Sunday, June 1, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Novak Djokovic yatwaye Roland-Garros 2021 atsinze Stefanos Tsitsipas mu mukino wamaze amasaha arenga ane

radiotv10by radiotv10
14/06/2021
in SIPORO
0
Novak Djokovic yatwaye Roland-Garros 2021 atsinze Stefanos Tsitsipas mu mukino wamaze amasaha arenga ane
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Serbia Novak Djokovic yatwaye Roland Garros (French Open 2021) atsinze Umugereki Stefanos Tsitsipas amaseti 3-2 ku mukino wa nyuma wakinwe amasaha arenga ane ugasozwan ku mugoroba w’iki Cyumweru tariki 13 Kamena 2021.

Ni umukino watangiye abantu babone ko Tsitsipas ari hejuru ya Djokovic gusa abahanga muri Tennis bakizera ko bishobora guhinduka bishingiye ku bunararibonye bwa Novak. Seti ebyiri za mbere zabaye iza Tsitsipas mbere y’uko Novak amwigaranzura mu maseti yakurikiye birangira amutsinze amaseti 3-2 (6-7 (6-8) 2-6 6-3 6-2 6-4).

Gutwara French Open 2021 kuri Novak Djokovic w’imyaka 34 byatumye yuzuza Grand Slam ya 19 mu mateka ye nk’umukinnyi ukina ku giti cye. Novak nimero ya mbere ku isi yaghuraga na Stefanos Tsitsipas nimero ya gatanu ku rwego rw’isi.

Ni umukino wari ugoranye kuko byageze aho Tsitsipas agwa anababara umugongo ariko arakomeza arakina kugeza asoje umukino.

Nyuma yo gutwara iyi Roland Garros, Novak Djokovic yavuze ko yishimiye intera agezeho atwara Grand Slam ndetse akaba ari mu nzira nziza nk’iya Jim Courier na Bjorn Borg bigeze kuzitwara.

“Zari inzozi zanjye zo kugira ngo zagere aho ndi ubu hari abatwaye aya marushanwa akomeye nka Jim Courier na Bjorn Borg kandi ni iby’agaciro kuba ndi kuri uru ruhimbi rumwe n’aba bagabo banditse amateka muri uyu mukino wacu dukunda” Novak

Novak kandi yahise avuga kuri Tsitsipas amushimira ko ari umukinnyi mwiza utanga ikizere kandi ko Abagereki bagomba kumuha hafi kuko ngo amubonamo kuzatwara Grand Slam nyinshi mu myaka iri imbere.

“Ndashaka kuvugta gato kuri Stefanos. Ndashaka no kubihuza n’ibimaze kuba kuko nzi uko biba bigoye kwakira gutsindirwa ku mukino wa nyuma. Iyi ni imwe mu mikino ituma umuntu yiga kandi yaba we n’ikipe bfatanya bigiyemo byinshi bizabafasha kugira ngo ubutaha azaze ari hejuru cyane kurushaho. Ndabyizeye ko azatwara Grand Slam nyinshi mu myaka iri imbere bityo rero we n’ikipe ye bubahwe” Novak

Nyuma yo kugira icyo avuga kuri Tsitsipas, Novak yashimye abanya-Serbia n’abandi bose bamubaye hafi muri uru rugendo rwo gutwara French-Open 2021.

“Ndashaka guha ubutumwa abaturage ba Serbia bambaye hafi muri iri rushanwa n’undi wese waje ku kibuga kundeba nkina. Ni ibihe bidasanzwe by’ibyishimo mu buzima bwanjye n’umwuga wanjye wo gukina. Aya masaha 48 nzahora nyibuka mu mateka y’ubuzima bwanjye” Novak Djokovic

Kuri Stefanos Tsitsipas w’imyaka 22 avuga ko yemera ko Novak akwiye gutsinda kuko ngo akurikijue imyaka amaze muri Tennis atababazwa no gutsindwa na Djokovic ahubwo ko yamwigiyeho byinshi.

“Nigiye byinshi kuri Novak. Nagerageje uko nshoboboye mu mukino. Nagize urugendo rwiza mu mukino kandi kun bwanjye nabyishimiye. Gusa reka igihembo kibe icya Novak kuko yagiye atwereka ko abikwiye mu myaka myinshi ishize ko ari umutsinzi.

Nagiye kuri byinshi yagezeho muri Tennis kandi ndizerab ko nibura nzakomeza gukora kugira ngo ngere kuri kimwe cya kabiri cy’ibyo yagezeho” Tsitsipas

Stefanos Tsitsipas nawe ntabwo yibagiwe abafana batandukanye by’umwihariko Abagereki bene wabo bamubaye hafi bakamushyigikira muri iri rushanwa.

“Reka nshimire abafana b’Abagereki bari hano ku kibuga n’ahandi barebereye irushanwa bandi inyuma, ikipe yanjye ngari yari indi inyuma kugira ngo bamfashe kugera ku nzozi zanjye. Ni urugendo ruba rutoroshye rusaba akazi gakomeye ka buri munsi.” Tsitsipas

INKURU YA: MIHIGO Sadam/RADIO & TV10

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

HUYE: Muri RP-IPRC Huye hatashywe ikibuga cya Basketball cyatanzweho arenga miliyoni 50

Next Post

RUBAVU BEACH-VT: Ikipe ya Ntagengwa & Niyonkuru n’iya Valentine/Charlotte zahize izindi

Related Posts

Bidasubirwa Rayon Sports yatangaje umutoza mushya wayo inaha isezerano abakunzi bayo

Bidasubirwa Rayon Sports yatangaje umutoza mushya wayo inaha isezerano abakunzi bayo

by radiotv10
30/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje umutoza mukuru mushya w’iyi kipe, ari we Umunya-Tunisia Afahmia Lotfi watozaga ikipe ya Mukura VS,...

Kapiteni wa Rayon yeruye agaragaza umucyo ku cyatumye igikombe kibaca mu myanya y’intoki

Kapiteni wa Rayon yeruye agaragaza umucyo ku cyatumye igikombe kibaca mu myanya y’intoki

by radiotv10
29/05/2025
0

Nyuma yuko Rayon Sports ibuze igikombe cya Shampiyona ya 2024-2025 nyamara yarakunze kuyobora urutonde rw’agateganyo, Kapiteni wayo, Muhire Kevin yavuze...

Yari imazemo imyaka itatu: Indi kipe yasohotse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Yari imazemo imyaka itatu: Indi kipe yasohotse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
29/05/2025
0

Ikipe ya Muhazi United yari imaze imyaka itatu mu Cyiciro cya mbere mu mupira w’Amaguru mu Rwanda, yamacutse mu cya...

Hakomeje gutangazwa bimwe mu bihishiwe abazitabira ibirori byo gushyikiriza APR igikombe

Hakomeje gutangazwa bimwe mu bihishiwe abazitabira ibirori byo gushyikiriza APR igikombe

by radiotv10
27/05/2025
0

Mu gushyikiriza APR FC Igikombe cya Shampiyona y’umwaka w’imikino wa 2024-2025, hateganyijwe ibirori bizarangwa n’ibikorwa binyuranye birimo kuba abazabyitabira bazasusurutswa...

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United

by radiotv10
24/05/2025
0

Ikipe ya Manchester United nyuma yo gutsindirwa ku mukino wa nyuma wa Europa League 2024-2025, igiye gusezerera abakinnyi umunani bose...

IZIHERUKA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23
AMAHANGA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

by radiotv10
31/05/2025
0

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

31/05/2025
Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

30/05/2025
Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

30/05/2025
Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

30/05/2025
Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

30/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RUBAVU BEACH-VT: Ikipe ya Ntagengwa & Niyonkuru n’iya Valentine/Charlotte zahize izindi

RUBAVU BEACH-VT: Ikipe ya Ntagengwa & Niyonkuru n'iya Valentine/Charlotte zahize izindi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.