• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Na video amwakira: Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika kubonana na Perezida Kagame bikomeje kumurenga

radiotv10by radiotv10
14/08/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Na video amwakira: Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika kubonana na Perezida Kagame bikomeje kumurenga
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba no ku Mugabane wa Afurika, Diamond Platnumz, noneho yifashishije amashusho ubwo yakirwaga na Perezida Paul Kagame, yongera kumushimira byimazeyo.

Uyu muhanzi wataramiye Abaturarwanda kuri iki Cyumweru mu gitaramo cy’amateka, yageze hagati ashimira Perezida Paul Kagame ku byo akomeje kugeza ku Rwanda.

Kuri uyu wa Mbere tariki 14 Kanama 2023, yongeye kumushimira mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, buherekejwe n’amashusho ubwo Umukuru w’u Rwanda yamwakiriraga muri BK Arena.

Mu butumwa bwe, Diamond yateruye agira ati “Ndabashimira nyakubahwa Perezida Paul Kagame ku miyoborere yawe ishikambye no kuba mwaranyakiriye mu Gihugu cyanyu mu ruzinduko nahagiriye.”

Diamond kandi yavuze ko anashimira umukuru w’u Rwanda ku bwo kwigoma byinshi aba afite byo gukora, ariko akabona umwanya wo kuza kwereka urukundo afitiye urubyoruko, ndetse n’uruhare agira mu guteza imbere impano, by’umwihariko kuba ejo hashize yaraje mu gitaramo cye.

View this post on Instagram

A post shared by SIMBA..!🦁 (@diamondplatnumz)

Yakomeje agira ati “Umuhate wawe mu gukomeza gusigasira umuco no guteza imbere ubuhanzi, biduha urugero rwiza. Mwarakoze ku buryo mwanyakiriye ndetse no kuzana umwuka utanga imikoranire no kuyizamura.”

Diamond avuga kandi ko Igihugu avukamo cya Tanzania kizakomeza gukorana neza n’u Rwanda, mu by’ubuhanzi ndetse no mu kuzamura impano muri siporo.

Ati “Twishimira uburyo mwicisha bugufi, yaba ku Banyarwanda ndetse no ku bashyitsi nkatwe. Mu by’ukuri Afurika itewe ishema nawe.”

Muri aya mashusho, Perezida Kagame abwira Diamond mu rurimi rw’Ikiswahili ati “Wakoze akazi keza cyane.” Undi na we akamushimira cyane bigaragara ko afite amarangamutima menshi, agira ati “Ntushobora kumva uburyo ngushimira inkunga uha ibikorwa by’imyidagaduro na siporo.”

Diamond yashimiye byimazeyo Perezida Kagame
Yashimiye Perezida Paul Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − nine =

Previous Post

Hatanzwe amakuru arambuye ku mpanuka ikomeye y’imodoka yavaga mu Rwanda ijya Uganda

Next Post

Dutere icyumvirizo mu bibazo byakunze kuzamura amakimbirane mu borozi bo mu Turere 4

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Dutere icyumvirizo mu bibazo byakunze kuzamura amakimbirane mu borozi bo mu Turere 4

Dutere icyumvirizo mu bibazo byakunze kuzamura amakimbirane mu borozi bo mu Turere 4

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.