Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nigeria: Icyo Perezida yatangaje bwa mbere ku myigaragambyo yadutse kiratanga icyizere

radiotv10by radiotv10
05/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Nigeria: Icyo Perezida yatangaje bwa mbere ku myigaragambyo yadutse kiratanga icyizere
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Nigeria, Bola Tinubu, yasabye abaturage guhagarika imyigaragambyo yamagana ikiguzi cy’ubuzima gikomeje guhenda, bakayoboka inzira y’ibiganiro, kuko ibyo bigaragambya bamagana bifite ishingiro.

Bola Tinubu yatangaje ibi kuri iki Cyumweru tariki 04 Kanama 2024, ari nabwo bwa mbere yari agize icyo avuga kuri iyi myigarambyo yatangiye mu cyumweru gishize.

Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Amnesty International watangaje ko byibuze abantu 13 baguye mu bushyamirane bwahuje inzego z’umutekano n’abaturage ku munsi wa mbere w’imyigaragambyo ku wa Kane w’icyumweru gishize, icyakora Polisi yahakanye gukoresha ingufu z’umurengera mu guhosha iyi myigarambyo.

Mu butumwa yanyujije kuri Televisiyo y’Igihugu, Perezida w’iki Gihugu, Tinubu yasabye abaturage guhagarika imyigaragambyo avuga ko yiteguye kuganira na bo.

Yagize ati “Banya-Nigeria mwese, cyane cyane urubyiruko rwacu, narabumvise neza cyane, numvise akababaro kanyu n’uburakari mufite bwatumye mwigaragambya, kandi ndabizeza ko Guverinoma yacu yiteguye kubumva no gukemura ibibazo by’abaturage bacu.”

Abanya-Nigeria bakanguriwe cyane kwigaragambya bunyuze kuri interineti bamagana ibibazo by’ubukungu n’imiyoborere mibi, ndetse basaba ko ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli n’amashanyarazi byagabanuka kuko byatumbagiye.

Tinubu uri kubutegetsi bwa Nigeria kuva muri Gicurasi 2023, yari yarijeje Abanyagihugu ko azakora amavugurura agamije kuzahura bukungu bw’iki Gihugu arimo no kugabanya ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli no kongerera agaciro amafaranga akoreshwa muri iki Gihugu (Naira), icyakora abaturage bamushinga kuba bidashyirwa mu bikorwa mu gihe amaze ayobora iki Gihugu.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 14 =

Previous Post

Umuhanzikazi wagaragaye mu ndirimbo iri mu zigezweho ku Isi ategerejwe mu Rwanda

Next Post

Byahinduye isura muri Bangladesh hamaze iminsi imyigaragambyo

Related Posts

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Byahinduye isura muri Bangladesh hamaze iminsi imyigaragambyo

Byahinduye isura muri Bangladesh hamaze iminsi imyigaragambyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.