Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Museveni tumutegereze mu Rwanda mu gihe cya vuba?- Impuguke irabyemeza

radiotv10by radiotv10
25/04/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Museveni tumutegereze mu Rwanda mu gihe cya vuba?- Impuguke irabyemeza
Share on FacebookShare on Twitter

Impuguke mu bijyanye na Politiki, Dr Ismael Buchanan avuga ko bitazatungurana kubona Perezida Yoweri Museveni wa Uganda na we asuye u Rwanda mu gihe cya vuba kandi ko biri mu bizashimangira izahuka ry’umugabo hagati y’Ibihugu byombi.

Kuri iki Cyumweru tari 24 Mata 2022, Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’amateka muri Uganda nyuma y’imyaka ine adaheruka muri iki Gihugu cyari kimaze iminsi gifitanye ibibazo n’u Rwanda.

Perezida Yoweri Museveni yashimiye mugenzi we Paul Kagame kuba yagendereye Igihugu cye akaza no kwifatanya na Muhoozi mu birori by’izabukuru ye, yavuze ko yishimiye kongera kumwakira “nyuma y’imyaka ataza.”

Perezida Paul Kagame yaherukaga muri Uganda muri Werurwe 2018 ubwo nab wo yari agiye kuganira na Museveni ku bibazo byatutumbaga hagati y’Ibihugu byombi ariko bikaza kunanirana.

Ubwo yatangiza umwiherero w’Abayobozi bakuru b’Igihugu muri Werurwe 2019, Perezida Paul Kagame yagarutse byimbitse ku bibazo byari biriho hagati y’u Rwanda na Uganda ubwo icyo gihe byari bifite umurego.

Icyo gihe Perezida Kagame yavuze ko ibibazo yabiganiriyeho bihagije na mugenzi we Perezida Museveni ariko ko ntacyo byatanze agahitamo kukimurekera.

Ubuyobozi bw’u Rwanda na Uganda, ubu buri mu nzira ishimishije yo kuzahura umubano, bigaragazwa no kuba ubu abaturage babyo barongeye kugenderana ndetse abakuru b’Ibihugu bakaba bongeye guhura bakaganira.

 

Vuba cyane Museveni na we ashobora kuza mu Rwanda

Umwarimu muri Kaminuza mu bijyanye na Politiki, Dr Ismael Buchanan yabwiye RADIOTV10 ko kuba Perezida Kagame yasuye Uganda ari indi gihamya igaragaza ko ubu Ibihugu byombi byatangiye urugendo rwo kongera kuba umwe.

Ati “Kuba Perezida Museveni yakiriye Perezida Kagame, Perezida Kagame na we akajya muri Uganda, ni ikintu cy’ingirakamaro kigaragaza ubushake bwa Politiki aba bayobozi bombi bashaka.”

Dr Buchanan avuga ko Perezida Museveni na we ashobora kuza mu Rwanda mu gihe cya vuba, ati “Ahubwo nibaza icyaburaga ngo Perezida Museveni abe yakandagira mu Rwanda kuko kuba Perezida Kagame yamusuye buriya hari uburyo Abakuru b’Ibihugu babivugana mu rwego rwa dipolomasi kuba Perezida wa Uganda yaza mu Rwanda […] nta n’igihe u Rwanda rwari rufunze amayira kuri Museveni, u Rwanda ruhora rufunguye kuri Museveni kuko ni ahantu yisanzura.”

Iyi mpuguke ivuga ko Perezida Museveni na we nasura u Rwanda bizazamura “icyizere n’ibyishimo mu Banyarwanda n’Abaganda mu kubona abakuru b’Ibihugu basurana nk’uko Perezida Kagame yagiyeyo ku buryo n’Abanyarwanda ntibabura kwishima babonye Perezida Museveni nyuma y’ibibazo byari Bihari noneho ageze mu Rwanda.”

Avuga ko ibi bizanahinyuza bamwe bari bishimiye ko umubano w’u Rwanda na Uganda wari urimo igitotsi, bikanabaca intege kuko barimo n’abifuriza inabi u Rwanda ndetse n’abumvaga ko bajya muri Uganda gucurirayo imigambi mibisha ku Rwanda bakabura icyuho.

Iyi mpuguke ivuga ko ubusanzwe u Rwanda na Uganda basangiye akabisi n’agahiye ku buryo izahuka ry’umubano wabyo washingiye ku bushake bwa politiki z’Ibihugu byombi.

Yagize ati “Erega tugiye mu mateka u Rwanda na Uganda turi bamwe turi abavandimwe, dusangiye ibyiza n’ibibi. Ni ukuvuga ngo Ibibazo Uganda igira bigira ingaruka ku Rwanda, ibibazo u Rwanda rugira bigira ingaruka ku Banya-Uganda kandi ni Ibihugu byabanye kuva cyera.”

Uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame rwashimishije benshi, baba Abanyarwanda ndetse n’Abanya-Uganda, barimo n’abasanzwe bafite imiryango mu Gihugu kimwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − fourteen =

Previous Post

Ndimbati yagarutse mu Rukiko arusaba ikintu gikomeye cyerekeye abana yabyaranye n’uwatumye afungwa

Next Post

Birabaye!!: Icyifuzo cya Elon Musk cyo kugura Twitter cyemewe

Related Posts

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka
MU RWANDA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Birabaye!!: Icyifuzo cya Elon Musk cyo kugura Twitter cyemewe

Birabaye!!: Icyifuzo cya Elon Musk cyo kugura Twitter cyemewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.