Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

N’amarira bayabuze: Ibyabaye kuri ManUnited byatumye abafana bayo babura ayo bacira n’ayo bamira

radiotv10by radiotv10
06/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
N’amarira bayabuze: Ibyabaye kuri ManUnited byatumye abafana bayo babura ayo bacira n’ayo bamira
Share on FacebookShare on Twitter

Amateka yaherukaga kuba mu myaka 92 ishize ubwo Manchester United yatsindwaga na Wolves ibitego 7-0, none byongeye kuba muri 2023 ubwo Liverpool imaze iminsi ihagaze nabi yayizukiragaho ikayikubita ibitego nk’ibi bingana na 1/2 cy’umuzinga hiyongereyeho igitego kimwe (7).

Ku munota wa 43 w’umukino Umuholandi Cody Gakpo yafunguye amazamu ndetse biha Liverpool yari mu rugo isoza igice cya mbere iyoboye umukino.

Nyuma y’iminota ibiri (2) igice cya kabiri gitangiye, Nunez yongeye kunyeganyeza incundura z’umunyezamu David De Gea.

Benshi bahise batangira kwibaza icyo Umutoza Eric Ten Hag agiye gukora kugira ngo agarure ikipe ye mu mukino gusa biramwangira, kuko Manchester United yagaragazaga ibimenyetso by’uko ubwugarizi bwayo butameze neza.

Ku rundi ruhande ariko ni ko Jurgen Kloop n’abasore be bakomezaga gucana umuriro utazima kuri Manchester United ndetse biza no kubahira dore ko ku munota wa 50, Cody Gakpo wari watsinze igitego cya mbere yongeye gutsinda igitego cya 3, kikaba icya 2 kuri we muri uyu mukino.

Liverpool ntiyanyuzwe kuko ahagana ku munota wa 76 Nunez yatsinze igitego cya 4, ari na cyo cya 2 kuri we muri uyu mukino.

Ishyano ryaguye ubwo Mohamed Salah yatsindaga igitego cya 5 n’icya 6, ndetse bimugira umukinnyi umaze gutsindira Liverpool ibitego byinshi bigera ku 129 mu mikino 203 ya shampiyona y’Abongereza kuva yayigeramo aturutse muri As Roma muri 2017-2018.

Umunya-Brazil, Robert Firmino uberuka gusezera mu ikipe ya Liverpool, yinjiye mu kibuga asimbuye ndetse aba ari na we utsinda igitego cy’agashyinguracumu ari na cyo cya 7 ku busa bwa Manchester United.

Manchester United yongera gusubira mu mateka mabi yaherukaga mu mwaka w’i 1931 ubwo iyo kipe yatsindwaga na Wolves ibitego 7-0.

Liverpool imaze iminsi idahagaze neza yanyagiye Man United

Basohotse mu kibuga babuze uko bifata

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Perezida Macron yabwije Tshisekedi ukuri kuryana mu kiganiro cyavuzwemo ibitatekerezwaga

Next Post

Muri Congo hagezeyo abandi basirikare bihariye barimo abanyuze mu Rwanda

Related Posts

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Congo hagezeyo abandi basirikare bihariye barimo abanyuze mu Rwanda

Muri Congo hagezeyo abandi basirikare bihariye barimo abanyuze mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.