Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

radiotv10by radiotv10
19/11/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza imikorere idaheza abagore mu buzima bwose.

Mushikiwabo yabitangarije mu nama ya 46 y’Abaminisitiri bo mu Muryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF) ibaye nyuma y’imyaka 30 habayeho inama ya Beijing yavugaga ku iterambere ry’umugore, abayitabiriye bakaba bibanze ku ruhare rw’umugore mu iterambere ry’ibihugu bigize uyu muryango mu myaka 30 ishize.

Yagize ati “Twigeze tuzirikana uruhare umugore akwiye kugira mu guhuriza hamwe umuryango ngo abantu babane neza? U Rwanda rurabizi. Nyoberwa ukuntu tutabasha kureba kure, ntitwumva kenshi mu mbwirwaruhame ko Isi idashobora kubaho yirengagiza abagize kimwe cya kabiri cy’abayituye? Ndabahamagarira banyakubahwa Baminisitiri guhanga icyerekezo gishya mu bihugu bikoresha Igifaransa kirangwa n’ukuri nta kwitinya, icyerekezo cyemera ubushobozi bw’abagore nta soni cyangwa kubibeshyaho haba mu gukemura amakimbirane no kwimakaza uburinganire mu ngo no mu miryango yacu. Ntitubyibeshyeho, gutsinda kw’abagore no guhabwa agaciro kabo kandi bakwiye ni inshingano zihuriweho namwe abagabo. Mudahari, ubwuzuzanye ntibwaba bwuzuye, ibyo tuvuga ntibyakumvikana. Intego y’iyi nama y’abaminisitiri ni iyo kuvugurura ingamba za Francophonie zishyigikira ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore, duteza imbere ibikorwa bifatika kandi tunashyiraho uburyo bwadufasha kugera ku byo tugamije kubona umusaruro.”

Nubwo hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga rw’u Rwanda, Domitille Mukantaganzwa, yavuze ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, u Rwanda rwakoze amahitamo yo gushyira umugore ku isonga mu kubaka igihugu kandi ko byatanze umusaruro.

Ati “Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, u Rwanda rwahisemo kwiyubaka rushyira umugore ku isonga ry’impinduka. Hashyizweho ingamba zo kwemeza ko uburinganire bwubahirizwa muri politiki zose za Leta. Izo ngamba zituma muri iki gihe dushobora gukurikirana ku buryo bwigenga ibyo twiyemeje imbere y’abaturage, kumenya ibibazo bihari no kuyobora impinduka hashingiwe ku mibare yizewe.

Igenamigambi rishyira imbere uburinganire, risabwa mu nzego zose za Leta, ni imwe mu nkingi zikomeye z’iyi nzira. Rigamije kwemeza ko umutungo wa Leta ugira uruhare mu kugabanya ubusumbane no mu guteza imbere ubukungu bw’abagore. Bitewe n’izi mpinduka, twabashije gukoresha neza imbaraga z’abagore mu mibereho y’igihugu muri rusange.”

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga kandi yavuze ko no mu rwego rw’ubutabera, na ho abagore batasigaye inyuma.

Ati “Mu bijyanye n’imiyoborere, u Rwanda ni rwo rufite umubare munini w’abagore mu Nteko Ishinga Amategeko ku isi hose 63,75%.

Mu rwego rw’ubutabera, aho nkorera, abagore bafite uruhare rukomeye mu gukemura amakimbirane no kubungabunga ubwiyunge bwashegeshwe cyane na Jenoside. Abagore bacamanza ni hafi kimwe cya kabiri cy’abacamanza bose. Hashize imyaka 20, mu manza za Gacaca, nagize amahirwe yo kuyobora abagore bakurikiranaga izo manza, kandi bagize uruhare rukomeye mu kugaragaza ukuri no mu bwiyunge.

Kugeza n’ubu kandi abagore ni igice kimwe cy’abunzi n’abakora imirimo y’ubwitange mu baturage hirya no hino mu gihugu.”

Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa ugizwe n’Ibihugu 93, birimo ibinyamuryango 56 byuzuye (Full Members), bitanu byiyunze, n’ibindi 32 by’indorerezi, mu gihe abavuga ururimi rw’Igifaransa ku isi babarirwa muri miliyoni 321.

U Rwanda rumaze imyaka 55 ari umunyamuryango, kuko ari kimwe mu Bihugu byabaye ibinyamuryango kuva OIF yatangizwa mu 1970.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Next Post

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.