Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Museveni yeruriye Ibihugu bikize ko ibikorerwa Afurika ngo itere imbere ari byo biyigwingiza

radiotv10by radiotv10
30/04/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Museveni yeruriye Ibihugu bikize ko ibikorerwa Afurika ngo itere imbere ari byo biyigwingiza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yavuze ko mu myaka 80 amaze, yakuze yumva Imiryango Mpuzamahanga nka Banki y’Isi ivuga ko itera inkunga Ibihugu bya Afurika kugira ngo bigire iterambere rirambye, ariko ko na n’ubu ntaho biragera, avuga ko byose biterwa n’iyi miryango y’Ibihugu bikize.

Perezida Museveni yabivugiye mu Nama ya Banki y’Isi yiga ku Iterambere yabereye i Nairobi muri Kenya, yanitabiriwe na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente wari uyihagarariye Perezida Paul Kagame.

Ibihugu 75 bifashwa na Banki y’Isi muri gahunda yiswe ‘International Development Association’; ni byo byitabiriye iyi nama, yigira hamwe uburyo bwo gufasha abaturage b’ibi Bihugu kuva mu bukene binyuze muri gahunda yo kubaha inguzanyo zishyurwa ku nyungu ntoya.

Ajay Banga uyobora Banki y’Isi yavuze ko iki Kigo ayoboye gishyize imbere ineza y’ejo hahaza h’imibereho y’abugarijwe n’ubukene ku Isi by’umwihariko ku Mugabane wa Afurika.

Yagize ati “Kubera ubukungu bw’uyu Mugabane; hari abagiye bawubyaza umusaruro mu mwanya wo kuwufasha kugera ku iterambere rirambye. Uyu munsi dushyize imbere ejo heza h’uyu Mugabane n’abawutuye.”

Icyo cyizere Dr William Kipchirchir Samoei Arap Ruto, uyobora Kenya yavuze ko kigomba gushingira ku mavugurura ajyanye no gutanga inguzanyo.

Yagize ati “Inguzanyo zishyurwa ku nyungu nto kandi mu gihe kirerekire zirakenewe kuruta ikindi gihe cyose cyabayeho. Muri iki gihe Ibihugu byinshi bya Afurika biri kwishyura amadeni menshi. Mugihe bimeze bityo; iterambere rirambye ntirishoboka kuko dutanga amafaranga menshi mu bwishyu bw’amadeni kandi yakabaye ashyirwa mu burezi, mu buzima no kwita ku mibereho y’abaturage.”

Nubwo aba baharanira ko Ibihugu bikennye bihabwa inguzanyo ziciriritse kugira ngo abaturage batere imbere; Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni we yavuze ko ibiri mu mpapuro z’iyi miryango bitandukanye n’ibyo bakora.

Yagize ati “Abayobozi ba Banki y’Isi birirwa basubiramo ngo iterambere rirambye, n’ubu ayo magambo nayabonye mu bitabo byawe [abwira umuyobozi wa Banki y’Isi]. Ubu ngiye kuzuza imyaka 80, ntabwo nigeze mbona umuntu uhora atwite ntabyare, nakugira inama yo kubihindura. Umugabane wa Afurika ukeneye guhindura imibereye y’abaturage mu buryo burambye. Ubu turavuga ngo iterambere ry’abikorera, ariko mumenye ko bisaba ko abikorera bagomba gukora ku giciro gito. Ibyatuma icyo giciro kigabanuka harimo uburyo bwo gutwara ibyo bakora.”

Museveni yakomeje agira ati “Maze imyaka 64 nitegereza, nabikoze nk’umuyobozi w’abanyeshuri, uharanira ubwigenge; ubu ndi Perezida w’Igihugu. Ni imihanda ingahe ya Gali ya moshi yubatswe muri Afurika? Ese iyo utateye inkunga amashanyarazi, ugakomeza kuvuga ngo iterambere rirambye; uba uvuga iki? Amagambo gusa! Sinshaka gukomeza kumva ayo magambo. Ese tuguza ay’iki? Ngo ni ukubaka ubushobozi. Tekereza ko batumira abantu mu nama bakarya capati n’amandazi; ubwo ngo bubatse ubushobozi da! Ese kuki tutahuza ikoranabuhanga n’ubuhinzi? Ahubwo bakirirwa bavuga ngo ikoranabuhanga gusa. Tuzarya mudasobwa? Amagambo gusa!”

Imibare igaragaza ko mu mwaka ushize Ibihugu bya Afurika byahawe inguzanyo ingana na miliyari 26 USD, ariko abasesenguzi babona ari umuzigo ukomeye mu gihe ibi Bihugu bikirwana n’urusobe rw’ibibazo bidindiza ubukungu.

Perezida Museveni ubwo yitabiraga iyi nama

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Abofisiye bo mu Bihugu 9 biga mu Rwanda bagiye kumara icyumweru muri Qatar

Next Post

Kenya: Perezida yatumije Inama y’Abaminisitiri idasanzwe kubera ibyago bisumbirije Igihugu

Related Posts

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi ya Uganda yatangiye iperereza ku rupfu rw'umusore w’imyaka 34 usanzwe ari umumotari akaba ari n’umufana wa Arsenal FC bikekwa...

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

by radiotv10
25/05/2026
0

Umuyobozi wa Polisi ya Kenya yategetse ko itsinda rishinzwe umutekano wa Perezida William Ruto rihindurwa vuba na bwangu nyuma yuko...

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

by radiotv10
25/05/2026
0

Igitero cy’indege zitagira abapilote cyageragejwe ku Kibuga cy’Indege cya Bangboka i Kisangani mu Ntara ya Tshopo muri Repubulika Iharanira Demokarasi...

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

by radiotv10
25/05/2026
0

Igiciro cy’ibikomoka kuri Peteroli cyagabanutse kigera munsi y’amadolari 100 ku kagunguru nyuma yuko habonetse icyizere ko hashobora kuboneka amahoro mu...

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

by radiotv10
25/05/2026
0

Obedi Ngabo Patrick uvuga ko ari General mu mutwe wa Wazalendo ukorana na FARDC, yagaragaye avuga ko atarapfa nk’uko byatangajwe...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Perezida yatumije Inama y’Abaminisitiri idasanzwe kubera ibyago bisumbirije Igihugu

Kenya: Perezida yatumije Inama y’Abaminisitiri idasanzwe kubera ibyago bisumbirije Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.