Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mwabitekereje nabi- Umudepite abwira RSSB yaguze ubutaka bwa miliyari 137 ikabubika ngo kuko buri guhenda

radiotv10by radiotv10
06/09/2022
in MU RWANDA
0
Mwabitekereje nabi- Umudepite abwira RSSB yaguze ubutaka bwa miliyari 137 ikabubika ngo kuko buri guhenda
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC) banenze ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) cyaguze ubutaka bwa miliyari 137 Frw bukaba bumaze imyaka 10 budakoreshwa, kikisobanura kivuga ko cyarabuguze gitanguranwa n’izamuka ry’ibiciro byabwo.

Byagarutsweho kuri uyu wa Mbere tariki 05 Nzeri 2022 ubwo PAC yatangiraga kwakira Ibigo bya Leta byagaragaweho amakosa mu micungire n’imikoreshereze by’umutungo w’Igihugu, muri raporo y’Umugenzuzi w’Imari ya Leta ya 2021-2022.

Iyi raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta igaragaza ko Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) cyashoye miliyari 137 Frw mu kugura ubutaka ariko bukaba bumaze imyaka 10 budakoreshwa. Iyi raporo kandi igaragaza ko RSSB imaze gutanga arenga miliyoni 394 Frw mu gucunga ubu butaka.

Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Rugemanshuro Regis agaruka ku butaka bugurwa n’iki kigo ariko ntibubyazwe umusaruro, yavuze ko biterwa no kuba uyu mutungo urushaho guhenda, ku buryo babonye ari byiza kuwugura hakiri kare utarahenda cyane ubundi bakawubika.

Ati “Tuvuge wenda urashaka kubaka i Rwamagana, ugasanga arashaka kubaka inyubako ya vision city ati ‘ndashaka hegitari 40 dufatanye umushinga twubake nzunguke’ utaraguze ubwo butaka mbere, mu myaka itanu cyangwa icumi iri imbere, ntabwo wabasha gukora umushinga wunguka icyo gihe.”

Uyu muyobozi yavuze ko kandi ubutaka bagura, batabufungirana kuko iyo habonetse umushoramari wifuza kububyaza umusaruro, bakorana muri iryo shoramari.

Ni ibisobanuro bitanyuze Intumwa za Rubanda, zanenze iyi myumvire yo kugura ubutaka bukabikwa ngo ni uko buri gukomeza guhenda, kandi bwimuweho abaturage.

Umwe mu Badepite yagize ati “Twe tureberera abaturage nk’Abadepite, tuvuge nk’umuturage unyura hariya akabona ahantu bahamukuye bamubwira ngo hari ibintu bifitiye Igihugu akamaro ariko ubutaka bukaba bukiri aho, urumva ibyo bintu bifite ibisobanuro?”

Undi Mudepite ati “Ntabwo mwatanze miliyari 137 gahunda ari ukugira ngo tugure ubutaka tububike. Niba ari uko mwabitekereje, mwaba mwarabitekereje nabi.”

Perezida wa PAC Muhakwa Valens yagize ati “Ubu se namwe dusabe ko babubaka? RSSB iti ‘twebwe mu myaka 30 iri imbere ni bwo tuzabukoresha’ ibyo ntabwo byaba ari ukureshyeshya abantu imbere y’amategeko.”

Umuyobozi Mukuru wa RSSB yahise asezeranya PAC ko bagiye kwicara bakaganira n’inama y’Ubutegetsi y’iki kigo kugira ngo barebe ko niba hari ubutaka butazatangira kubyazwa umusaruro mu gihe cya vuba, bazabushyira ku isoko bukagurishwa.

Umuyobozi wa RSSB yavuze ko bahisemo kugura ubutaka hakiri kare kuko mu myaka iri imbere buzaba buhenze
Perezida wa PAC yavuze ko ibi bidakwiye
Abadepite ntibishimiye kubwirwa ko ubutaka bwemuweho abaturage bubitswe ngo kuko buri guhenda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 4 =

Previous Post

DStv mu bigo biza ku isonga bifite ‘Brands’ zikunzwe kurusha izindi muri Afurika

Next Post

Burundi: Uwabaye V/Perezida ahishuye ibitari bizwi kuri ‘Coup d’état’ inugwanugwa

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

by radiotv10
22/01/2026
0

Have you ever spent time with friends or attended a social event, then felt extremely tired afterward? This is very...

IZIHERUKA

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging
IMYIDAGADURO

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Burundi: Uwabaye V/Perezida ahishuye ibitari bizwi kuri ‘Coup d’état’ inugwanugwa

Burundi: Uwabaye V/Perezida ahishuye ibitari bizwi kuri 'Coup d'état' inugwanugwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.