Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngo umunyabubasha yamuhuguje imodoka yaguze miliyoni 10 n’inzego yitabaje bisa nko kwasa urutare

radiotv10by radiotv10
08/01/2022
in MU RWANDA
0
Ngo umunyabubasha yamuhuguje imodoka yaguze miliyoni 10 n’inzego yitabaje bisa nko kwasa urutare
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage witwa Nyirantibiringirwa Claudine wo mu Kagari ka Gikombe mu Karere ka Rubavu, avuga ko yahugujwe imodoka yari yaguze miliyoni 10 Frw none n’inzego agezeho zose zikamurangarana akaba akeka ko uyu wayimuhuguje ari umunyabubasha.

Uyu muturage uvuga ko mu kwezi k’Ukwakira 2021 yaguze imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Rav4 ifite plaque ya RAF330F, avuga ko yahawe ibyangombwa byose byayo n’uwitwa  Mugwaneza Jean Pierre bari bayiguuze

Avuga ko kuva yagura iyi modoka ngo iwe hakomeje kujya hasiragira abantu bafotora iyi modoka na we bimutera impungenge.

Nyuma uwitwa Niyingenga Damien yagaragaye avuga ko imodoka ari iye yagurishijwe n’uwo yari yayikodesheje ari we Damien ariko na we aza kugaragaraza ibyangombwa byerekana ko imodoka ari iye.

Byageze n’aho polisi isanga iyi modoka mu rugo kwa Nyirantibiringirwa bamubwira ko yibwe bityo ko bayishaka bahita banayitwara bajya kuyifungira kuri polisi.

Nyirantibiringirwa Claudine avuga ko yanyuze mu nzira zishoboka zose agaragaza ko imodoka yatanzeho amafaranga ye itagomba kugenda ku maherere ariko ngo aho ageze hose bigasa no kwasa urutare ku buryo akeka ko hari ikibyihishe inyuma ndetse ko na Dosiye ye ikomeje kurangaranwa.

Ati “Nsanga kuba dosiye yanjye itarigeze ikurikiranwa nk’uko bikwiye ngo ice mu mategeko na byo hari ikindi kintu kibyihise inyuma cyo gushaka kundimangaya umutungo wanjye naguze.”

Umunyamakuru wa RADITV10 umaze iminsi akurikirana iyi nkuru, yagerageje kuvugisha zimwe mu nzego zirebwa n’iki kibazo zirimo Ubushinjacyaha aho yakibajijeho Umuvugizi wabwo, Faustin Nkusi ariko akamubwira ko agomba kukivuganaho n’Umushinjacyaha uri gukukirikirana iki kibazo.

Danton GASIGWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − four =

Previous Post

Mayaka wubatse izina i Nyamirambo yitabye Imana bishengura benshi

Next Post

Kicukiro: Imodoka yari iparitse bagiye kubona babona iragurumanye bitera urujijo

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kicukiro: Imodoka yari iparitse bagiye kubona babona iragurumanye bitera urujijo

Kicukiro: Imodoka yari iparitse bagiye kubona babona iragurumanye bitera urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.