Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mwabitekereje nabi- Umudepite abwira RSSB yaguze ubutaka bwa miliyari 137 ikabubika ngo kuko buri guhenda

radiotv10by radiotv10
06/09/2022
in MU RWANDA
0
Mwabitekereje nabi- Umudepite abwira RSSB yaguze ubutaka bwa miliyari 137 ikabubika ngo kuko buri guhenda
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC) banenze ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) cyaguze ubutaka bwa miliyari 137 Frw bukaba bumaze imyaka 10 budakoreshwa, kikisobanura kivuga ko cyarabuguze gitanguranwa n’izamuka ry’ibiciro byabwo.

Byagarutsweho kuri uyu wa Mbere tariki 05 Nzeri 2022 ubwo PAC yatangiraga kwakira Ibigo bya Leta byagaragaweho amakosa mu micungire n’imikoreshereze by’umutungo w’Igihugu, muri raporo y’Umugenzuzi w’Imari ya Leta ya 2021-2022.

Iyi raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta igaragaza ko Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) cyashoye miliyari 137 Frw mu kugura ubutaka ariko bukaba bumaze imyaka 10 budakoreshwa. Iyi raporo kandi igaragaza ko RSSB imaze gutanga arenga miliyoni 394 Frw mu gucunga ubu butaka.

Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Rugemanshuro Regis agaruka ku butaka bugurwa n’iki kigo ariko ntibubyazwe umusaruro, yavuze ko biterwa no kuba uyu mutungo urushaho guhenda, ku buryo babonye ari byiza kuwugura hakiri kare utarahenda cyane ubundi bakawubika.

Ati “Tuvuge wenda urashaka kubaka i Rwamagana, ugasanga arashaka kubaka inyubako ya vision city ati ‘ndashaka hegitari 40 dufatanye umushinga twubake nzunguke’ utaraguze ubwo butaka mbere, mu myaka itanu cyangwa icumi iri imbere, ntabwo wabasha gukora umushinga wunguka icyo gihe.”

Uyu muyobozi yavuze ko kandi ubutaka bagura, batabufungirana kuko iyo habonetse umushoramari wifuza kububyaza umusaruro, bakorana muri iryo shoramari.

Ni ibisobanuro bitanyuze Intumwa za Rubanda, zanenze iyi myumvire yo kugura ubutaka bukabikwa ngo ni uko buri gukomeza guhenda, kandi bwimuweho abaturage.

Umwe mu Badepite yagize ati “Twe tureberera abaturage nk’Abadepite, tuvuge nk’umuturage unyura hariya akabona ahantu bahamukuye bamubwira ngo hari ibintu bifitiye Igihugu akamaro ariko ubutaka bukaba bukiri aho, urumva ibyo bintu bifite ibisobanuro?”

Undi Mudepite ati “Ntabwo mwatanze miliyari 137 gahunda ari ukugira ngo tugure ubutaka tububike. Niba ari uko mwabitekereje, mwaba mwarabitekereje nabi.”

Perezida wa PAC Muhakwa Valens yagize ati “Ubu se namwe dusabe ko babubaka? RSSB iti ‘twebwe mu myaka 30 iri imbere ni bwo tuzabukoresha’ ibyo ntabwo byaba ari ukureshyeshya abantu imbere y’amategeko.”

Umuyobozi Mukuru wa RSSB yahise asezeranya PAC ko bagiye kwicara bakaganira n’inama y’Ubutegetsi y’iki kigo kugira ngo barebe ko niba hari ubutaka butazatangira kubyazwa umusaruro mu gihe cya vuba, bazabushyira ku isoko bukagurishwa.

Umuyobozi wa RSSB yavuze ko bahisemo kugura ubutaka hakiri kare kuko mu myaka iri imbere buzaba buhenze
Perezida wa PAC yavuze ko ibi bidakwiye
Abadepite ntibishimiye kubwirwa ko ubutaka bwemuweho abaturage bubitswe ngo kuko buri guhenda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − four =

Previous Post

DStv mu bigo biza ku isonga bifite ‘Brands’ zikunzwe kurusha izindi muri Afurika

Next Post

Burundi: Uwabaye V/Perezida ahishuye ibitari bizwi kuri ‘Coup d’état’ inugwanugwa

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Burundi: Uwabaye V/Perezida ahishuye ibitari bizwi kuri ‘Coup d’état’ inugwanugwa

Burundi: Uwabaye V/Perezida ahishuye ibitari bizwi kuri 'Coup d'état' inugwanugwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.