Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Niger: Biraye mu mihanda n’umujinya mwinsha basaba ko ingabo za America zihambirizwa byihuse

radiotv10by radiotv10
22/04/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Niger: Biraye mu mihanda n’umujinya mwinsha basaba ko ingabo za America zihambirizwa byihuse
Share on FacebookShare on Twitter

Mu majyaruguru ya Niger, abaturage biraye mu mihanda, basaba ko ingabo za Leta Zunze Ubumwe za America ziri muri iki Gihugu zitaha byihuse, ndetse banihenura kuri iki Gihugu bakimenyesha ko nibagira ikibazo, u Burusiya buzabatabara.

Iyi myagaragambyo yabaye kuri iki Cyumweru, yitabiriwe n’abashyigikiye igisirikare cyafashe ubutegetsi umwaka ushize.

Uku kwigaragambya kuje nyuma y’iminsi ibiri Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America itangaje ko yemeye gukura ingabo za yo mu Bihugu bya Sahel, nyuma y’uko Guverinoma iyobowe n’igisirikare i Niamey ifashe icyemezo cyo gusesa amasezerano yemerera ingabo z’Abanyamerika gukorera muri iki Gihugu.

America kandi yemeye gufunga ibirindiro byayo muri iki Gihigu yakoreragamo ibikorwa byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro ibarizwa muri Niger.

Abigaragambya bagaragaye bitwaje amabendera y’u Burusiya, bavuga ko ntakibazo cy’umutekano bazagira, kuko umubano wabo n’u Burusiya ukomeje gukomera, ndetse ko mu byumweru bishize abasirikare b’u Burusiya bageze muri iki Gihugu bazanye n’ibikoresho bya gisirikare bigezezwo bizabafasha guhangana n’imitwe yitwaje intwaro irimo na Islamic State, ifite ibirindiro bishya mu gace ka Sahel kabarizwamo Ibihugu birimo na Niger.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 16 =

Previous Post

Umunyamideri uzwi mu Rwanda n’umugabo we w’Umunya-Israel bahishuye uko urukundo rwabo rwatangiye

Next Post

BREAKING: Hatangajwe igihe indege ya mbere y’abimukira bavuye mu Bwongereza izazira mu Rwanda

Related Posts

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Hatangajwe igihe indege ya mbere y’abimukira bavuye mu Bwongereza izazira mu Rwanda

BREAKING: Hatangajwe igihe indege ya mbere y’abimukira bavuye mu Bwongereza izazira mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.