Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Novak Djokovic yatwaye Roland-Garros 2021 atsinze Stefanos Tsitsipas mu mukino wamaze amasaha arenga ane

radiotv10by radiotv10
14/06/2021
in SIPORO
0
Novak Djokovic yatwaye Roland-Garros 2021 atsinze Stefanos Tsitsipas mu mukino wamaze amasaha arenga ane
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Serbia Novak Djokovic yatwaye Roland Garros (French Open 2021) atsinze Umugereki Stefanos Tsitsipas amaseti 3-2 ku mukino wa nyuma wakinwe amasaha arenga ane ugasozwan ku mugoroba w’iki Cyumweru tariki 13 Kamena 2021.

Ni umukino watangiye abantu babone ko Tsitsipas ari hejuru ya Djokovic gusa abahanga muri Tennis bakizera ko bishobora guhinduka bishingiye ku bunararibonye bwa Novak. Seti ebyiri za mbere zabaye iza Tsitsipas mbere y’uko Novak amwigaranzura mu maseti yakurikiye birangira amutsinze amaseti 3-2 (6-7 (6-8) 2-6 6-3 6-2 6-4).

Gutwara French Open 2021 kuri Novak Djokovic w’imyaka 34 byatumye yuzuza Grand Slam ya 19 mu mateka ye nk’umukinnyi ukina ku giti cye. Novak nimero ya mbere ku isi yaghuraga na Stefanos Tsitsipas nimero ya gatanu ku rwego rw’isi.

Ni umukino wari ugoranye kuko byageze aho Tsitsipas agwa anababara umugongo ariko arakomeza arakina kugeza asoje umukino.

Nyuma yo gutwara iyi Roland Garros, Novak Djokovic yavuze ko yishimiye intera agezeho atwara Grand Slam ndetse akaba ari mu nzira nziza nk’iya Jim Courier na Bjorn Borg bigeze kuzitwara.

“Zari inzozi zanjye zo kugira ngo zagere aho ndi ubu hari abatwaye aya marushanwa akomeye nka Jim Courier na Bjorn Borg kandi ni iby’agaciro kuba ndi kuri uru ruhimbi rumwe n’aba bagabo banditse amateka muri uyu mukino wacu dukunda” Novak

Novak kandi yahise avuga kuri Tsitsipas amushimira ko ari umukinnyi mwiza utanga ikizere kandi ko Abagereki bagomba kumuha hafi kuko ngo amubonamo kuzatwara Grand Slam nyinshi mu myaka iri imbere.

“Ndashaka kuvugta gato kuri Stefanos. Ndashaka no kubihuza n’ibimaze kuba kuko nzi uko biba bigoye kwakira gutsindirwa ku mukino wa nyuma. Iyi ni imwe mu mikino ituma umuntu yiga kandi yaba we n’ikipe bfatanya bigiyemo byinshi bizabafasha kugira ngo ubutaha azaze ari hejuru cyane kurushaho. Ndabyizeye ko azatwara Grand Slam nyinshi mu myaka iri imbere bityo rero we n’ikipe ye bubahwe” Novak

Nyuma yo kugira icyo avuga kuri Tsitsipas, Novak yashimye abanya-Serbia n’abandi bose bamubaye hafi muri uru rugendo rwo gutwara French-Open 2021.

“Ndashaka guha ubutumwa abaturage ba Serbia bambaye hafi muri iri rushanwa n’undi wese waje ku kibuga kundeba nkina. Ni ibihe bidasanzwe by’ibyishimo mu buzima bwanjye n’umwuga wanjye wo gukina. Aya masaha 48 nzahora nyibuka mu mateka y’ubuzima bwanjye” Novak Djokovic

Kuri Stefanos Tsitsipas w’imyaka 22 avuga ko yemera ko Novak akwiye gutsinda kuko ngo akurikijue imyaka amaze muri Tennis atababazwa no gutsindwa na Djokovic ahubwo ko yamwigiyeho byinshi.

“Nigiye byinshi kuri Novak. Nagerageje uko nshoboboye mu mukino. Nagize urugendo rwiza mu mukino kandi kun bwanjye nabyishimiye. Gusa reka igihembo kibe icya Novak kuko yagiye atwereka ko abikwiye mu myaka myinshi ishize ko ari umutsinzi.

Nagiye kuri byinshi yagezeho muri Tennis kandi ndizerab ko nibura nzakomeza gukora kugira ngo ngere kuri kimwe cya kabiri cy’ibyo yagezeho” Tsitsipas

Stefanos Tsitsipas nawe ntabwo yibagiwe abafana batandukanye by’umwihariko Abagereki bene wabo bamubaye hafi bakamushyigikira muri iri rushanwa.

“Reka nshimire abafana b’Abagereki bari hano ku kibuga n’ahandi barebereye irushanwa bandi inyuma, ikipe yanjye ngari yari indi inyuma kugira ngo bamfashe kugera ku nzozi zanjye. Ni urugendo ruba rutoroshye rusaba akazi gakomeye ka buri munsi.” Tsitsipas

INKURU YA: MIHIGO Sadam/RADIO & TV10

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 15 =

Previous Post

HUYE: Muri RP-IPRC Huye hatashywe ikibuga cya Basketball cyatanzweho arenga miliyoni 50

Next Post

RUBAVU BEACH-VT: Ikipe ya Ntagengwa & Niyonkuru n’iya Valentine/Charlotte zahize izindi

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RUBAVU BEACH-VT: Ikipe ya Ntagengwa & Niyonkuru n’iya Valentine/Charlotte zahize izindi

RUBAVU BEACH-VT: Ikipe ya Ntagengwa & Niyonkuru n'iya Valentine/Charlotte zahize izindi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.