Umunyamakuru Ndayisaba Leonidas watangiye akazi kuri RADIOTV10, yavuze ko gukorera iki gitangazamakuru, ari amahirwe adasanzwe, kuko iyi radio iri mu zifite ibigwi, ikaba ari na yo yaboneye izuba izindi zose zigenga mu Rwanda.
Leonidas yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 16 Werurwe 2026, ubwo yahabwaga ikaze na bagenzi be kuri microphone za Radio 10 mu kiganiro 10 Sports kizwi nk’Urukiko.
Uyu munyamakuru uri mu barambye mu mwuga w’itangazamakuru mu Rwanda, yatangaje ko yishimiye kwinjira mu muryango mugari w’abakozi bwa RADIOTV10.
Ati “Ni radio na Televiziyo by’ibigwi kuko ni imwe mu zimaze igihe zigenga zikorera mu Rwanda [bagenzi be bamwibukije ko iyi radio ari yo yabayeho bwa mbere mu zigenga mu Rwanda]. Ubwo rero kuba wabona amahirwe yo kuyikoraho, nubwo nyine rimwe na rimwe umuntu avuga akajya hirya akajya hino, ariko ugiriwe ubuntu bakaguha iyo opportunity yo kuza kuri Radio na TV 10 biba ari amahirwe ku buzima bw’umuntu. Ubwo rero navuga ngo icya mbere ni achievement kuba mbogezeho.”
Ndayisaba Leonidas, muri iki kiganiro 10 Sports azajya akorana na bamwe mu banyamakuru n’ubundi bigeze gukorana ku bindi bitangazamakuru, nka Ephrem Kayiranga na we uri mu bafite uburambe n’ubuhanga mu mwuga w’itangazamakuru.
Ati “Na we Hitimana twarakoranye kuri Salus twarabanye, Kanyizo na we turahorama Ida na we nubwo uyu munsi adahari […] navuga ngo mvuye mu bwiza njya mu bundi, kandi ndizera ko byanze bikunze nzagerageza gufatanya na mwe tukagira ibyo tugeraho biteza imbere siporo y’u Rwanda.”
Ndayisaba avuga ko atari ubwa mbere yifuje gukorana n’aba banyamakuru no gukorera iki gitangazamakuru, ariko ko kuba bibaye, ari iby’agaciro kuri we.
Uyu munyamakuru umaze imyaka 18 mu mwuga w’Itangazamakuru, yawutangiriye kuri Salus, akomereza kuri City Radio, yavuyeho akaza kwerecyeza ku Ijwi rya Afurika, yavuyeho agahita ajya kuri Flash TV& FM, na ho yavuye agahita ajya kuri Isiba Radio& TV yakoreraga kugeza ubu, ari na yo avuyeho aza kuri RADIOTV10.
RADIOTV10











