Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

N’amarira bayabuze: Ibyabaye kuri ManUnited byatumye abafana bayo babura ayo bacira n’ayo bamira

radiotv10by radiotv10
06/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
N’amarira bayabuze: Ibyabaye kuri ManUnited byatumye abafana bayo babura ayo bacira n’ayo bamira
Share on FacebookShare on Twitter

Amateka yaherukaga kuba mu myaka 92 ishize ubwo Manchester United yatsindwaga na Wolves ibitego 7-0, none byongeye kuba muri 2023 ubwo Liverpool imaze iminsi ihagaze nabi yayizukiragaho ikayikubita ibitego nk’ibi bingana na 1/2 cy’umuzinga hiyongereyeho igitego kimwe (7).

Ku munota wa 43 w’umukino Umuholandi Cody Gakpo yafunguye amazamu ndetse biha Liverpool yari mu rugo isoza igice cya mbere iyoboye umukino.

Nyuma y’iminota ibiri (2) igice cya kabiri gitangiye, Nunez yongeye kunyeganyeza incundura z’umunyezamu David De Gea.

Benshi bahise batangira kwibaza icyo Umutoza Eric Ten Hag agiye gukora kugira ngo agarure ikipe ye mu mukino gusa biramwangira, kuko Manchester United yagaragazaga ibimenyetso by’uko ubwugarizi bwayo butameze neza.

Ku rundi ruhande ariko ni ko Jurgen Kloop n’abasore be bakomezaga gucana umuriro utazima kuri Manchester United ndetse biza no kubahira dore ko ku munota wa 50, Cody Gakpo wari watsinze igitego cya mbere yongeye gutsinda igitego cya 3, kikaba icya 2 kuri we muri uyu mukino.

Liverpool ntiyanyuzwe kuko ahagana ku munota wa 76 Nunez yatsinze igitego cya 4, ari na cyo cya 2 kuri we muri uyu mukino.

Ishyano ryaguye ubwo Mohamed Salah yatsindaga igitego cya 5 n’icya 6, ndetse bimugira umukinnyi umaze gutsindira Liverpool ibitego byinshi bigera ku 129 mu mikino 203 ya shampiyona y’Abongereza kuva yayigeramo aturutse muri As Roma muri 2017-2018.

Umunya-Brazil, Robert Firmino uberuka gusezera mu ikipe ya Liverpool, yinjiye mu kibuga asimbuye ndetse aba ari na we utsinda igitego cy’agashyinguracumu ari na cyo cya 7 ku busa bwa Manchester United.

Manchester United yongera gusubira mu mateka mabi yaherukaga mu mwaka w’i 1931 ubwo iyo kipe yatsindwaga na Wolves ibitego 7-0.

Liverpool imaze iminsi idahagaze neza yanyagiye Man United

Basohotse mu kibuga babuze uko bifata

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Perezida Macron yabwije Tshisekedi ukuri kuryana mu kiganiro cyavuzwemo ibitatekerezwaga

Next Post

Muri Congo hagezeyo abandi basirikare bihariye barimo abanyuze mu Rwanda

Related Posts

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Congo hagezeyo abandi basirikare bihariye barimo abanyuze mu Rwanda

Muri Congo hagezeyo abandi basirikare bihariye barimo abanyuze mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.