Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni ikizamini nk’ibindi musanzwe mukora- Minisitiri Uwamariya yamaze ubwoba abatangiye ibya Leta

radiotv10by radiotv10
18/07/2022
in MU RWANDA
0
Ni ikizamini nk’ibindi musanzwe mukora- Minisitiri Uwamariya yamaze ubwoba abatangiye ibya Leta
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Uburezi, Dr Valentine Uwamariya watangije ikorwa ry’ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, yamaze ubwoba abanyeshuri bagiye gukora ibi bizamini, abasaba kumva ko ari ibizamini nk’ibindi basanzwe bakora.

Dr Valentine Uwamariya watangirije ibi bizamini mu ishuri rya Groupe Scolaire Nyagasambu riherereye mu Murenge wa Fumbwe mu Karere ka Rwamagana.

Muri iri shuri hakoreye abanyeshuri 633 bo mu bigo by’amashuri bine birimo iri rya GS Nyagasambu, GS Runyinya, Nyagasambu Vision na Rwamashyongoshyo Parents School.

Atangiza ibi bizamini, Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya yasabye aba banyeshuri kumva ko ikizamini bagiye gukora, ari ink’ibindi bisanzwe gusa bakazirikana ko ari cyo kizabakura mu cyiciro kimwe kibajyana mu kindi.

Yagize ati “Mumaze imyaka itandatu mwitegura iki kizamini kigiye kubakura mu cyiciro kimwe kikabatwara mu kindi. Muri macye muri kwitegura kujya mu cyiciro cy’abantu bakuru.”

Yakomeje agira ati “Mugomba kubifata nk’ikintu cyiza mbere na mbere ariko nanone ntimubifate nk’ibintu bidasanzwe kuko ibizamini musanzwe mubikora, iki aho bitandukaniye ni uko ari cyo kibaha uburenganzira cyo kwimuka muva mu cyiciro kimwe mujya mu kindi.”

Minisitiri Uwamariya yasabye aba banyeshuri gutanga amakuru y’abanyeshuri baba bataje gutangirana na bo ibizamini, kugira ngo batabura ayo mahirwe.

Ibizamini bya Leta bisoza ibyiciro bitandukanye, byatangiye kuri uyu wa Mere tariki 18 Nyakanga aho byatangiriye ku basoje amashuri abanza mu gihe abasoza ayisumbuye n’abasoza icyiciro rusange cy’ayisumbuye bazatangira mu cyumweru gitaha.

Abanyeshuri bose bazakora ibizamini ni 429 151 barimo 229 859 bo mu cyiciro cy’abasoza amashuri abanza batangiye uyu munsi, barimo abahungu 103 517 n’abakobwa 126 342.

Gaspard Twagirayezu Umunyamabanga wa Leta muri MINEDUC we yari i Bugesera muri GS Ntarama

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Abasirikare ba EAC batarimo ab’u Rwanda bagiye muri DRC kwiga ikibuga n’uko bazatsinsura M23

Next Post

Umunyamakuru w’Imyidagaduro mu Rwanda aravugwaho gufungishwa na mugenzi we bakoranaga ufite izina rikomeye

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru w’Imyidagaduro mu Rwanda aravugwaho gufungishwa na mugenzi we bakoranaga ufite izina rikomeye

Umunyamakuru w’Imyidagaduro mu Rwanda aravugwaho gufungishwa na mugenzi we bakoranaga ufite izina rikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.