya ibyihebe bya Al Shabab

Igisirikare cya Somalia kirigamba akazi gakomeye cyakoze mu guhashya ibyihebe bya Al Shabab

19/08/2025
Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

19/08/2025
Umujenerali ufite amateka mu ishyaka riyoboye u Burundi byamenyekanye ko afunze n’icyo azira

Umujenerali ufite amateka mu ishyaka riyoboye u Burundi byamenyekanye ko afunze n’icyo azira

19/08/2025
Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

19/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Birabaye!!: Icyifuzo cya Elon Musk cyo kugura Twitter cyemewe

Birabaye!!: Icyifuzo cya Elon Musk cyo kugura Twitter cyemewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

Amakuru agezweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana

Igisirikare cya Somalia kirigamba akazi gakomeye cyakoze mu guhashya ibyihebe bya Al Shabab

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.