Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Museveni yahishuye impamvu yazamuye Muhoozi akimara kwibasira Kenya

radiotv10by radiotv10
06/10/2022
in MU RWANDA
0
Museveni yahishuye impamvu yazamuye Muhoozi akimara kwibasira Kenya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yasabye imbabazi Abanyakenya ku bw’ubutumwa bwatangajwe na General Muhoozi Kainerugaba bwibasira Kenya, anavuga impamvu uyu muhungu we yahawe ipeti rya General kandi yari amaze gukora ayo makosa.

Muhoozi muri iki cyumweru yibasiye Kenya mu butumwa burimo ubuvuga ko Uhuru Kenyatta atari akwiye kuva ku butegetsi ndetse ko igisirikare cya Uganda cyafata Kenya mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri.

Ubutumwa bwa General Muhoozi, bwatambutse kuri Twitter ye ku wa Mbere w’iki cyumweru, bwazamuye impaka ndende, aho bamwe mu Banyakenya banenze uyu musirikare kwishongora no kwigerezaho.

Nyuma y’umunsi umwe atangaje ubu butumwa, ku wa Kabiri tariki 04 Ukwakira 2022, Muhoozi yahise akurwa ku mwanya w’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda, azamurwa mu mapeti ahita ahabwa ipeti rya General.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Ukwakira, Perezida Yoweri Kaguta Museveni yasabye imbabazi Abanyakenya n’abatuye mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bose.

Muri ubu butumwa, Perezida Museveni yatangiye yongera gushimira Perezida William Ruto watorewe kuyobora Kenya.

Museveni, yakomeje agira ati “Ndasaba imbabazi abavandimwe bacu b’Abanyakenya ku bwa tweet yoherejwe na General Muhoozi wahoze ari Umuhagaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka hano ku birebana n’amatora muri icyo Gihugu cyiza.”

Mu butumwa Museveni yanyujije ku rubuga rwe, yakomeje avuga ko bidakwiye kuba umuyobozi yaba uwo mu gisirikare cyangwa mu nzego za gisivile yakwivanga muri gahunda z’ikindi Gihugu cy’ikivandimwe, ngo azitangeho ibitekerezo atanyuze mu nzira zisanzwe zemewe.

Ati “Inzira zemewe zo kubigaragarizamo ni Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe cyangwa uwa Afurika y’Iburasira.”

Iyi nyandiko yanashyizweho umukono na Museveni, ikomeza isa nk’igaruka ku bibaza impamvu Muhoozi yaba yarazamuwe mu mapeti akagirwa General nyuma yo gutangaza biriya bitekerezo bidakwiye, iti “Nubwo bimeze gutyo, hari n’undi musanzu mwiza munini yatanze mu rwego rwa Leta kandi agikomeje gutanga.”

Museveni agakomeza agira ati “Dusabye imbabazi cyane, nshuti zacu z’Abanyakenya namwe Banya-Uganda bababajwe n’ibyo yatangaje.”

Museveni yasoje avuga ko abizi neza ko General Muhoozi ari umwe mu bafite umuhate mwinshi wo gukunda Afurika, ariko ko akwiye kubigaragariza mu nzira ziboneye.

Muhoozi nyuma y’ubutumwa bwe yari yashyize kuri Twitter, bugaruka kuri Kenya, yongeye gushyiraho ubundi, avuga ko yaganiriye n’umubyeyi we Museveni akamusaba kutibasira Kenya. Ati “Rero Abanyakenya nimuhumure.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 2 =

Previous Post

Bwa mbere Gatabazi yavuze ku mashusho yagarutsweho cyane akururwa n’urinda Perezida

Next Post

Nyamasheke: Barashinja umuyobozi kubatoteza, we ati “harimo abameze nk’abarwaye mu mutwe”

Related Posts

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

IZIHERUKA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026
MU RWANDA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Barashinja umuyobozi kubatoteza, we ati “harimo abameze nk’abarwaye mu mutwe”

Nyamasheke: Barashinja umuyobozi kubatoteza, we ati “harimo abameze nk’abarwaye mu mutwe”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.