Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni urusaku nk’abasinzi basindiye mu isoko- Evode avuga ku bamagana amasezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza

radiotv10by radiotv10
26/04/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ni urusaku nk’abasinzi basindiye mu isoko- Evode avuga ku bamagana amasezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Senateri Evode Uwizeyimana avuga ko abakomeje kwamagana amasezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza ajyanye no kubungabunga ubuzima bw’abimukira, bidashobora gukoma mu nkokora uyu mugambi kuko wumvikanyweho n’Ibihugu ubwabyo kandi bibifitiye uburenganzira.

Senateri Evode Uwizeyimana yabivugiye mu kiganiro cyatambutse ku Televiziyo Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Mata 2022 kibanze kuri aya masezerano akomeje guteza impaka aho bamwe bayamagana.

Ku Cyumweru cya Pasika, Umushumba Mukuru w’Itorero ry’Abangilikani ku Isi akaba na Musenyeri mukuru wa Canterbury, Justin Welby, yagaragaje ko u Bwongereza butari bukwiye kwikoreza umutwaro u Rwanda ku nshingano zagombaga gukorwa n’iki Gihugu cy’i Burayi.

Uyu Musenyeri yatangaje ibi yiyongereye ku bandi benshi barimo Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza, Abanyamategeko banyuranye, Abanyapolitiki ndetse n’imiryango igera mu 160 irimo Irengera ikiremwamuntu n’iharanira uburenganzira bwa muntu irimo nka Human Righs Watch, na bo bamaganye iyi gahunda y’u Rwanda n’u Bwongereza.

Theresa May wasimbuwe na Boris Johnson ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza na we ari mu bamaganye iyi gahunda ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) ubwaryo na ryo ryamaganye iki gikorwa.

Mu Rwanda kandi Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije (DGPR/Democratic Green Party of Rwanda) na ryo ryamaganye iyi gahunda rivuga ko u Rwanda na rwo rufite abaturage rugomba kwitaho aho kuruzaniraho abandi bagombaga gukurikiranwa n’ikindi Gihugu cyabakiriye.

Senateri Evode Uwizeyimana abajijwe n’Umunyamakuru niba ibi bitangazwa n’abakomeje kwamagana iyi gahunda bidashobora kuburizamo iyi gahunda, yavuze ko ibi atari byo byatuma iyi gahunda ipfuba.

Yagize ati “Ah Ah [ahakana] biriya ni urusaku nk’abasinzi basindiye mu isoko ntacyo byahindura.”

Hon Uwizeyimana avuga ko ikibazo ahubwo cyabaho ari uko ariya masezerano ashobora kuzagera mu Nteko Ishinga Amategeko, ntibayatore.

Avuga ko kubera ko aya masezerano agomba kuzaherekezwa n’imari izatangwa n’u Bwongereza, bityo ko akenera kuzabanza kunyura mu Nteko Ishinga Amategeko kugira ngo atorwe kandi ko biriya Bihugu bihora biba bidashaka ko hari igihungabanya ubukungu bwabyo.

Icyakora avuga ko Boris Johnson atapfa gutangiza uyu mushinga atizeye ko uzatambuka mu gihe uzaba ugejejwe mu Nteko Ishinga Amategeko dore ko ishyaka rye rifitemo imyanya myinshi bityo ko byoroshye kuzabumvisha uyu mushinga.

 

Ntabwo u Bwongereza bwikuyeho inshingano

Senateri Evode Uwizeyimana usanzwe ari n’impuguke mu Mategeko Mpuzamahanga, avuga ko u Bwongereza butikuyeho inshingano nkuko bikomeje gutangazwa n’abamagana aya masezerano ahubwo ko buzimuriye mu Rwanda kuko buzakomeza gutunga no kwita ku Bimukira bazoherezwa mu Rwanda.

Ati “Ntabwo wavuga ngo u Bwongereza bwikuyeho ikibazo, icyo bakoze ni ‘delocalisation’, bazakomeza gukurikirana aba banatu.”

Evode Uwizeyimana avuga ko imiryango mpuzamahanga ikomeje kwamagana iyi gahunda ibiterwa no kuba igiye kubura akazi.

Ati “Nk’Abavoka bo muri UK, babatwaye akazi, ayo mafaranga yose uvuga [ayo u Bwongereza buzifashisha mu kwita ku bazoherezwa mu Rwanda]…akazi kagiye, na HCR ayo mafaranga ni yo yabonaga.”

Uyu Mushingamategeko avuga ko ikibabaje ari uko hari abamagana bariya bimukira nyamara bashobora kuzaza bagatanga umusanzu wabo mu kuzamura u Rwanda, akavuga ko igihe cyose abimukira bataba ikibazo.

Ati “Aba bantu bashobora kuza bakaza harimo inzobere mukeneye,…n’uyu Muminisitiri wasinye aya masezerano [Priti Patel] na we akomoka mu Buhindi, na we ni umwimukira uyu Ambasaderi wa UK uri hano, ni Umwarabu.”

Ati “Bamwe baravuga ngo ‘Igihugu ni gito’ ngo ‘ Abantu bo mu Rwanda na bo ntibafite akazi’ ubu turi mu Isi yubaka umuturage w’Isi [Global citizen] umuntu ufite ubumenyi azajya guhaha n’ahandi.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko aya masezerano yasinywe ku bwumvikane bw’Ibihugu bibiri bifite ubwigenge bwabyo kandi biyasinya ku bwumvikane bityo ko ntawari ukwiye kuyamagana kuko agamije gushakira umuti ikibazo cyugarije Isi.

Avuga ko mu bantu bazoherezwa mu Rwanda, bamwe bazavuga ko bifuza kuhaba nk’impunzi bagahabwa ibyemerewe impunzi, abandi bakavuga ko ari abimukira ubundi bagatuzwa mu bandi baturarwanda cyangwa se bamwe bakavuga ko bashaka gusubira mu Bihugu baturutsemo bagafashwa gusubirayo.

Mukuralinda kandi yavuze ko hari n’igihe Ibihugu bimwe bizavuga ko bishaka kugira abo byakira cyangwa u Bwongereza bukifuza kubasubirana, akamara abafite impungenge ko ibyakozwe byose Guverinoma y’u Rwanda yabitekerejeho.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Umusirikare wari ukurikiranyweho kwicisha umugore we ifuni yakatiwe burundu

Next Post

Perezida Kagame yahishuye uko Muhoozi yunze u Rwanda na Uganda abanje gushakisha nimero ye

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yahishuye uko Muhoozi yunze u Rwanda na Uganda abanje gushakisha nimero ye

Perezida Kagame yahishuye uko Muhoozi yunze u Rwanda na Uganda abanje gushakisha nimero ye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.