Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Ngo hari abari batangiye gutekereza ibyo guhunga- Ibishashi byaturikijwe i Kigali byateye igishyika bamwe

radiotv10by radiotv10
06/07/2022
in Uncategorized
0
Ngo hari abari batangiye gutekereza ibyo guhunga- Ibishashi byaturikijwe i Kigali byateye igishyika bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko ibishashi by’ibyishimo byaturikijwe ku munsi wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 28 yo Kwibohora, byabakanze bakabanza kugira ngo ni amasasu, ndetse ko hari abari batangiye gutekereza ibyo guhunga.

Mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 04 Nyakanga 2022 ubwo Abanyarwanda bizihizaga isabukuru y’imyaka 28 yo kwibohora, haturikijwe ibishashi by’ibyishimo.

Ni ibishashi byaturikijwe ku misozi ya Kigali, Bumbogo no kuri stade ya Remera mu mujyi wa Kigali.

Bamwe mu Banyakigali biganjemo abari bageze mu buriri ubwo ibi bishashi byaturitswaga, babwiye RADIOTV10 ko byabateye igishyika kuko batari bazi amakuru yo guturitsa ibi bishashi.

Hari n’ababanje kugira ngo n’amasasu y’intambara ku buryo hari abatangiye gufata utwangushye ngo bahunge.

Umwe yagize ati “Nk’abantu dusanzwe tuzi ko bajya barasa umwaka, twabashije kubyihanganira ariko hari abandi bafata imyenda ngo barahunga kuko ntabyo bari bazi. Bumvaga ari nk’ibibunda biremereye cyane.”

Uyu muturage uvuga ko basanzwe bamenyereye ko ibi bishashi bituritswa mu gutangira umwaka, avuga ko nta makuru bigeze bamenyeshwa yerecyeye iby’ibi byaturikijwe ku munsi wo Kwibohora.

Ati “Iby’uyu munsi byadutunguye kuko bwari bwo bwa mbere. Ntabwo byari byamenyekanishijwe.”

Itangazo ry’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali rimenyesha ko muri uyu murwa mukuru w’u Rwanda haturitswa ibishashi, ryasohotse mu masaha ya nyuma ya saa sita ku ya 04 Nyakanga 2022 habura amasaha macye ngo iki gikorwa kibe.

Bamwe bemeza ko iki gikorwa cyatinze kumenyekanishwa ndetse ko hatakoreshejwe uburyo buhagije bwo kukimenyekanisha kuko hasohotse itangazo rikanyuzwa kuri Twitter y’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali mu gihe bavuga ko atari buri wese ubasha kugera kuri uru rubuga nkoranyambaga.

Undi muturage wo mu Mujyi wa Kigali, avuga ko umubyeyi we basanzwe babana, acyumva ituritswa ry’ibi bishashi yabanje kwikanga ko ari abagizi ba nabi.

Ati “Byamuhungabanyije aravuga ati ‘ibi bintu ko bibaye nk’ibyo twari turi kumva ejobundi barasa ya modoka za Gikongoro, none n’i Kigali birahageze?’ ariko ku bw’amahirwe nari ntararyama ndasohoka ndebye nsanga ni bya bishashi bari kurasa, ndamubwira nti ‘Humura’.”

Aba baturage bavuga ko mu gihe hateganyijwe ibikorwa nk’ibi, byajya bimenyekanishwa mbere y’igihe kandi hagakoreshwa uburyo bwatuma abantu benshi babasha kubimenya kuko mu gihe bibaye batabizi bikura umutima benshi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − eight =

Previous Post

M23 yagaragaje uduce 15 yafashe ibanje kurwana inkundura na FARDC ikaba itugenzura byuzuye

Next Post

Paris: Minisitiri yatanze ubuhamya mu rubanza rwa Bucyibaruta ahishura amateka atari azwi ya Jenoside

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
France: Mu rubanza rwa Bucyibaruta uregwa Jenoside hategerejwemo abatangabuhamya 115

Paris: Minisitiri yatanze ubuhamya mu rubanza rwa Bucyibaruta ahishura amateka atari azwi ya Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.