Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngoma: Ibyabaye kuri mugenzi wabo byatumye batangira gukemanga ibitangaza bari bizejwe

radiotv10by radiotv10
14/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ngoma: Ibyabaye kuri mugenzi wabo byatumye batangira gukemanga ibitangaza bari bizejwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo Murenge wa Karembo mu Karere ka Ngoma, umaze amezi atanu ategereje gushumbushwa Inka ye yapfuye yari yarashyize mu bwishingizi, yatumye bagenzi be batakariza icyizere ubu bwishingizi, mu gihe batekerezaga kubwirabira, none ngo barabona bushobora kuba budakora.

Minani Sylvere utuye mu Mudugudu wa Kivugangoma I mu Kagari ka NyAmirambo, avuga umwaka ushize babakanguriwe gushyira amatungo mu bwishingizi, afata iya mbere ashyiramo inka ze ebyiri mu bwishingizi bwa Radiant Yacu LTD.

Avuga ko Inka imwe ze zaje kurwara yitabaza abashinzwe kuvura amatungo ku Murenge birangira imwe muri izo ipfuye.

Avuga ko raporo yakozwe n’Ubuyobozi b’Umurenge wa Karembo kugira ngo ayifashishe mu kwaka ibyo agenerwa n’ubushingizi, ariko igeze muri iki kigo cy’ubwishingizi, bamusubiza bamubwira ko raporo yakozwe nabi bityo ikwiye gusubirwamo.

Nyamara nubwo iyi raporo yasubiwemo, hashize amezi atanu n’ubundi ntakirakorwa mu gihe bamubwiraga ko umuntu arihwa nyuma y’iminsi 15 gusa.

Ati “Nasabye kurenganurwa muri Radiant Yacu, bemeza ko twongera kwandika indi raporo, ubwo aba Veterineri barateranye bongera bakora indi raporo ya kabiri iragenda kuva yakoherezwa nta kintu ndasubizwa.”

Kuba bigeze iki gihe cyose uyu muturage atarabona indi nka kuko yari mu bwishingizi, nbyaciye intege abari bafite gahunda yo kujyana amatungo yabo mu bwishingizi ndetse n’abayisanzwemo.

Kayiranga Jean Baptiste ati “Ukuntu twebwe twari twabyumvise babitwigisha twumvaga ari ibintu byiza, kuko baratubwiraga bati ‘ntabwo wamara ibyumweru bibiri wapfushije inka yawe utabonye indi, nimutange amafaranga mushyire inka mu bwishingizi’ None twamaze kuyatanga, abapfushije amatungo ntacyo bigeze babona.”

Yakomeje agira ati “Ubu ahubwo birimo biraduca intege cyane tukibaza tuti aba bantu ibyo badukanguriye ni ukuri.”

Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karembo, Ndayisaba Steven yabwiye RADIOTV10 iki kibazo bakizi kandi kuba raporo yarageze muri Radiant ikagaruka byatewe n’amakosa yakozwe n’uwari Veterineri w’Umurenge yanamuviriyemo gusezera gusa ngo barakomeza gukorera ubuvugizi uyu muturage.

Ubuyobozi bw’uyu Murenge wa Karembo bwemeza ko atari uyuMinani Sylvere gusa utararihwa kuko ngo hari n’abandi babiri batarabona igisubizo.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 14 =

Previous Post

Umupasiterikazi ukomeye mu Rwanda yakuyeho urujijo ku byavugwaga ku rindi Torero

Next Post

Weekend y’ibyishimo by’igisagirane ku rubyiruko no ku byamamare i Kigali (AMAFOTO)

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Weekend y’ibyishimo by’igisagirane ku rubyiruko no ku byamamare i Kigali (AMAFOTO)

Weekend y’ibyishimo by’igisagirane ku rubyiruko no ku byamamare i Kigali (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.