Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngoma: Ibyabaye kuri mugenzi wabo byatumye batangira gukemanga ibitangaza bari bizejwe

radiotv10by radiotv10
14/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ngoma: Ibyabaye kuri mugenzi wabo byatumye batangira gukemanga ibitangaza bari bizejwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo Murenge wa Karembo mu Karere ka Ngoma, umaze amezi atanu ategereje gushumbushwa Inka ye yapfuye yari yarashyize mu bwishingizi, yatumye bagenzi be batakariza icyizere ubu bwishingizi, mu gihe batekerezaga kubwirabira, none ngo barabona bushobora kuba budakora.

Minani Sylvere utuye mu Mudugudu wa Kivugangoma I mu Kagari ka NyAmirambo, avuga umwaka ushize babakanguriwe gushyira amatungo mu bwishingizi, afata iya mbere ashyiramo inka ze ebyiri mu bwishingizi bwa Radiant Yacu LTD.

Avuga ko Inka imwe ze zaje kurwara yitabaza abashinzwe kuvura amatungo ku Murenge birangira imwe muri izo ipfuye.

Avuga ko raporo yakozwe n’Ubuyobozi b’Umurenge wa Karembo kugira ngo ayifashishe mu kwaka ibyo agenerwa n’ubushingizi, ariko igeze muri iki kigo cy’ubwishingizi, bamusubiza bamubwira ko raporo yakozwe nabi bityo ikwiye gusubirwamo.

Nyamara nubwo iyi raporo yasubiwemo, hashize amezi atanu n’ubundi ntakirakorwa mu gihe bamubwiraga ko umuntu arihwa nyuma y’iminsi 15 gusa.

Ati “Nasabye kurenganurwa muri Radiant Yacu, bemeza ko twongera kwandika indi raporo, ubwo aba Veterineri barateranye bongera bakora indi raporo ya kabiri iragenda kuva yakoherezwa nta kintu ndasubizwa.”

Kuba bigeze iki gihe cyose uyu muturage atarabona indi nka kuko yari mu bwishingizi, nbyaciye intege abari bafite gahunda yo kujyana amatungo yabo mu bwishingizi ndetse n’abayisanzwemo.

Kayiranga Jean Baptiste ati “Ukuntu twebwe twari twabyumvise babitwigisha twumvaga ari ibintu byiza, kuko baratubwiraga bati ‘ntabwo wamara ibyumweru bibiri wapfushije inka yawe utabonye indi, nimutange amafaranga mushyire inka mu bwishingizi’ None twamaze kuyatanga, abapfushije amatungo ntacyo bigeze babona.”

Yakomeje agira ati “Ubu ahubwo birimo biraduca intege cyane tukibaza tuti aba bantu ibyo badukanguriye ni ukuri.”

Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karembo, Ndayisaba Steven yabwiye RADIOTV10 iki kibazo bakizi kandi kuba raporo yarageze muri Radiant ikagaruka byatewe n’amakosa yakozwe n’uwari Veterineri w’Umurenge yanamuviriyemo gusezera gusa ngo barakomeza gukorera ubuvugizi uyu muturage.

Ubuyobozi bw’uyu Murenge wa Karembo bwemeza ko atari uyuMinani Sylvere gusa utararihwa kuko ngo hari n’abandi babiri batarabona igisubizo.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − thirteen =

Previous Post

Umupasiterikazi ukomeye mu Rwanda yakuyeho urujijo ku byavugwaga ku rindi Torero

Next Post

Weekend y’ibyishimo by’igisagirane ku rubyiruko no ku byamamare i Kigali (AMAFOTO)

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Weekend y’ibyishimo by’igisagirane ku rubyiruko no ku byamamare i Kigali (AMAFOTO)

Weekend y’ibyishimo by’igisagirane ku rubyiruko no ku byamamare i Kigali (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.