Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Na Minisitiri yakingiwe: Kurandura icyorezo kimaze guhitana abiganjemo abaganga mu Rwanda birakomeje

radiotv10by radiotv10
09/10/2024
in MU RWANDA
0
Na Minisitiri yakingiwe: Kurandura icyorezo kimaze guhitana abiganjemo abaganga mu Rwanda birakomeje
Share on FacebookShare on Twitter

Igikorwa cyo gutanga inkingo z’icyorezo cya Marburg, kirakomeje, aho cyatangiriye ku bafite ibyago byinshi byo kwibasirwa nacyo, barimo abakora mu rwego rw’ubuzima. N’Umunyamabanga wa Leta muri MINISANTE, Dr. Yvan Butera yakingiwe.

Dr. Yvan Butera yakingiriwe ku Bitaro Byitiriwe Umwami Fayisali byatangiye gukingira abakozi babyo kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Ukwakira 2024.

Amakuru yatangajwe n’Ubuyobozi bw’ibi Bitaro Byitiriwe Umwami Fayisali kuri uyu wa Kabiri, avuga ko “Uyu munsi twatangiye gutanga inkingo za Marburg ku bakozi bari ku ruhembe mu guhangana n’iyi ndwara, n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Dr. Yvan Butera na we yakingiwe.”

Ubuyobozi bw’Ibitaro Byitiriwe Umwami Fayisali buvuga ko gutanga inkingo, ari imwe mu ntambwe ikomeye yo kurinda abakora mu rwego rw’ubuvuzi ndetse no gukomeza kurinda aba bakomeje kugira uruhare mu buzima.

Kuva iki cyorezo cya Marburg cyagera mu Rwanda kimaze guhitana abantu 13 barimo umwe witabye Imana kuri uyu wa Kabiri, aho amakuru yizewe avuga ko na we yari umuganga ndetse wanakoraga muri ibi Bitaro Byitiriwe Umwami Fayisali.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera na we wamaze gukingirwa, aherutse gutangaza ko muri izi nkingo za Marburg, hatangwa doze imwe ikaba ihagije, nk’uko byemejwe n’ubushakashatsi bwakozwe muri 2018 ubwo izi nkingo zatangiraga gukoreshwa.

Yagize ati “Ubushakashatsi bwakozwe icyo gihe bugaragaza ko Doze imwe nyuma y’iminsi itatu ubudahangarwa bw’umuntu buba bwatangiye kwiyubaka ku kigero kigera kuri 70% noneho nyuma y’icyumweru ubudahangarwa bwe buba bumaze kugera hafi kuri 95% na 96%. Doze imwe irahagije kugira ngo ikurinde.”

Dr. Yvan Butera kandi yahumurije abashobora kugira impungenge ko izi nkingo zishobora kugira ingaruka ku bazihabwa, avuga ko kuva zatangira gutangwa, nta muntu n’umwe zaguye nabi.

Abakingiwe babanzaga guhabwa amabwiriza y’izi nkingo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 4 =

Previous Post

Umuhanzi ugezweho muri gakondo Nyarwanda agiye kuyisangiza ab’i Burayi

Next Post

USA: Ubuzima burasa n’ubwahagaze muri Florida kubera amakuru bakiriye yazamuye ubwoba

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
USA: Ubuzima burasa n’ubwahagaze muri Florida kubera amakuru bakiriye yazamuye ubwoba

USA: Ubuzima burasa n’ubwahagaze muri Florida kubera amakuru bakiriye yazamuye ubwoba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.