Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngoma: Ibyabaye kuri mugenzi wabo byatumye batangira gukemanga ibitangaza bari bizejwe

radiotv10by radiotv10
14/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ngoma: Ibyabaye kuri mugenzi wabo byatumye batangira gukemanga ibitangaza bari bizejwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo Murenge wa Karembo mu Karere ka Ngoma, umaze amezi atanu ategereje gushumbushwa Inka ye yapfuye yari yarashyize mu bwishingizi, yatumye bagenzi be batakariza icyizere ubu bwishingizi, mu gihe batekerezaga kubwirabira, none ngo barabona bushobora kuba budakora.

Minani Sylvere utuye mu Mudugudu wa Kivugangoma I mu Kagari ka NyAmirambo, avuga umwaka ushize babakanguriwe gushyira amatungo mu bwishingizi, afata iya mbere ashyiramo inka ze ebyiri mu bwishingizi bwa Radiant Yacu LTD.

Avuga ko Inka imwe ze zaje kurwara yitabaza abashinzwe kuvura amatungo ku Murenge birangira imwe muri izo ipfuye.

Avuga ko raporo yakozwe n’Ubuyobozi b’Umurenge wa Karembo kugira ngo ayifashishe mu kwaka ibyo agenerwa n’ubushingizi, ariko igeze muri iki kigo cy’ubwishingizi, bamusubiza bamubwira ko raporo yakozwe nabi bityo ikwiye gusubirwamo.

Nyamara nubwo iyi raporo yasubiwemo, hashize amezi atanu n’ubundi ntakirakorwa mu gihe bamubwiraga ko umuntu arihwa nyuma y’iminsi 15 gusa.

Ati “Nasabye kurenganurwa muri Radiant Yacu, bemeza ko twongera kwandika indi raporo, ubwo aba Veterineri barateranye bongera bakora indi raporo ya kabiri iragenda kuva yakoherezwa nta kintu ndasubizwa.”

Kuba bigeze iki gihe cyose uyu muturage atarabona indi nka kuko yari mu bwishingizi, nbyaciye intege abari bafite gahunda yo kujyana amatungo yabo mu bwishingizi ndetse n’abayisanzwemo.

Kayiranga Jean Baptiste ati “Ukuntu twebwe twari twabyumvise babitwigisha twumvaga ari ibintu byiza, kuko baratubwiraga bati ‘ntabwo wamara ibyumweru bibiri wapfushije inka yawe utabonye indi, nimutange amafaranga mushyire inka mu bwishingizi’ None twamaze kuyatanga, abapfushije amatungo ntacyo bigeze babona.”

Yakomeje agira ati “Ubu ahubwo birimo biraduca intege cyane tukibaza tuti aba bantu ibyo badukanguriye ni ukuri.”

Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karembo, Ndayisaba Steven yabwiye RADIOTV10 iki kibazo bakizi kandi kuba raporo yarageze muri Radiant ikagaruka byatewe n’amakosa yakozwe n’uwari Veterineri w’Umurenge yanamuviriyemo gusezera gusa ngo barakomeza gukorera ubuvugizi uyu muturage.

Ubuyobozi bw’uyu Murenge wa Karembo bwemeza ko atari uyuMinani Sylvere gusa utararihwa kuko ngo hari n’abandi babiri batarabona igisubizo.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 7 =

Previous Post

Umupasiterikazi ukomeye mu Rwanda yakuyeho urujijo ku byavugwaga ku rindi Torero

Next Post

Weekend y’ibyishimo by’igisagirane ku rubyiruko no ku byamamare i Kigali (AMAFOTO)

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Weekend y’ibyishimo by’igisagirane ku rubyiruko no ku byamamare i Kigali (AMAFOTO)

Weekend y’ibyishimo by’igisagirane ku rubyiruko no ku byamamare i Kigali (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.