Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Museveni yeruriye Ibihugu bikize ko ibikorerwa Afurika ngo itere imbere ari byo biyigwingiza

radiotv10by radiotv10
30/04/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Museveni yeruriye Ibihugu bikize ko ibikorerwa Afurika ngo itere imbere ari byo biyigwingiza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yavuze ko mu myaka 80 amaze, yakuze yumva Imiryango Mpuzamahanga nka Banki y’Isi ivuga ko itera inkunga Ibihugu bya Afurika kugira ngo bigire iterambere rirambye, ariko ko na n’ubu ntaho biragera, avuga ko byose biterwa n’iyi miryango y’Ibihugu bikize.

Perezida Museveni yabivugiye mu Nama ya Banki y’Isi yiga ku Iterambere yabereye i Nairobi muri Kenya, yanitabiriwe na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente wari uyihagarariye Perezida Paul Kagame.

Ibihugu 75 bifashwa na Banki y’Isi muri gahunda yiswe ‘International Development Association’; ni byo byitabiriye iyi nama, yigira hamwe uburyo bwo gufasha abaturage b’ibi Bihugu kuva mu bukene binyuze muri gahunda yo kubaha inguzanyo zishyurwa ku nyungu ntoya.

Ajay Banga uyobora Banki y’Isi yavuze ko iki Kigo ayoboye gishyize imbere ineza y’ejo hahaza h’imibereho y’abugarijwe n’ubukene ku Isi by’umwihariko ku Mugabane wa Afurika.

Yagize ati “Kubera ubukungu bw’uyu Mugabane; hari abagiye bawubyaza umusaruro mu mwanya wo kuwufasha kugera ku iterambere rirambye. Uyu munsi dushyize imbere ejo heza h’uyu Mugabane n’abawutuye.”

Icyo cyizere Dr William Kipchirchir Samoei Arap Ruto, uyobora Kenya yavuze ko kigomba gushingira ku mavugurura ajyanye no gutanga inguzanyo.

Yagize ati “Inguzanyo zishyurwa ku nyungu nto kandi mu gihe kirerekire zirakenewe kuruta ikindi gihe cyose cyabayeho. Muri iki gihe Ibihugu byinshi bya Afurika biri kwishyura amadeni menshi. Mugihe bimeze bityo; iterambere rirambye ntirishoboka kuko dutanga amafaranga menshi mu bwishyu bw’amadeni kandi yakabaye ashyirwa mu burezi, mu buzima no kwita ku mibereho y’abaturage.”

Nubwo aba baharanira ko Ibihugu bikennye bihabwa inguzanyo ziciriritse kugira ngo abaturage batere imbere; Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni we yavuze ko ibiri mu mpapuro z’iyi miryango bitandukanye n’ibyo bakora.

Yagize ati “Abayobozi ba Banki y’Isi birirwa basubiramo ngo iterambere rirambye, n’ubu ayo magambo nayabonye mu bitabo byawe [abwira umuyobozi wa Banki y’Isi]. Ubu ngiye kuzuza imyaka 80, ntabwo nigeze mbona umuntu uhora atwite ntabyare, nakugira inama yo kubihindura. Umugabane wa Afurika ukeneye guhindura imibereye y’abaturage mu buryo burambye. Ubu turavuga ngo iterambere ry’abikorera, ariko mumenye ko bisaba ko abikorera bagomba gukora ku giciro gito. Ibyatuma icyo giciro kigabanuka harimo uburyo bwo gutwara ibyo bakora.”

Museveni yakomeje agira ati “Maze imyaka 64 nitegereza, nabikoze nk’umuyobozi w’abanyeshuri, uharanira ubwigenge; ubu ndi Perezida w’Igihugu. Ni imihanda ingahe ya Gali ya moshi yubatswe muri Afurika? Ese iyo utateye inkunga amashanyarazi, ugakomeza kuvuga ngo iterambere rirambye; uba uvuga iki? Amagambo gusa! Sinshaka gukomeza kumva ayo magambo. Ese tuguza ay’iki? Ngo ni ukubaka ubushobozi. Tekereza ko batumira abantu mu nama bakarya capati n’amandazi; ubwo ngo bubatse ubushobozi da! Ese kuki tutahuza ikoranabuhanga n’ubuhinzi? Ahubwo bakirirwa bavuga ngo ikoranabuhanga gusa. Tuzarya mudasobwa? Amagambo gusa!”

Imibare igaragaza ko mu mwaka ushize Ibihugu bya Afurika byahawe inguzanyo ingana na miliyari 26 USD, ariko abasesenguzi babona ari umuzigo ukomeye mu gihe ibi Bihugu bikirwana n’urusobe rw’ibibazo bidindiza ubukungu.

Perezida Museveni ubwo yitabiraga iyi nama

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + twelve =

Previous Post

Abofisiye bo mu Bihugu 9 biga mu Rwanda bagiye kumara icyumweru muri Qatar

Next Post

Kenya: Perezida yatumije Inama y’Abaminisitiri idasanzwe kubera ibyago bisumbirije Igihugu

Related Posts

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

by radiotv10
19/11/2025
0

Eswatini yabaye Igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye umuti wa Lenacapavir, ukora nk'urukingo rurinda umuntu kwandura Virusi itera SIDA, rutangwa...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Perezida yatumije Inama y’Abaminisitiri idasanzwe kubera ibyago bisumbirije Igihugu

Kenya: Perezida yatumije Inama y’Abaminisitiri idasanzwe kubera ibyago bisumbirije Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.