Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Museveni yahishuye impamvu yazamuye Muhoozi akimara kwibasira Kenya

radiotv10by radiotv10
06/10/2022
in MU RWANDA
0
Museveni yahishuye impamvu yazamuye Muhoozi akimara kwibasira Kenya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yasabye imbabazi Abanyakenya ku bw’ubutumwa bwatangajwe na General Muhoozi Kainerugaba bwibasira Kenya, anavuga impamvu uyu muhungu we yahawe ipeti rya General kandi yari amaze gukora ayo makosa.

Muhoozi muri iki cyumweru yibasiye Kenya mu butumwa burimo ubuvuga ko Uhuru Kenyatta atari akwiye kuva ku butegetsi ndetse ko igisirikare cya Uganda cyafata Kenya mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri.

Ubutumwa bwa General Muhoozi, bwatambutse kuri Twitter ye ku wa Mbere w’iki cyumweru, bwazamuye impaka ndende, aho bamwe mu Banyakenya banenze uyu musirikare kwishongora no kwigerezaho.

Nyuma y’umunsi umwe atangaje ubu butumwa, ku wa Kabiri tariki 04 Ukwakira 2022, Muhoozi yahise akurwa ku mwanya w’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda, azamurwa mu mapeti ahita ahabwa ipeti rya General.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Ukwakira, Perezida Yoweri Kaguta Museveni yasabye imbabazi Abanyakenya n’abatuye mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bose.

Muri ubu butumwa, Perezida Museveni yatangiye yongera gushimira Perezida William Ruto watorewe kuyobora Kenya.

Museveni, yakomeje agira ati “Ndasaba imbabazi abavandimwe bacu b’Abanyakenya ku bwa tweet yoherejwe na General Muhoozi wahoze ari Umuhagaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka hano ku birebana n’amatora muri icyo Gihugu cyiza.”

Mu butumwa Museveni yanyujije ku rubuga rwe, yakomeje avuga ko bidakwiye kuba umuyobozi yaba uwo mu gisirikare cyangwa mu nzego za gisivile yakwivanga muri gahunda z’ikindi Gihugu cy’ikivandimwe, ngo azitangeho ibitekerezo atanyuze mu nzira zisanzwe zemewe.

Ati “Inzira zemewe zo kubigaragarizamo ni Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe cyangwa uwa Afurika y’Iburasira.”

Iyi nyandiko yanashyizweho umukono na Museveni, ikomeza isa nk’igaruka ku bibaza impamvu Muhoozi yaba yarazamuwe mu mapeti akagirwa General nyuma yo gutangaza biriya bitekerezo bidakwiye, iti “Nubwo bimeze gutyo, hari n’undi musanzu mwiza munini yatanze mu rwego rwa Leta kandi agikomeje gutanga.”

Museveni agakomeza agira ati “Dusabye imbabazi cyane, nshuti zacu z’Abanyakenya namwe Banya-Uganda bababajwe n’ibyo yatangaje.”

Museveni yasoje avuga ko abizi neza ko General Muhoozi ari umwe mu bafite umuhate mwinshi wo gukunda Afurika, ariko ko akwiye kubigaragariza mu nzira ziboneye.

Muhoozi nyuma y’ubutumwa bwe yari yashyize kuri Twitter, bugaruka kuri Kenya, yongeye gushyiraho ubundi, avuga ko yaganiriye n’umubyeyi we Museveni akamusaba kutibasira Kenya. Ati “Rero Abanyakenya nimuhumure.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Bwa mbere Gatabazi yavuze ku mashusho yagarutsweho cyane akururwa n’urinda Perezida

Next Post

Nyamasheke: Barashinja umuyobozi kubatoteza, we ati “harimo abameze nk’abarwaye mu mutwe”

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Barashinja umuyobozi kubatoteza, we ati “harimo abameze nk’abarwaye mu mutwe”

Nyamasheke: Barashinja umuyobozi kubatoteza, we ati “harimo abameze nk’abarwaye mu mutwe”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.