Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mwabitekereje nabi- Umudepite abwira RSSB yaguze ubutaka bwa miliyari 137 ikabubika ngo kuko buri guhenda

radiotv10by radiotv10
06/09/2022
in MU RWANDA
0
Mwabitekereje nabi- Umudepite abwira RSSB yaguze ubutaka bwa miliyari 137 ikabubika ngo kuko buri guhenda
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC) banenze ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) cyaguze ubutaka bwa miliyari 137 Frw bukaba bumaze imyaka 10 budakoreshwa, kikisobanura kivuga ko cyarabuguze gitanguranwa n’izamuka ry’ibiciro byabwo.

Byagarutsweho kuri uyu wa Mbere tariki 05 Nzeri 2022 ubwo PAC yatangiraga kwakira Ibigo bya Leta byagaragaweho amakosa mu micungire n’imikoreshereze by’umutungo w’Igihugu, muri raporo y’Umugenzuzi w’Imari ya Leta ya 2021-2022.

Iyi raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta igaragaza ko Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) cyashoye miliyari 137 Frw mu kugura ubutaka ariko bukaba bumaze imyaka 10 budakoreshwa. Iyi raporo kandi igaragaza ko RSSB imaze gutanga arenga miliyoni 394 Frw mu gucunga ubu butaka.

Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Rugemanshuro Regis agaruka ku butaka bugurwa n’iki kigo ariko ntibubyazwe umusaruro, yavuze ko biterwa no kuba uyu mutungo urushaho guhenda, ku buryo babonye ari byiza kuwugura hakiri kare utarahenda cyane ubundi bakawubika.

Ati “Tuvuge wenda urashaka kubaka i Rwamagana, ugasanga arashaka kubaka inyubako ya vision city ati ‘ndashaka hegitari 40 dufatanye umushinga twubake nzunguke’ utaraguze ubwo butaka mbere, mu myaka itanu cyangwa icumi iri imbere, ntabwo wabasha gukora umushinga wunguka icyo gihe.”

Uyu muyobozi yavuze ko kandi ubutaka bagura, batabufungirana kuko iyo habonetse umushoramari wifuza kububyaza umusaruro, bakorana muri iryo shoramari.

Ni ibisobanuro bitanyuze Intumwa za Rubanda, zanenze iyi myumvire yo kugura ubutaka bukabikwa ngo ni uko buri gukomeza guhenda, kandi bwimuweho abaturage.

Umwe mu Badepite yagize ati “Twe tureberera abaturage nk’Abadepite, tuvuge nk’umuturage unyura hariya akabona ahantu bahamukuye bamubwira ngo hari ibintu bifitiye Igihugu akamaro ariko ubutaka bukaba bukiri aho, urumva ibyo bintu bifite ibisobanuro?”

Undi Mudepite ati “Ntabwo mwatanze miliyari 137 gahunda ari ukugira ngo tugure ubutaka tububike. Niba ari uko mwabitekereje, mwaba mwarabitekereje nabi.”

Perezida wa PAC Muhakwa Valens yagize ati “Ubu se namwe dusabe ko babubaka? RSSB iti ‘twebwe mu myaka 30 iri imbere ni bwo tuzabukoresha’ ibyo ntabwo byaba ari ukureshyeshya abantu imbere y’amategeko.”

Umuyobozi Mukuru wa RSSB yahise asezeranya PAC ko bagiye kwicara bakaganira n’inama y’Ubutegetsi y’iki kigo kugira ngo barebe ko niba hari ubutaka butazatangira kubyazwa umusaruro mu gihe cya vuba, bazabushyira ku isoko bukagurishwa.

Umuyobozi wa RSSB yavuze ko bahisemo kugura ubutaka hakiri kare kuko mu myaka iri imbere buzaba buhenze
Perezida wa PAC yavuze ko ibi bidakwiye
Abadepite ntibishimiye kubwirwa ko ubutaka bwemuweho abaturage bubitswe ngo kuko buri guhenda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

DStv mu bigo biza ku isonga bifite ‘Brands’ zikunzwe kurusha izindi muri Afurika

Next Post

Burundi: Uwabaye V/Perezida ahishuye ibitari bizwi kuri ‘Coup d’état’ inugwanugwa

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Burundi: Uwabaye V/Perezida ahishuye ibitari bizwi kuri ‘Coup d’état’ inugwanugwa

Burundi: Uwabaye V/Perezida ahishuye ibitari bizwi kuri 'Coup d'état' inugwanugwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.