Saturday, October 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mushikiwabo yongeye gusetsa abantu akoresha imvugo igezweho mu bato b’i Kigali

radiotv10by radiotv10
23/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mushikiwabo yongeye gusetsa abantu akoresha imvugo igezweho mu bato b’i Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Madamu Louise Mushikiwabo yongeye gusetsa abantu, kubera imvugo yakoresheje ashimira abamushimiye kuba yongeye gutorerwa kuyobora uyu muryango, ati “Abachou b’iwacu mbashimiye byimazeyo.”

Mu mpera z’icyumweru gishize, Louise Mushikiwabo yongeye gutorerwa kuba Umunyamabanga Mukuru wa OIF muri manda ya kabiri mu matora yabereye i Djerba muri Tunisie mu Nteko Rusange y’uyu muryango.

Uyu munyarwandakazi wari umaze imyaka ine ayobora uyu muryango, yongeye kugirirwa icyizere, ashyigikirwa n’Ibihugu byose dore ko yari umukandida rukumbi.

Bamwe mu Banyarwanda ndetse n’abandi bo mu Bihugu bigize OIF barimo n’abayobozi bo ku rwego rwo hejuru, bashimiye Mushikiwabo ku bwo kongera gutorerwa uyu mwanya muri manda ya kabiri.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Ugushyingo 2022, Mushikiwabo yageneye ubutumwa Abanyarwanda bamwifurije ishya n’ihirwe ku bwo kongera gutorerwa kuyobora OIF.

Yabashimiye akoresheje imvugo igezweho mu bakiri bato bo mu Rwanda, ati “Abachou b’iwacu muraho! Mbashimiye byimazeyo ubutumwa bwiza mwakomeje kungezaho maze gutorerwa mu ihuriro ry’i Djerba rya 2022 kongera kuyobora Francophonie.”

Yakomeje agira ati “Nezezwa kandi ngaterwa ingufu mu mirimo nkora nuko mfite iwacu. Twikomereze imihigo rero ibindi ni ibibazo bishobora gukemurwa.”

Iri jambo ‘Abachou’ yaryize muri Nzeri ubwo yari yaje mu Rwanda mu muhango wo kwita izina Abana b’Ingagi waberye i Kinigi mu Karere ka Musanze na we akaba yari yise umwana umwe mu biswe.

Icyo gihe na bwo yari yashyize ubutumwa kuri Twitter atangiza ijambo ‘ab’iwacu’, umwe mu bakoresha uru rubuga nkoranyambaga amubwira ko aho yanditse ‘ab’iwacu’ basigaye bavuga ngo “Abachou”.

Icyo gihe Mushikiwabo ubwo yasubiraga mu nshingano ze, yamenyesheje abantu ko yageze imahanga, agenera ubutumwa urubyiruko ko arushimira urwenya bari bagiranye kubera iri jambo yari amaze kwiga, asoza arisanisha n’izina rye, ati “Mushikiwabachouuuu.”

Mushikiwabo ubwo yitabiraga umuhango wo Kwita Izina (Photo/RBA)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + two =

Previous Post

Nyagatare: Ukurikiranyweho gusambanya abana b’abahungu 10 n’umukobwa 1 harakekwa icyo yabashukishaga

Next Post

M23 yafatiwe ibyemezo bikarishye birimo ibyo igomba gukora bigenzurwa na FARDC

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
18/10/2025
0

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

by radiotv10
18/10/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, zahaye abanyeshuri 900 biga mu ishuri ry’i Juba ibikoresho binyuranye...

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

by radiotv10
18/10/2025
0

Hasohotse Iteka rya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ryirukana abayobozi babiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC n’undi umwe wo mu Kigo...

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

by radiotv10
17/10/2025
0

Inzego z’umutekano n’iz’ibanze ziri gushakisha umusore wo mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana, watorotse nyuma yo gukekwaho gutera...

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umunyemari Munyakazi Sadate yemeye ko yakoresheje imvugo idakwiye kubera ibyo yatangaje ko mu bihe biri Imbere Abanyarwanda bashobora kuzaha akazi...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
18/10/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

18/10/2025
Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yafatiwe ibyemezo bikarishye birimo ibyo igomba gukora bigenzurwa na FARDC

M23 yafatiwe ibyemezo bikarishye birimo ibyo igomba gukora bigenzurwa na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.