Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Niki gikomeje gutuma havugwa ko Papa Francis yaba agiye kwegura?

radiotv10by radiotv10
20/06/2022
in MU RWANDA
0
Niki gikomeje gutuma havugwa ko Papa Francis yaba agiye kwegura?
Share on FacebookShare on Twitter

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis akomeje kuvugwaho ko ashobora kwegura kubera ibikorwa bidasanzwe ari gutangaza ko agiye gukora bigatuma abantu bakeka ko biri guca amarenga iyegura rye.

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis wagombaga kugirira uruzinduko muri Afurika mu ntangiro z’ukwezi gutaha kwa Nyakanga, aherutse kurusubika.

Mu Bihugu yagombaga kugenderera, harimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndete na Sudani y’Epfo byose byo muri aka karere u Rwanda ruherereyemo.

Umuvugizi wa Vatican, Matteo Bruni yatangaje ko isubikwa ry’uru rugendo rwa Papa, rishingiye ku kibazo cy’uburwayi bwo mu ivi amaranye imisi kuko yategetswe n’abaganga be guhagarika ibikorwa afite muri iki gihe.

Nyuma yo gusubika uru rugendo ndetse agatangaza inama idasanzwe y’Abakaridinali, ibi byatije umurindi ibivugwa ko Papa yaba agiye kwegura.

Papa kandi yatangaje ko azashyiraho abakaridinali bashya mu kwezi kw’ikiruhuko cya Vatican mu rwego rwo gutuma urwego asizeho rusigarana imbaraga.

Muri aba bakaridinali 21 azashyiraho harimo 16 bagomba kuzaba bari munsi y’imyaka 80 y’amavuko bazagira uruhare mu itorwa ry’uzamusimbura.

Iyi nama idasanzwe izaba tariki 27 Kanama 2022, bucye tariki 28 Kanama asura ahashyinguye Papa Celestine V wabaye Papa wa mbere weguye mu kinyejana cya 13.

Papa Francis yari yagiye ku Bushumba Bukuru bwa Kiliziya Gaturika muri 2013 ubwo yasimburaga Benedict XVI na we wari weguye tariki 28 February 2013.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 15 =

Previous Post

Iwabo w’imyidagaduro mu Gisimenti na Biryogo hagiye kumara icyumweru ari kwa Mukundabirori

Next Post

IFOTO: Umumotari yarangaje benshi, yerekana ko CHOGM yayiteguye

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umumotari yarangaje benshi, yerekana ko CHOGM yayiteguye

IFOTO: Umumotari yarangaje benshi, yerekana ko CHOGM yayiteguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.