Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngo umunyabubasha yamuhuguje imodoka yaguze miliyoni 10 n’inzego yitabaje bisa nko kwasa urutare

radiotv10by radiotv10
08/01/2022
in MU RWANDA
0
Ngo umunyabubasha yamuhuguje imodoka yaguze miliyoni 10 n’inzego yitabaje bisa nko kwasa urutare
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage witwa Nyirantibiringirwa Claudine wo mu Kagari ka Gikombe mu Karere ka Rubavu, avuga ko yahugujwe imodoka yari yaguze miliyoni 10 Frw none n’inzego agezeho zose zikamurangarana akaba akeka ko uyu wayimuhuguje ari umunyabubasha.

Uyu muturage uvuga ko mu kwezi k’Ukwakira 2021 yaguze imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Rav4 ifite plaque ya RAF330F, avuga ko yahawe ibyangombwa byose byayo n’uwitwa  Mugwaneza Jean Pierre bari bayiguuze

Avuga ko kuva yagura iyi modoka ngo iwe hakomeje kujya hasiragira abantu bafotora iyi modoka na we bimutera impungenge.

Nyuma uwitwa Niyingenga Damien yagaragaye avuga ko imodoka ari iye yagurishijwe n’uwo yari yayikodesheje ari we Damien ariko na we aza kugaragaraza ibyangombwa byerekana ko imodoka ari iye.

Byageze n’aho polisi isanga iyi modoka mu rugo kwa Nyirantibiringirwa bamubwira ko yibwe bityo ko bayishaka bahita banayitwara bajya kuyifungira kuri polisi.

Nyirantibiringirwa Claudine avuga ko yanyuze mu nzira zishoboka zose agaragaza ko imodoka yatanzeho amafaranga ye itagomba kugenda ku maherere ariko ngo aho ageze hose bigasa no kwasa urutare ku buryo akeka ko hari ikibyihishe inyuma ndetse ko na Dosiye ye ikomeje kurangaranwa.

Ati “Nsanga kuba dosiye yanjye itarigeze ikurikiranwa nk’uko bikwiye ngo ice mu mategeko na byo hari ikindi kintu kibyihise inyuma cyo gushaka kundimangaya umutungo wanjye naguze.”

Umunyamakuru wa RADITV10 umaze iminsi akurikirana iyi nkuru, yagerageje kuvugisha zimwe mu nzego zirebwa n’iki kibazo zirimo Ubushinjacyaha aho yakibajijeho Umuvugizi wabwo, Faustin Nkusi ariko akamubwira ko agomba kukivuganaho n’Umushinjacyaha uri gukukirikirana iki kibazo.

Danton GASIGWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 20 =

Previous Post

Mayaka wubatse izina i Nyamirambo yitabye Imana bishengura benshi

Next Post

Kicukiro: Imodoka yari iparitse bagiye kubona babona iragurumanye bitera urujijo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kicukiro: Imodoka yari iparitse bagiye kubona babona iragurumanye bitera urujijo

Kicukiro: Imodoka yari iparitse bagiye kubona babona iragurumanye bitera urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.