Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngo umunyabubasha yamuhuguje imodoka yaguze miliyoni 10 n’inzego yitabaje bisa nko kwasa urutare

radiotv10by radiotv10
08/01/2022
in MU RWANDA
0
Ngo umunyabubasha yamuhuguje imodoka yaguze miliyoni 10 n’inzego yitabaje bisa nko kwasa urutare
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage witwa Nyirantibiringirwa Claudine wo mu Kagari ka Gikombe mu Karere ka Rubavu, avuga ko yahugujwe imodoka yari yaguze miliyoni 10 Frw none n’inzego agezeho zose zikamurangarana akaba akeka ko uyu wayimuhuguje ari umunyabubasha.

Uyu muturage uvuga ko mu kwezi k’Ukwakira 2021 yaguze imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Rav4 ifite plaque ya RAF330F, avuga ko yahawe ibyangombwa byose byayo n’uwitwa  Mugwaneza Jean Pierre bari bayiguuze

Avuga ko kuva yagura iyi modoka ngo iwe hakomeje kujya hasiragira abantu bafotora iyi modoka na we bimutera impungenge.

Nyuma uwitwa Niyingenga Damien yagaragaye avuga ko imodoka ari iye yagurishijwe n’uwo yari yayikodesheje ari we Damien ariko na we aza kugaragaraza ibyangombwa byerekana ko imodoka ari iye.

Byageze n’aho polisi isanga iyi modoka mu rugo kwa Nyirantibiringirwa bamubwira ko yibwe bityo ko bayishaka bahita banayitwara bajya kuyifungira kuri polisi.

Nyirantibiringirwa Claudine avuga ko yanyuze mu nzira zishoboka zose agaragaza ko imodoka yatanzeho amafaranga ye itagomba kugenda ku maherere ariko ngo aho ageze hose bigasa no kwasa urutare ku buryo akeka ko hari ikibyihishe inyuma ndetse ko na Dosiye ye ikomeje kurangaranwa.

Ati “Nsanga kuba dosiye yanjye itarigeze ikurikiranwa nk’uko bikwiye ngo ice mu mategeko na byo hari ikindi kintu kibyihise inyuma cyo gushaka kundimangaya umutungo wanjye naguze.”

Umunyamakuru wa RADITV10 umaze iminsi akurikirana iyi nkuru, yagerageje kuvugisha zimwe mu nzego zirebwa n’iki kibazo zirimo Ubushinjacyaha aho yakibajijeho Umuvugizi wabwo, Faustin Nkusi ariko akamubwira ko agomba kukivuganaho n’Umushinjacyaha uri gukukirikirana iki kibazo.

Danton GASIGWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Mayaka wubatse izina i Nyamirambo yitabye Imana bishengura benshi

Next Post

Kicukiro: Imodoka yari iparitse bagiye kubona babona iragurumanye bitera urujijo

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kicukiro: Imodoka yari iparitse bagiye kubona babona iragurumanye bitera urujijo

Kicukiro: Imodoka yari iparitse bagiye kubona babona iragurumanye bitera urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.