Friday, September 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Netanyahu wa Israel yagaragarijwe ko atishimiwe mu nama y’abayobozi b’Isi

radiotv10by radiotv10
26/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Netanyahu wa Israel yagaragarijwe ko atishimiwe mu nama y’abayobozi b’Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Nteko Rusange ya 80 y’Umuryango w’Abibumbye iri kubere i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America, ubwo Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yari agiye gutanga imbwirwaruhame ye, benshi mu bayobozi basohotse mu cyumba cy’Inteko.

Imbwirwaruhame z’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma n’abayobozi benshi batandukanye bagiye bavugira muri ibi biganiro, banengaga Israel ndetse bakanasaba ko ihagarika intambara muri Gaza.

Kutishimira ibikorwa na Israel, banabigaragarije Benjamin Netanyahu, Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, ubwo yari imbere y’Inteko Rusange ya LONI ngo agire icyo avuga, abenshi basohotse nk’ikimenyetso ko batamushyigikiye.

Netanyahu wanashyiriweho impapuro zimuta muri yombi, ari mu manza z’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa ICC, rumushinja ibyaha bya gisirikare ndetse n’ibyibasiye inyokomuntu.

Al Jazeera ivuga ko Mu rugendo rwe yerecyeza i New York ahari kubera iyi nama, indege ye itanyuze mu kirere cy’u Bufaransa, nkuko byari byagenze muri Nyakanga ubwo yajyaga muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho bwo yari yemerewe gukoresha ikirere cy’u Bufaransa nubwo impapuro za ICC zari zaramaze gutangazwa.

U Bufaransa ntibwigeze butangaza ko bwamwimye inzira, mu gihe Ibihugu by’u Butaliyani n’u Bugereki abyo byemeye ko indege ye inyura mu kirere cyabyo.

Televiziyo ya Israel, Kan, yatangaje ko umwe mu badipolomate utashatse gutangaza amazina ye, yavuze ko u Bufaransa butigeze bubuza Netanyahu gukoresha ikirere cyabwo, ahubwo ko icyemezo cyo kutagikoresha cyari icye bwite.

Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

Related Posts

Ubutumwa Kamerhe yahaye uwamusimbuye ku Buyobozi bw’Inteko ya Congo bwagarutse kuri Tshisekedi

Ubutumwa Kamerhe yahaye uwamusimbuye ku Buyobozi bw’Inteko ya Congo bwagarutse kuri Tshisekedi

by radiotv10
26/09/2025
0

Umunyapolitiki Vital Kamerhe, uherutse kwegura ku mwanya wa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye uwamusimbuye...

Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

by radiotv10
25/09/2025
0

Ikibazo cy’intambara ya Israel n'umutwe wa Hamas muri Gaza cyiganje mu Nteko Rusange ya 80 y’Umuryango w’Abibumbye, aho benshi bifuza...

Umuryango Mpuzamahanga wagize icyo usaba Cameroon ku batavuga rumwe n’ubutegetsi bafunzwe

Umuryango Mpuzamahanga wagize icyo usaba Cameroon ku batavuga rumwe n’ubutegetsi bafunzwe

by radiotv10
24/09/2025
0

Umuryango Mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu, Amnesty International, wasabye ubutegetsi bwa Cameroon gufungura abantu 36 batavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki Gihugu...

Icyo Tshisekedi avuga kuri Perezida w’Inteko weguye adahari n’igisubizo ku byo bavugwaho bombi

Icyo Tshisekedi avuga kuri Perezida w’Inteko weguye adahari n’igisubizo ku byo bavugwaho bombi

by radiotv10
23/09/2025
0

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko na we yamenyeye iyegura rya Vital Kamerhe aho ari...

Menya ibindi Bihugu byemeje ko bishyigikiye ko Palestine iba Igihugu cyigenga

Menya ibindi Bihugu byemeje ko bishyigikiye ko Palestine iba Igihugu cyigenga

by radiotv10
24/09/2025
0

Mu gihe isi yose ikomeje gushaka ibisubizo birambye ku makimbirane ari hagati ya Israel na Palesitina, Ibihugu birindwi birimo u...

IZIHERUKA

Netanyahu wa Israel yagaragarijwe ko atishimiwe mu nama y’abayobozi b’Isi
AMAHANGA

Netanyahu wa Israel yagaragarijwe ko atishimiwe mu nama y’abayobozi b’Isi

by radiotv10
26/09/2025
0

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

26/09/2025
Amakuru agezweho-Amagare: Umutaliyani yegukanye Shampiyona y’Isi ibera mu Rwanda y’abatarengeje imyaka 23

Amakuru agezweho-Amagare: Umutaliyani yegukanye Shampiyona y’Isi ibera mu Rwanda y’abatarengeje imyaka 23

26/09/2025
Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

26/09/2025
Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

26/09/2025
Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange

Ubutumwa buturuka muri Rayon muri Tanzania ku bafana bayo n’Abanyarwanda muri rusange

26/09/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Netanyahu wa Israel yagaragarijwe ko atishimiwe mu nama y’abayobozi b’Isi

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

Amakuru agezweho-Amagare: Umutaliyani yegukanye Shampiyona y’Isi ibera mu Rwanda y’abatarengeje imyaka 23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.