Sunday, August 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Museveni yavuze icyari gutuma aba uwa mbere mu myigaragambyo yabereye mu Gihugu cye

radiotv10by radiotv10
26/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Museveni yavuze icyari gutuma aba uwa mbere mu myigaragambyo yabereye mu Gihugu cye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yavuze ko abateguye imyigaragambyo yari imaze iminsi iba muri iki Gihugu, bari bagambiriye ikintu kibi cyane, ndetse ko ibimenyetso by’inzego z’ubutasi bizatungura benshi, anavuga ko iyo iza kuba yari yateguwe na Polisi yari kuba uwa mbere mu kuyitabira.

Ku wa Kabiri w’iki cyumweru, mu bice binyuranye muri Uganda, habaye imyigaragambyo y’abiganjemo urubyiruko rwiraye mu mihanda, ruvuga ko ruri kwamagana ruswa mu Gihugu cyabo.

Ni imyigaragambyo yabaye hamaze iminsi hamenyekanye amakuru ko iri gutegurwa, ndetse Perezida Yoweri Kaguta Museveni akaba yari yaburiye urubyiruko kutayijandikamo, kuko rwagombaga guhura n’akaga.

Bamwe mu bayitabiriye, batawe muri yombi, ndetse bakaba bategereje kugezwa imbere y’ubutabera kugira ngo baryozwe ibi bikorwa byo guhungabanya umudendezo n’ituze by’Igihugu.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni, mu butumwa yatanze kuri uyu wa Kane tariki 25 Nyakanga 2024, nyuma y’uko iyi myigaragambyo yari imaze guhosha, yagize ati “Iyo iza kuba ari imyigaragambyo y’amahoro yo gukunda Igihugu, yo kurwanya ruswa, ikaba yari yanateguwe na Polisi, nakagombye kuba narabaye uwa mbere uyitabira.”

Perezida Museveni wari waburiye mbere abishoye muri iyi myigaragambyo, yavuze kandi ko “abayiteguye bari bagamije ikintu kibi cyane, ibimenyetso bizagaragazwa mu rukiko bizatungura benshi.”

Museveni uvuga ko afite amakuru menshi ku mitegurire y’iyi myigaragambyo, yavuze ko inzego z’ubutasi zakoranye ubushishozi buhanitse mu gutahura uyu mugambi ndetse n’icyo wari ugamije.

Imyigaragambyo nk’iyi iherutse kuba muri Uganda, yaje nyuma y’uko mu Gihugu cy’abaturanyi cya Kenya na ho urubyiruko rwaho rwari rumaze igihe mu mihanda, mu myigaragambyo yazamuwe n’umushinga w’itegeko wari ugamije kongera imosoro, ariko waje guhagarikwa burundu ariko uru rubyiruko rukayikomeza rusaba Perezida William Ruto kwegura.

Perezida Museveni yari yaburiye abarimo bategura iyi myigaragambyo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 5 =

Previous Post

U Rwanda rwungutse Aba-DASSO 349 bahuguwe ibirimo imyitozo ngororamubiri y’ubwirinzi

Next Post

Uwabaye mu buyobozi bwa ruhago y’u Rwanda yahawe inshingano mu ikipe yo muri Tanzania

Related Posts

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

by radiotv10
08/08/2025
0

Rigathi Gachaguwa wari Visi Perezida wa Kenya, ubu akaba atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida William Ruto; yavuze ko uyu Mukuru...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

by radiotv10
08/08/2025
0

AFC/M23 coalition has strongly rejected United Nations reports accusing it of playing a role in the deaths of many civilians...

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

by radiotv10
08/08/2025
0

Umunyarwandakazi Teta Sandra ufitanye abana n’Umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel, nyuma yo gufungurwa na Polisi ya Uganda; yahise ajya gusura umugabo we...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yavuze kuri raporo ziyishinja ibyo yemeza ko ari ibinyoma inagaragaza ibibishimangira

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwamaganiye kure raporo z’Umuryango w’Abibumbye ziyishinja kugira uruhare mu mpfu z’abasivile benshi muri Teritwari ya Rutshuru, ivuga...

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

by radiotv10
07/08/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko umuhanzi w’Umunya-Uganda, Weasel ari mu Bitaro aho ari kuvurirwa imvune z’amaguru yombi bivugwa ko yagize nyuma...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

09/08/2025
Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabaye mu buyobozi bwa ruhago y’u Rwanda yahawe inshingano mu ikipe yo muri Tanzania

Uwabaye mu buyobozi bwa ruhago y’u Rwanda yahawe inshingano mu ikipe yo muri Tanzania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.