Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Niki gikomeje gutuma havugwa ko Papa Francis yaba agiye kwegura?

radiotv10by radiotv10
20/06/2022
in MU RWANDA
0
Niki gikomeje gutuma havugwa ko Papa Francis yaba agiye kwegura?
Share on FacebookShare on Twitter

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis akomeje kuvugwaho ko ashobora kwegura kubera ibikorwa bidasanzwe ari gutangaza ko agiye gukora bigatuma abantu bakeka ko biri guca amarenga iyegura rye.

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis wagombaga kugirira uruzinduko muri Afurika mu ntangiro z’ukwezi gutaha kwa Nyakanga, aherutse kurusubika.

Mu Bihugu yagombaga kugenderera, harimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndete na Sudani y’Epfo byose byo muri aka karere u Rwanda ruherereyemo.

Umuvugizi wa Vatican, Matteo Bruni yatangaje ko isubikwa ry’uru rugendo rwa Papa, rishingiye ku kibazo cy’uburwayi bwo mu ivi amaranye imisi kuko yategetswe n’abaganga be guhagarika ibikorwa afite muri iki gihe.

Nyuma yo gusubika uru rugendo ndetse agatangaza inama idasanzwe y’Abakaridinali, ibi byatije umurindi ibivugwa ko Papa yaba agiye kwegura.

Papa kandi yatangaje ko azashyiraho abakaridinali bashya mu kwezi kw’ikiruhuko cya Vatican mu rwego rwo gutuma urwego asizeho rusigarana imbaraga.

Muri aba bakaridinali 21 azashyiraho harimo 16 bagomba kuzaba bari munsi y’imyaka 80 y’amavuko bazagira uruhare mu itorwa ry’uzamusimbura.

Iyi nama idasanzwe izaba tariki 27 Kanama 2022, bucye tariki 28 Kanama asura ahashyinguye Papa Celestine V wabaye Papa wa mbere weguye mu kinyejana cya 13.

Papa Francis yari yagiye ku Bushumba Bukuru bwa Kiliziya Gaturika muri 2013 ubwo yasimburaga Benedict XVI na we wari weguye tariki 28 February 2013.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − five =

Previous Post

Iwabo w’imyidagaduro mu Gisimenti na Biryogo hagiye kumara icyumweru ari kwa Mukundabirori

Next Post

IFOTO: Umumotari yarangaje benshi, yerekana ko CHOGM yayiteguye

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umumotari yarangaje benshi, yerekana ko CHOGM yayiteguye

IFOTO: Umumotari yarangaje benshi, yerekana ko CHOGM yayiteguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.