Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nigeria: Icyo Perezida yatangaje bwa mbere ku myigaragambyo yadutse kiratanga icyizere

radiotv10by radiotv10
05/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Nigeria: Icyo Perezida yatangaje bwa mbere ku myigaragambyo yadutse kiratanga icyizere
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Nigeria, Bola Tinubu, yasabye abaturage guhagarika imyigaragambyo yamagana ikiguzi cy’ubuzima gikomeje guhenda, bakayoboka inzira y’ibiganiro, kuko ibyo bigaragambya bamagana bifite ishingiro.

Bola Tinubu yatangaje ibi kuri iki Cyumweru tariki 04 Kanama 2024, ari nabwo bwa mbere yari agize icyo avuga kuri iyi myigarambyo yatangiye mu cyumweru gishize.

Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Amnesty International watangaje ko byibuze abantu 13 baguye mu bushyamirane bwahuje inzego z’umutekano n’abaturage ku munsi wa mbere w’imyigaragambyo ku wa Kane w’icyumweru gishize, icyakora Polisi yahakanye gukoresha ingufu z’umurengera mu guhosha iyi myigarambyo.

Mu butumwa yanyujije kuri Televisiyo y’Igihugu, Perezida w’iki Gihugu, Tinubu yasabye abaturage guhagarika imyigaragambyo avuga ko yiteguye kuganira na bo.

Yagize ati “Banya-Nigeria mwese, cyane cyane urubyiruko rwacu, narabumvise neza cyane, numvise akababaro kanyu n’uburakari mufite bwatumye mwigaragambya, kandi ndabizeza ko Guverinoma yacu yiteguye kubumva no gukemura ibibazo by’abaturage bacu.”

Abanya-Nigeria bakanguriwe cyane kwigaragambya bunyuze kuri interineti bamagana ibibazo by’ubukungu n’imiyoborere mibi, ndetse basaba ko ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli n’amashanyarazi byagabanuka kuko byatumbagiye.

Tinubu uri kubutegetsi bwa Nigeria kuva muri Gicurasi 2023, yari yarijeje Abanyagihugu ko azakora amavugurura agamije kuzahura bukungu bw’iki Gihugu arimo no kugabanya ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli no kongerera agaciro amafaranga akoreshwa muri iki Gihugu (Naira), icyakora abaturage bamushinga kuba bidashyirwa mu bikorwa mu gihe amaze ayobora iki Gihugu.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Umuhanzikazi wagaragaye mu ndirimbo iri mu zigezweho ku Isi ategerejwe mu Rwanda

Next Post

Byahinduye isura muri Bangladesh hamaze iminsi imyigaragambyo

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?
MU RWANDA

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Byahinduye isura muri Bangladesh hamaze iminsi imyigaragambyo

Byahinduye isura muri Bangladesh hamaze iminsi imyigaragambyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.