Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngo umunyabubasha yamuhuguje imodoka yaguze miliyoni 10 n’inzego yitabaje bisa nko kwasa urutare

radiotv10by radiotv10
08/01/2022
in MU RWANDA
0
Ngo umunyabubasha yamuhuguje imodoka yaguze miliyoni 10 n’inzego yitabaje bisa nko kwasa urutare
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage witwa Nyirantibiringirwa Claudine wo mu Kagari ka Gikombe mu Karere ka Rubavu, avuga ko yahugujwe imodoka yari yaguze miliyoni 10 Frw none n’inzego agezeho zose zikamurangarana akaba akeka ko uyu wayimuhuguje ari umunyabubasha.

Uyu muturage uvuga ko mu kwezi k’Ukwakira 2021 yaguze imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Rav4 ifite plaque ya RAF330F, avuga ko yahawe ibyangombwa byose byayo n’uwitwa  Mugwaneza Jean Pierre bari bayiguuze

Avuga ko kuva yagura iyi modoka ngo iwe hakomeje kujya hasiragira abantu bafotora iyi modoka na we bimutera impungenge.

Nyuma uwitwa Niyingenga Damien yagaragaye avuga ko imodoka ari iye yagurishijwe n’uwo yari yayikodesheje ari we Damien ariko na we aza kugaragaraza ibyangombwa byerekana ko imodoka ari iye.

Byageze n’aho polisi isanga iyi modoka mu rugo kwa Nyirantibiringirwa bamubwira ko yibwe bityo ko bayishaka bahita banayitwara bajya kuyifungira kuri polisi.

Nyirantibiringirwa Claudine avuga ko yanyuze mu nzira zishoboka zose agaragaza ko imodoka yatanzeho amafaranga ye itagomba kugenda ku maherere ariko ngo aho ageze hose bigasa no kwasa urutare ku buryo akeka ko hari ikibyihishe inyuma ndetse ko na Dosiye ye ikomeje kurangaranwa.

Ati “Nsanga kuba dosiye yanjye itarigeze ikurikiranwa nk’uko bikwiye ngo ice mu mategeko na byo hari ikindi kintu kibyihise inyuma cyo gushaka kundimangaya umutungo wanjye naguze.”

Umunyamakuru wa RADITV10 umaze iminsi akurikirana iyi nkuru, yagerageje kuvugisha zimwe mu nzego zirebwa n’iki kibazo zirimo Ubushinjacyaha aho yakibajijeho Umuvugizi wabwo, Faustin Nkusi ariko akamubwira ko agomba kukivuganaho n’Umushinjacyaha uri gukukirikirana iki kibazo.

Danton GASIGWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − seven =

Previous Post

Mayaka wubatse izina i Nyamirambo yitabye Imana bishengura benshi

Next Post

Kicukiro: Imodoka yari iparitse bagiye kubona babona iragurumanye bitera urujijo

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kicukiro: Imodoka yari iparitse bagiye kubona babona iragurumanye bitera urujijo

Kicukiro: Imodoka yari iparitse bagiye kubona babona iragurumanye bitera urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.