• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ndarembye- Biden nyuma yo gusanganwa ubwandu bwa COVID

radiotv10by radiotv10
18/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ndarembye- Biden nyuma yo gusanganwa ubwandu bwa COVID
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden yasanzwemo uburwayi bwa COVID, na we ahita abyemeza, agira ati “ndarembye.” Abaganga be batangaje ko yahise yishyira mu kato, ariko ko akomeza gukora inshingano ze.

Umuganga wa Biden, yatangaje ko nubwo Biden yasanzwemo iyi ndwara, ariko afite ibimenyetso byoroheje birimo gucika intege no gukorora.

Abaganga ba Perezida Biden, bavuga kandi ko ibijyanye n’umuriro ndetse n’umwuka wo guhumeka, kimwe n’imyanya y’ubuhumekero, bye byose bihagaze neza.

Joe Biden yasanzwemo ubwandu bwa COVID kuri uyu wa Gatatu ubwo yari mu rugendo muri Las Vegas, nk’uko byatangajwe n’Ibiro bye White House.

Umunyamabanga w’Itumanaho muri White House, Karine Jean-Pierre, yavuze ko Joe Biden ahita yerecyeza iwe muri Delaware, aho “aza kwishyira mu kato ariko agakomeza kubahiriza inshingano ze zose muri icyo gihe.”

Ni ku nshuro ya gatatu Biden asanzwemo iyi ndwara, kuko mbere y’iyi nshuro, yayipimwe inshuro ebyiri, gusa akaba yarakingiwe inkingo zose zirimo n’izo gushimangira.

Ibinyamakuru byo muri Leta Zunze Ubumwe za America, bivuga ko nubwo nta gushidikanya ko uyu muyobozi w’Igihugu cy’igihangange, yitabwaho mu buryo bwose bushoboka, ariko hari impungenge kubera imyaka ye dore ko iyi ndwara ikunze kuzahaza abakuze, kandi uyu mukambwe akaba afite imyaka 81.

Biden na we yagize icyo avuga kuri iyi ndwara ya COVID bamusanzemo. Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Joe Biden yagize ati “Ndarembye.”

Biden asanzwemo iyi ndwara mu gihe kitamworoheye dore ko amaze iminsi ari mu bikorwa byo kongera gushaka manda ye ya kabiri, aho ahanganye na Donald Trump, uhabwa amahirwe kumurusha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Rayon igiye kugaragariza abakunzi bayo uko ihagaze yongereye imbaraga mu busatirizi

Next Post

Imiryango y’abagizweho ingaruka n’akaga kahitanye Abanyarwanda 9 barimo uwasize uruhinja yaremewe

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Imiryango y’abagizweho ingaruka n’akaga kahitanye Abanyarwanda 9 barimo uwasize uruhinja yaremewe

Imiryango y’abagizweho ingaruka n’akaga kahitanye Abanyarwanda 9 barimo uwasize uruhinja yaremewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.