Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ni igitekerezo cya Perezida Kagame- Amavu n’amavuko ya Radio10, imfura mu zigenga mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
28/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ni igitekerezo cya Perezida Kagame- Amavu n’amavuko ya Radio10, imfura mu zigenga mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Tariki 28 Gashyantare 2004, Radio 10 imfura mu maradiyo yigenga mu Rwanda, yatangiye kumvikana ku murongo wa FM. Uyu munsi imyaka 20 irashize iyi Radio ikorera Abanyarwanda inagira uruhare mu mpinduka zikomeje kubaho mu Gihugu. Menya amateka y’iyi Radio…

Kuri uyu wa 28 Gashyantare 2024, imyaka iruzuye mu Rwanda havutse Radio, ari yo Radio 10 ikaba ari na yo ya mbere yigenga yabayeho mu mateka y’itangazamakuru mu Rwanda.

Ni Radio yafunguwe na Eugene Nyagahane wanashinze Tele 10 Group, yo yakoraga ubwo havukaga Radio 10, akaba umuyobozi w’iyi Sosiyete, wagarutse ku mateka n’amavu n’amavuko y’iyi Radio.

Eugene Nyagahene yavuze ko ivuka ry’iyi Radio rifitanye isano n’amateka y’u Rwanda kuko kuva mu 1994 kugeza muri uwo mwaka wa 2004, “nta radio yigenga n’imwe yabagaho.”

Kuva muri uwo mwaka wa 2004 ubwo Radio 10 yashingwaga, yagize uruhare runini mu mpinduka z’imibereho y’Abaturarwanda, binyuze mu biganiro itanga byubaka, birimo n’ibigaragaza ibikwiye guhinduka, ndetse ikaba yaranatanze umusanzu mu gutanga akazi.

Eugene Nyagahene avuga ko igitekerezo cy’ivuka ry’iyi Radio atari icye. Ati “Burya ubwenge burarahurwa. Nagize amahirwe yo kuba ‘in the right place in the right time’ [kuba ahantu ha nyaho kandi mu gihe cya nyacyo].

Twari mu nama yari iyobowe na Perezida wa Repubulika, ni we watanze icyo gitekerezo, abisaba abantu bari bicaye aho, ati ‘ariko nta kuntu twashaka Radio zigenga zigatangira?’ ni bwo arebye aho nari nicaye ati ‘wowe uri mu itangazamakuru’ [icyo gihe Tele 10 yabagaho] ati ‘wadukoreye radio yigenga’, ndamubwira nti ‘nyakubahwa niba mubinyemereye, icyo ni ikintu gito cyane, mu mezi abiri iyo radio izaba ikora.”

Iyo nama yabaye tariki 05 Mutarama 2004, ku buryo nyuma y’ukwezi n’igice, iki gitekerezo cyari cyamaze gushyirwa mu bikorwa. Eugene Nyagahene ati “Nyuma y’iminsi 56, Radio 10 yari yatangiye kuri 28 z’ukwa kabiri.”

Eugene Nyagahene avuga ko guhabwa inshingano na Perezida wa Repubulika, byamuhaye umukoro wo kugira ngo ashyire mu bikorwa isezerano na we yari yamuhaye.

Ati “Ntabwo nasinziriye sinicaye sinarambitse, Isi yose narayirutse kuko ntabwo ari akazi nari menyereye kuko si ndi umufundi, si ndi umunyamakuru, njye ndi umushoramari, ndi umunyabukungu wabyize, ariko iyo Umukuru w’Igihugu aguhaye inshingano nk’izo ntabwo urambika.”

Umuyobozi Mukuru wa Tele 10 Group avuga ko mu gushaka izina ry’iyi Radio, habanje gutangwa ibitekerezo by’amazina menshi, ariko bakaza kwemeza Radio 10, izina rifitanye isano n’ubundi na Sosiyete ya Tele 10 yari iriho icyo gihe.

Avuga ko ubwo iyi Radio yavukaga, mu Rwanda hari hanakenewe uburyo bwo gususurutsa abantu, ku buryo yatangiranye imyidagaduro myinshi, ku buryo igitangira yasusurukije abantu bigaragara ko bari babikeneye.

Ubuyobozi bwa RADIOTV10 kandi bwizeje Abaturarwanda n’abakurikira ibiganiro by’iki gitangazamakuru, ko nk’uko busanzwe bukora ibishoboka kugira ngo ibitambuka muri iki gitangazamakuru bize bifite ireme kandi byuje ubutumwa bw’ingenzi, buzakomeza kurushaho kubikora.

Mu biteganyijwe gukorwa, harimo kwagura imirongo ya Radio 10 kugira ngo irusheho kumvikana neza kandi mu bice byose by’Igihugu, bityo n’aho bavuka ko bagifite imbogamizi zo kuyumva, ubu bigiye gukemuka.

Umuyobozi Mukuru wa Tele 10 Group, Eugene Nyagahene yagarutse ku mavu n’amavuko ya Radio 10

Yabitangaje mu kiganiro ari kumwe n’Umuyobozi wa Tele 10, Augustin Muhirwa

Eugene Nyagahene na Augustin Muhirwa bakase umutsima wo kwishimira imyaka 20 ya Radio 10

Umuyobozi wa Tela 10 Group uyu munsi yitabiriye ikiganiro kimwe gitambuka kuri Radio 10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − thirteen =

Previous Post

Hamenyekanye Ibihugu bizakina iya gicuti n’Amavubi nyuma yo guha ibyishimo Abanyarwanda bari banyotewe

Next Post

Mali: Impanuka ikanganye ya Bisi yaguyemo umubare munini w’abari bayirimo

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mali: Impanuka ikanganye ya Bisi yaguyemo umubare munini w’abari bayirimo

Mali: Impanuka ikanganye ya Bisi yaguyemo umubare munini w’abari bayirimo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.