• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Museveni yavuze icyari gutuma aba uwa mbere mu myigaragambyo yabereye mu Gihugu cye

radiotv10by radiotv10
26/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Museveni yavuze icyari gutuma aba uwa mbere mu myigaragambyo yabereye mu Gihugu cye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yavuze ko abateguye imyigaragambyo yari imaze iminsi iba muri iki Gihugu, bari bagambiriye ikintu kibi cyane, ndetse ko ibimenyetso by’inzego z’ubutasi bizatungura benshi, anavuga ko iyo iza kuba yari yateguwe na Polisi yari kuba uwa mbere mu kuyitabira.

Ku wa Kabiri w’iki cyumweru, mu bice binyuranye muri Uganda, habaye imyigaragambyo y’abiganjemo urubyiruko rwiraye mu mihanda, ruvuga ko ruri kwamagana ruswa mu Gihugu cyabo.

Ni imyigaragambyo yabaye hamaze iminsi hamenyekanye amakuru ko iri gutegurwa, ndetse Perezida Yoweri Kaguta Museveni akaba yari yaburiye urubyiruko kutayijandikamo, kuko rwagombaga guhura n’akaga.

Bamwe mu bayitabiriye, batawe muri yombi, ndetse bakaba bategereje kugezwa imbere y’ubutabera kugira ngo baryozwe ibi bikorwa byo guhungabanya umudendezo n’ituze by’Igihugu.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni, mu butumwa yatanze kuri uyu wa Kane tariki 25 Nyakanga 2024, nyuma y’uko iyi myigaragambyo yari imaze guhosha, yagize ati “Iyo iza kuba ari imyigaragambyo y’amahoro yo gukunda Igihugu, yo kurwanya ruswa, ikaba yari yanateguwe na Polisi, nakagombye kuba narabaye uwa mbere uyitabira.”

Perezida Museveni wari waburiye mbere abishoye muri iyi myigaragambyo, yavuze kandi ko “abayiteguye bari bagamije ikintu kibi cyane, ibimenyetso bizagaragazwa mu rukiko bizatungura benshi.”

Museveni uvuga ko afite amakuru menshi ku mitegurire y’iyi myigaragambyo, yavuze ko inzego z’ubutasi zakoranye ubushishozi buhanitse mu gutahura uyu mugambi ndetse n’icyo wari ugamije.

Imyigaragambyo nk’iyi iherutse kuba muri Uganda, yaje nyuma y’uko mu Gihugu cy’abaturanyi cya Kenya na ho urubyiruko rwaho rwari rumaze igihe mu mihanda, mu myigaragambyo yazamuwe n’umushinga w’itegeko wari ugamije kongera imosoro, ariko waje guhagarikwa burundu ariko uru rubyiruko rukayikomeza rusaba Perezida William Ruto kwegura.

Perezida Museveni yari yaburiye abarimo bategura iyi myigaragambyo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

U Rwanda rwungutse Aba-DASSO 349 bahuguwe ibirimo imyitozo ngororamubiri y’ubwirinzi

Next Post

Uwabaye mu buyobozi bwa ruhago y’u Rwanda yahawe inshingano mu ikipe yo muri Tanzania

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Uwabaye mu buyobozi bwa ruhago y’u Rwanda yahawe inshingano mu ikipe yo muri Tanzania

Uwabaye mu buyobozi bwa ruhago y’u Rwanda yahawe inshingano mu ikipe yo muri Tanzania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.