Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

radiotv10by radiotv10
19/11/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza imikorere idaheza abagore mu buzima bwose.

Mushikiwabo yabitangarije mu nama ya 46 y’Abaminisitiri bo mu Muryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF) ibaye nyuma y’imyaka 30 habayeho inama ya Beijing yavugaga ku iterambere ry’umugore, abayitabiriye bakaba bibanze ku ruhare rw’umugore mu iterambere ry’ibihugu bigize uyu muryango mu myaka 30 ishize.

Yagize ati “Twigeze tuzirikana uruhare umugore akwiye kugira mu guhuriza hamwe umuryango ngo abantu babane neza? U Rwanda rurabizi. Nyoberwa ukuntu tutabasha kureba kure, ntitwumva kenshi mu mbwirwaruhame ko Isi idashobora kubaho yirengagiza abagize kimwe cya kabiri cy’abayituye? Ndabahamagarira banyakubahwa Baminisitiri guhanga icyerekezo gishya mu bihugu bikoresha Igifaransa kirangwa n’ukuri nta kwitinya, icyerekezo cyemera ubushobozi bw’abagore nta soni cyangwa kubibeshyaho haba mu gukemura amakimbirane no kwimakaza uburinganire mu ngo no mu miryango yacu. Ntitubyibeshyeho, gutsinda kw’abagore no guhabwa agaciro kabo kandi bakwiye ni inshingano zihuriweho namwe abagabo. Mudahari, ubwuzuzanye ntibwaba bwuzuye, ibyo tuvuga ntibyakumvikana. Intego y’iyi nama y’abaminisitiri ni iyo kuvugurura ingamba za Francophonie zishyigikira ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore, duteza imbere ibikorwa bifatika kandi tunashyiraho uburyo bwadufasha kugera ku byo tugamije kubona umusaruro.”

Nubwo hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga rw’u Rwanda, Domitille Mukantaganzwa, yavuze ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, u Rwanda rwakoze amahitamo yo gushyira umugore ku isonga mu kubaka igihugu kandi ko byatanze umusaruro.

Ati “Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, u Rwanda rwahisemo kwiyubaka rushyira umugore ku isonga ry’impinduka. Hashyizweho ingamba zo kwemeza ko uburinganire bwubahirizwa muri politiki zose za Leta. Izo ngamba zituma muri iki gihe dushobora gukurikirana ku buryo bwigenga ibyo twiyemeje imbere y’abaturage, kumenya ibibazo bihari no kuyobora impinduka hashingiwe ku mibare yizewe.

Igenamigambi rishyira imbere uburinganire, risabwa mu nzego zose za Leta, ni imwe mu nkingi zikomeye z’iyi nzira. Rigamije kwemeza ko umutungo wa Leta ugira uruhare mu kugabanya ubusumbane no mu guteza imbere ubukungu bw’abagore. Bitewe n’izi mpinduka, twabashije gukoresha neza imbaraga z’abagore mu mibereho y’igihugu muri rusange.”

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga kandi yavuze ko no mu rwego rw’ubutabera, na ho abagore batasigaye inyuma.

Ati “Mu bijyanye n’imiyoborere, u Rwanda ni rwo rufite umubare munini w’abagore mu Nteko Ishinga Amategeko ku isi hose 63,75%.

Mu rwego rw’ubutabera, aho nkorera, abagore bafite uruhare rukomeye mu gukemura amakimbirane no kubungabunga ubwiyunge bwashegeshwe cyane na Jenoside. Abagore bacamanza ni hafi kimwe cya kabiri cy’abacamanza bose. Hashize imyaka 20, mu manza za Gacaca, nagize amahirwe yo kuyobora abagore bakurikiranaga izo manza, kandi bagize uruhare rukomeye mu kugaragaza ukuri no mu bwiyunge.

Kugeza n’ubu kandi abagore ni igice kimwe cy’abunzi n’abakora imirimo y’ubwitange mu baturage hirya no hino mu gihugu.”

Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa ugizwe n’Ibihugu 93, birimo ibinyamuryango 56 byuzuye (Full Members), bitanu byiyunze, n’ibindi 32 by’indorerezi, mu gihe abavuga ururimi rw’Igifaransa ku isi babarirwa muri miliyoni 321.

U Rwanda rumaze imyaka 55 ari umunyamuryango, kuko ari kimwe mu Bihugu byabaye ibinyamuryango kuva OIF yatangizwa mu 1970.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 9 =

Previous Post

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Related Posts

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Why saving money matters: The power of saving for your future

by radiotv10
19/11/2025
0

In a world where the cost of living keeps rising and responsibilities only grow heavier, saving money has become more...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.