Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ndabizeza ko umutekano n’ubusugire bizahora birinzwe uko byagenda kose-Perezida yinjiza Abanyarwanda muri 2025

radiotv10by radiotv10
01/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Ndabizeza ko umutekano n’ubusugire bizahora birinzwe uko byagenda kose-Perezida yinjiza Abanyarwanda muri 2025
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye Abanyarwanda uburyo bitwaye mu mwaka wa 2024, ku ruhare bagize mu bikorwa by’ingenzi byabaye mu Gihugu cyabo byumwihariko mu gikorwa cy’amatora, avuga ko uko umutekano wabo wakomeje guhagarara bwuma ari nako bizagenda muri 2025.

Perezida wa Repubulika yabitangaje mu ijambo risoza umwaka wa 2024 rininjiza Abanyarwanda mu mwaka mushya wa 2025, aho yagarutse ku bikorwa byaranze Igihugu muri uyu mwaka ushize.

Yavuze ko Abanyarwanda bibutse ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi bakanizihiza iyi myaka ishize u Rwanda rwibohoye, ndetse ibi bikorwa byombi bikaba bigaragaza intambwe iki Gihugu gikomeje gutera kiyubaka.

Ati “Ibyo byombi bitwibutsa aho twavuye n’aho tugeze biturutse ku ntego duhuriyeho twese yo gutera imbere no kwiyubaka.”

Muri uyu mwaka urangiye kandi, Abanyarwanda bitoreye umuyobozi ubakwiriye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri uyu mwaka hagati, kandi akaba yaragenze neza uko Abanyarwanda babyifuzaga.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko aya matora “yongeye gushimangira icyizere Abanyarwanda bafitiye Abayobozi babo n’inzego z’Igihugu.”

Ati “Nongeye gushimira Abanyarwanda bose n’inshuti z’u Rwanda inkunga yanyu mu gihe cy’amatora ndetse no mu bindi bihe igihe iyo nkunga iba ikenewe.”

Uku kwihitiramo umuyobozi bafitiye icyizere kandi ari basanganywe, ni n’ikimenyetso cy’uko Abanyarwanda bifuza kugera ku bindi byinshi byiza bagezeho bafatanyije n’Umuyobozi bongeye kugirira icyizere.

Ati “Abanyarwanda bagaragaje mu ijwi riranguruye ko bashaka kugera no ku bindi byinshi kandi byiza, na serivisi zirushijeho kuba nziza mu myaka iri imbere kandi tugomba gufatanya kugira ngo tubigereho.”

 

Umutekano w’u Rwanda uzakomeza guhagarara bwuma

Perezida Kagame yagarutse no ku bibazo u Rwanda rwahuye na byo muri uyu mwaka wa 2024, by’umwihariko iby’umutekano biri mu karere, nk’ibiri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byabaye imbarutso yo gushaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ubutegetsi bwa DRC kandi bwakunze kuvuga kenshi ko bwifuza gutera u Rwanda, ndetse hakagaragara n’ibimenyetso by’ubushake bw’iyi migambi mibisha, aho bukorana n’umutwe wa FDLR ugamije guhungabanya u Rwanda.

Gusa umutekano w’u Rwanda wararinzwe, ndetse rukaza ingamba zo gukumira ko hari icyaturuka ahandi ngo gihungabanye umutekano w’Abaturarwanda.

Umukuru w’Igihugu yongeye kwizeza Abanyarwanda ko uko umwaka wa 2024 waranzwe no kudahungabanywa, ari na ko bizagenda muri uyu mwaka wa 2025 binjiyemo.

Ati “Ndashaka kubizeza ko umutekano n’ubusugire bw’u Rwanda, bizahora iteka birinzwe uko byagenda kose.”

Yongeye kugaragaza ko mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu karere, bikeneye guhera mu mizi yabyo, aho kubirenga hejuru, hakemurwa ibibazo bigaragara hirengagijwe imizi yabyo.

Ati “Inzira z’ibusamo ntizakemura iki kibazo, birakwiriye ko habaho ibisubizo birambye bikemura ikibazo bishingiye mu mizi, bigatanga icyizere cy’amahoro arambye ku baturage bose b’Akarere.”

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda ruhora rwifuriza ibindi Bihugu umutuzo, kuko iyo bifite ibibazo nk’ibi, n’ubundi birugiraho ingaruka, kandi ko rutazigera na rimwe rwemera gukomeza kwegekwaho umutwaro w’ibibazo by’abandi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Gakenke: Ishuri ryashyikirije inzu abana b’impfubyi babuze ababyeyi babo bapfuye urupfu rw’amanzanganya

Next Post

Mu Rwanda habonetse abandi bahinzi barira ayo kwarika kandi bari babonye umusaruro ushimishije

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

IZIHERUKA

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze
MU RWANDA

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda habonetse abandi bahinzi barira ayo kwarika kandi bari babonye umusaruro ushimishije

Mu Rwanda habonetse abandi bahinzi barira ayo kwarika kandi bari babonye umusaruro ushimishije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.