Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni nka film: Umugabo we umaze imyaka 11 yarabuze bahuriye kuri RIB, ari gusohorwa mu nzu,…

radiotv10by radiotv10
20/08/2022
in MU RWANDA
3
Ni nka film: Umugabo we umaze imyaka 11 yarabuze bahuriye kuri RIB, ari gusohorwa mu nzu,…
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro, uri kotswa igitutu ngo asohoke mu nzu ndetse bakaba baratangiye kuyimusenyeraho, avuga ko asanganywe ikibazo cyo kuba umugabo we yaraburiwe irengero ariko ko baherutse guhurira kuri RIB ariko agahita yongera akamubura.

Uwimana Catherine ubara inkuru ye ayihereye hasi, yabwiye RADIOTV10 ko umugabo we Bahizi Francis yaburiwe irengero kuva muri 2011, kandi ko bari bazi ko yapfuye ndetse bakiyambaza inzego z’iperereza.

Avuga ko iki kirego cy’umugabo we waburiwe irengero cyakurikiranwaga n’Umuganzacyaha witwa Mbabazi Modeste ndetse ko ubwo yahuraga n’iki kibazo ari gukurikirana cyo gusohorwa mu nzu, yongeye gusubira kuri uyu Mugenzacyaha.

Ati “Tariki 25 z’ukwa karindwi Naragiye rero njyanye n’umuhungu wanjye wa gatatu witwa Yvan tugeze kuri RIB ku cyicaro gikuru cyayo, Mbabazi Modeste arambwira ati ‘noneho uyu munsi turakorera kuri RIB Kicukiro’ adushyira mu modoka turaza, tugeze aha kuri iyi RIB yahamagaye uwitwa numvise witwa Murangira Thierry ibintu nkibyo, tumaze akanya tubona Bahizi Frank baramuzanye, nyuma ya ya myaka yose.”

Umunyamakuru yahise amubaza aho RIB yari ikuye uwo mugabo we umaze imyaka yose batazi aho aherereye, asubiza agira ati “Mbaza nkubaze.”

Akomeza avuga ko umugabo we yaje mu modoka ya RIB ariko ko batamaranye umwanya kuko bahise bongera bakamujyana.

Ati “Bamuzanye mu modoka, RIB ntituzi aho yamukuye, ni nkuko waba uri mu cyumba ukabona umuntu baramuzanye…”

Avuga ko na we ubwe yakubiswe n’inkuba, ati “Amakuru twari dufite ni uko yapfuye.”

Uwimana Catherine avuga ko kimwe mu byatumye asubira mu nzego za RIB kubaza iby’umugabo we kuko yari amaranye iminsi ikibazo cyo kuba ari gusohorwa mu nzu yiguriye ndetse ko bamubwiye ko yamaze gutezwa cyamura ariko ko we nta rubanza yigeze agira ngo akeke ko ari rwo rwaba rubyihishe inyuma.

Inzu ye yatejwe cyamunara bahita banayikuraho inzugi

Ari gusohorwa mu nzu ndetse batangiye kuyimusenyeraho

Avuga ko tariki 18 Nyakanga 2022 iwe haje umuhesha w’inkiko ari kumwe n’abapolisi babiri bakamusaba gusohoka mu nzu abanamo n’abana be batanu bamubwira ko yatejwe cyamunara.

Ati “Baraza barambwira ngo nidusohoke mu nzu, nta n’ikindi bambwiye uretse kumbwira bati ‘sohoka mu nzu’ nti ‘ese byagenze gute?’ bati ‘twe ntubitubaze tuje kubasohora mu nzu n’abana bawe bose musohoke’.”

Uyu mubyeyi avuga ko yabwiye aba bari baje kumusohora ko atabikora kuko nta rubanza na rumwe yigeze agira ndetse ko n’iyo nzu ubwayo nta rubanza yigeze igira.

Bahise bamwambika amapingu ndetse bahita bakuraho urugi rwayo n’ibindi bikoresho byose byari mu nzu barabitwara, ubu ngo ntazi irengero ryabyo.

Nyuma yuko atangiye gusabwa gusohoka mu nzu ye, ni bwo yasubiye kuri RIB kubura dosiye y’ikirego cy’umugabo we wabuze ari na bwo yongeraga kumuca iryera.

Avuga ko muri uku kumusohora ku gahato, banamukuriyeho urugi ku buryo ubu we n’abana be baba mu nzu irangaye.

Perezida w’Urugaga rw’Abahesha b’Inkiko mu Rwanda, Me Munyaneza Valerie avuga ko ikibazo cy’uyu mubyeyi batakizi, ndetse ko n’iyi cyamunara itazwi.

Ati “Wenda amakosa yakorwa mu kubishyira mu bikorwa ariko nta Muhesha w’Inkiko wajya gusohora umuntu mu nzu nta gipapuro afite kibimwemerera ntabwo bibaho. Gusenya byo ntabwo mbyemera rwose, byo yanabihanirwa.”

 

Cyamunara yaturutse ku mwenda wafashwe n’umugabo we

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kicukiro, Mukandahiro Hidaya yavuze ko cyamunara y’iyi nzu ya Uwimana Catherine, yabayeho kugira ngo hishyurwe umwenda wafashwe n’umugabo we yafashe muri Banki.

Ati “Yananiwe kuwishyura kandi iyo nzu ari yo yatanzeho ingwate hanyuma uwayiguze asaba ko urubanza rwe rurangizwa ku bwumvikane ntibyakunda, urubanza ruza kurangizwa.”

Uyu muyobozi avuga ko ubwo iyi nzu yatezwaga cyamunara, Banki yiyishyuye hakagira andi amafaranga asaguka ahabwa Uwimana Catherine ariko arayanga ahita asubizwa mu isanduku ya Leta.

Uwimana Catherine we avuga ko ntakibazo na gito azi kuri iyi nzu ndetse ko yifuza ko inzugi zakuweho n’ibikoresho byose byajyanywe abisubizwa.

RADIOTV10

Comments 3

  1. Masengesho Marcel says:
    3 years ago

    Nagahinda pe eseurubanza ruburanwa nuruhande rumwe rubaho da?ese kuki uyumudamu catherine atatumiwe murubanza ngo amenye ingingo imutsinda ngo arebuko yakwishyura iyonguzanyo niba iharikoko.RIB se nukucyi yashimuse uyu mugabo ntimuburanishe kweri ibibintu ni akarengane gusa

    Reply
  2. Suanica says:
    3 years ago

    Ark se tuzakomeza kubaho dukandagirwa nabaturi hejuru kugeza ryari koko, ubu uwo mwenda wa banki warikwishyurwa bate Kandi umugabo afunzwe ibi bintu bikurikiranwe rwose kuko harimo amanyanga menshi, abo nabajura bashaka kugarura akazimye ariko ruswa. Leta umubyeti wacu akora ibinyuze mumucyo.

    Reply
  3. Mbegidi says:
    3 years ago

    Ariko ibyo. Urumva bibaho ahubwo uwo mugabo afite ibindi ashinjwa badashaka kuvuga ubwose niba bari gusenya inzu baguze bayiguriye iki uyu mubyeyi yitabaze president byose bimenyekane

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

The Ben na Pamella bitegura guhuza imitima babanje guhurira muri business

Next Post

DRC: Havutse imirwano mishya y’imitwe ibiri ishingiye ku bwoko

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Havutse imirwano mishya y’imitwe ibiri ishingiye ku bwoko

DRC: Havutse imirwano mishya y’imitwe ibiri ishingiye ku bwoko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.