Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Museveni yavuze icyari gutuma aba uwa mbere mu myigaragambyo yabereye mu Gihugu cye

radiotv10by radiotv10
26/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Museveni yavuze icyari gutuma aba uwa mbere mu myigaragambyo yabereye mu Gihugu cye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yavuze ko abateguye imyigaragambyo yari imaze iminsi iba muri iki Gihugu, bari bagambiriye ikintu kibi cyane, ndetse ko ibimenyetso by’inzego z’ubutasi bizatungura benshi, anavuga ko iyo iza kuba yari yateguwe na Polisi yari kuba uwa mbere mu kuyitabira.

Ku wa Kabiri w’iki cyumweru, mu bice binyuranye muri Uganda, habaye imyigaragambyo y’abiganjemo urubyiruko rwiraye mu mihanda, ruvuga ko ruri kwamagana ruswa mu Gihugu cyabo.

Ni imyigaragambyo yabaye hamaze iminsi hamenyekanye amakuru ko iri gutegurwa, ndetse Perezida Yoweri Kaguta Museveni akaba yari yaburiye urubyiruko kutayijandikamo, kuko rwagombaga guhura n’akaga.

Bamwe mu bayitabiriye, batawe muri yombi, ndetse bakaba bategereje kugezwa imbere y’ubutabera kugira ngo baryozwe ibi bikorwa byo guhungabanya umudendezo n’ituze by’Igihugu.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni, mu butumwa yatanze kuri uyu wa Kane tariki 25 Nyakanga 2024, nyuma y’uko iyi myigaragambyo yari imaze guhosha, yagize ati “Iyo iza kuba ari imyigaragambyo y’amahoro yo gukunda Igihugu, yo kurwanya ruswa, ikaba yari yanateguwe na Polisi, nakagombye kuba narabaye uwa mbere uyitabira.”

Perezida Museveni wari waburiye mbere abishoye muri iyi myigaragambyo, yavuze kandi ko “abayiteguye bari bagamije ikintu kibi cyane, ibimenyetso bizagaragazwa mu rukiko bizatungura benshi.”

Museveni uvuga ko afite amakuru menshi ku mitegurire y’iyi myigaragambyo, yavuze ko inzego z’ubutasi zakoranye ubushishozi buhanitse mu gutahura uyu mugambi ndetse n’icyo wari ugamije.

Imyigaragambyo nk’iyi iherutse kuba muri Uganda, yaje nyuma y’uko mu Gihugu cy’abaturanyi cya Kenya na ho urubyiruko rwaho rwari rumaze igihe mu mihanda, mu myigaragambyo yazamuwe n’umushinga w’itegeko wari ugamije kongera imosoro, ariko waje guhagarikwa burundu ariko uru rubyiruko rukayikomeza rusaba Perezida William Ruto kwegura.

Perezida Museveni yari yaburiye abarimo bategura iyi myigaragambyo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

U Rwanda rwungutse Aba-DASSO 349 bahuguwe ibirimo imyitozo ngororamubiri y’ubwirinzi

Next Post

Uwabaye mu buyobozi bwa ruhago y’u Rwanda yahawe inshingano mu ikipe yo muri Tanzania

Related Posts

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

IZIHERUKA

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana
IBYAMAMARE

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
23/01/2026
0

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabaye mu buyobozi bwa ruhago y’u Rwanda yahawe inshingano mu ikipe yo muri Tanzania

Uwabaye mu buyobozi bwa ruhago y’u Rwanda yahawe inshingano mu ikipe yo muri Tanzania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.