Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Novak Djokovic yatwaye Roland-Garros 2021 atsinze Stefanos Tsitsipas mu mukino wamaze amasaha arenga ane

radiotv10by radiotv10
14/06/2021
in SIPORO
0
Novak Djokovic yatwaye Roland-Garros 2021 atsinze Stefanos Tsitsipas mu mukino wamaze amasaha arenga ane
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Serbia Novak Djokovic yatwaye Roland Garros (French Open 2021) atsinze Umugereki Stefanos Tsitsipas amaseti 3-2 ku mukino wa nyuma wakinwe amasaha arenga ane ugasozwan ku mugoroba w’iki Cyumweru tariki 13 Kamena 2021.

Ni umukino watangiye abantu babone ko Tsitsipas ari hejuru ya Djokovic gusa abahanga muri Tennis bakizera ko bishobora guhinduka bishingiye ku bunararibonye bwa Novak. Seti ebyiri za mbere zabaye iza Tsitsipas mbere y’uko Novak amwigaranzura mu maseti yakurikiye birangira amutsinze amaseti 3-2 (6-7 (6-8) 2-6 6-3 6-2 6-4).

Gutwara French Open 2021 kuri Novak Djokovic w’imyaka 34 byatumye yuzuza Grand Slam ya 19 mu mateka ye nk’umukinnyi ukina ku giti cye. Novak nimero ya mbere ku isi yaghuraga na Stefanos Tsitsipas nimero ya gatanu ku rwego rw’isi.

Ni umukino wari ugoranye kuko byageze aho Tsitsipas agwa anababara umugongo ariko arakomeza arakina kugeza asoje umukino.

Nyuma yo gutwara iyi Roland Garros, Novak Djokovic yavuze ko yishimiye intera agezeho atwara Grand Slam ndetse akaba ari mu nzira nziza nk’iya Jim Courier na Bjorn Borg bigeze kuzitwara.

“Zari inzozi zanjye zo kugira ngo zagere aho ndi ubu hari abatwaye aya marushanwa akomeye nka Jim Courier na Bjorn Borg kandi ni iby’agaciro kuba ndi kuri uru ruhimbi rumwe n’aba bagabo banditse amateka muri uyu mukino wacu dukunda” Novak

Novak kandi yahise avuga kuri Tsitsipas amushimira ko ari umukinnyi mwiza utanga ikizere kandi ko Abagereki bagomba kumuha hafi kuko ngo amubonamo kuzatwara Grand Slam nyinshi mu myaka iri imbere.

“Ndashaka kuvugta gato kuri Stefanos. Ndashaka no kubihuza n’ibimaze kuba kuko nzi uko biba bigoye kwakira gutsindirwa ku mukino wa nyuma. Iyi ni imwe mu mikino ituma umuntu yiga kandi yaba we n’ikipe bfatanya bigiyemo byinshi bizabafasha kugira ngo ubutaha azaze ari hejuru cyane kurushaho. Ndabyizeye ko azatwara Grand Slam nyinshi mu myaka iri imbere bityo rero we n’ikipe ye bubahwe” Novak

Nyuma yo kugira icyo avuga kuri Tsitsipas, Novak yashimye abanya-Serbia n’abandi bose bamubaye hafi muri uru rugendo rwo gutwara French-Open 2021.

“Ndashaka guha ubutumwa abaturage ba Serbia bambaye hafi muri iri rushanwa n’undi wese waje ku kibuga kundeba nkina. Ni ibihe bidasanzwe by’ibyishimo mu buzima bwanjye n’umwuga wanjye wo gukina. Aya masaha 48 nzahora nyibuka mu mateka y’ubuzima bwanjye” Novak Djokovic

Kuri Stefanos Tsitsipas w’imyaka 22 avuga ko yemera ko Novak akwiye gutsinda kuko ngo akurikijue imyaka amaze muri Tennis atababazwa no gutsindwa na Djokovic ahubwo ko yamwigiyeho byinshi.

“Nigiye byinshi kuri Novak. Nagerageje uko nshoboboye mu mukino. Nagize urugendo rwiza mu mukino kandi kun bwanjye nabyishimiye. Gusa reka igihembo kibe icya Novak kuko yagiye atwereka ko abikwiye mu myaka myinshi ishize ko ari umutsinzi.

Nagiye kuri byinshi yagezeho muri Tennis kandi ndizerab ko nibura nzakomeza gukora kugira ngo ngere kuri kimwe cya kabiri cy’ibyo yagezeho” Tsitsipas

Stefanos Tsitsipas nawe ntabwo yibagiwe abafana batandukanye by’umwihariko Abagereki bene wabo bamubaye hafi bakamushyigikira muri iri rushanwa.

“Reka nshimire abafana b’Abagereki bari hano ku kibuga n’ahandi barebereye irushanwa bandi inyuma, ikipe yanjye ngari yari indi inyuma kugira ngo bamfashe kugera ku nzozi zanjye. Ni urugendo ruba rutoroshye rusaba akazi gakomeye ka buri munsi.” Tsitsipas

INKURU YA: MIHIGO Sadam/RADIO & TV10

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + sixteen =

Previous Post

HUYE: Muri RP-IPRC Huye hatashywe ikibuga cya Basketball cyatanzweho arenga miliyoni 50

Next Post

RUBAVU BEACH-VT: Ikipe ya Ntagengwa & Niyonkuru n’iya Valentine/Charlotte zahize izindi

Related Posts

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC) ku nshuro ya mbere mu mateka yashyize hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu...

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RUBAVU BEACH-VT: Ikipe ya Ntagengwa & Niyonkuru n’iya Valentine/Charlotte zahize izindi

RUBAVU BEACH-VT: Ikipe ya Ntagengwa & Niyonkuru n'iya Valentine/Charlotte zahize izindi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.