Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nta Gihugu gifite ubumuntu cyarebera- Patel yasubije abanenze ibyo kohereza abimukira mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
19/04/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nta Gihugu gifite ubumuntu cyarebera- Patel yasubije abanenze ibyo kohereza abimukira mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga ushinzwe Ubutegetsi bw’Igihugu mu Bwomgereza, Priti Patel na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, basohoye inyandiko isubiza abakomeje kunenga icyemezo cyo kohereza abimukira mu Rwanda, ivuga ko byakozwe mu nyungu zo kurengera ikiramwamuntu.

Kuva byatangira gutangazwa ko u Bwongereza bugiye kohereza mu Rwanda bamwe mu bimukira bagiye muri iki Gihugu cy’i Burayi mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse bikaza kwemezwa mu masezerano yasinywe mu cyumweru gishize, bamwe banenze iki cyemezo.

Ubwo hasinywaga aya masezerano tariki 14 Mata 2022, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Boris Johnson yavuze ko u Rwanda kiri mu Bihugu bya mbere ku Isi bitekanye bityo ko kucyoherezamo abimukira, ari ingingo yumvikana.

Bamwe mu banenga ubuyobozi bw’u Rwanda, buririye kuri aya masezerano bavuga ko bidakwiye ko aba bimukira boherezwa mu Rwanda kubera byinshi bavuga bidatunganye ariko bigaragara ko bihabanye n’ukuri.

  • U Rwanda na UK mu masezerano azatuma bamwe mu bimukira boherezwa mu Rwanda
  • Niki cyatumye u Rwanda rwemera kwakira abimukira benshi bazava mu Bwongereza?

Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Bwongereza ndetse na zimwe mu ntumwa za rubanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’iki Gihugu zirimo n’izo mu ishyaka rya Conservative riri ku butegetsi na bo banenze iki cyemezo cyamaze gushyirwaho umukono.

Imiryango itari iya Leta mu Bwongereza isanzwe itanga ubufasha ku babukeneye ndetse n’isanzwe ikora ubuvugizi isaga 160, na yo yasabye Guverinoma y’u Bwongereza guhagarika iki cyemezo ngo kuko kirimo ubugome.

Kuri iki Cyumweru kandi Musenyeri mukuru wa Canterbury, Justin Welby na we ari mu banenze iki cyemezo, bagaya Guverinoma y’u Bwongereza kunanirwa inshingano zo kuba yashaka uburyo icyemura iki kibazo cy’abimukira itagiye gutanga akazi ku kindi Gihugu.

Uyu mushumba mu Itorero ry’Abangilikani, yavuze ko gufata icyemezo cyo kohereza abimukira mu Rwanda kidashyize mu gaciro kuko u Bwongereza ndetse n’indi miryango n’amadini bashoboraga gucyemura iki kibazo.

Priti Patel ubwo yari i Kigali

 

Nta Gihugu gifite ubumuntu cyarebera

Inyandiko ihuriweho n’Umunyamabanga ushinzwe Ubutegetsi bw’Igihugu mu Bwomgereza, Priti Patel na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, basubije abanenze iki cyemezo bose.

Muri iyi nyandiko yatambutse mu Kinyamakuru The Times cyandikirwa mu Bwongereza, ifite umutwe ugira uti “Nta Gihugu gifite umutima utabara gishobora kwihanganira ko icuruzwa ry’abantu rikomeza.”

Iyi nyandiko igaragaza ko Isi ihanganye n’ibibazo byugarije ikiremwamuntu birimo icuruzwa no kubakoresha mu nyungu z’abandi.

Ikomeza ivuga ko ibi biri mu bikorerwa abimukira bahunga imibereho mibi bagashyira ubuzima bwabo mu kaga bakemera kunyura mu Nyanja bajya gushaka ubuhungiro.

Bati “Ibi biri kugira ingaruka ku bagabo, abagore n’abana batagira ingano barimo n’abatakaza ubuzima bwabo abandi bagatakaza abo bakundaga kubera izo ngendo ziteye inkeke.”

Aba bayobozi muri Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza, bakomeza bagira bati “Ibi ntibikwiye gukomeza. Dukeneye ibisubizo bidasanzwe mu guhagarika ubu bucuruzi bw’abantu buteye akaga.”

Bavuga ko bidatangaje kuba hari inzego zinenga iyi gahunda kuko zananiwe kugaragaza ibisubizo byakemura iki kibazo ndetse n’umusanzu wabyo.

Bati “Kwemera ko aka aya magorwa akomeza ntibikiri amahitamo ku gihugu icyo ari cyo cyose kifitemo umutima wo gutabara.”

U Rwanda kandi rumaze kwakira abimukira 767 barimo 119 bakiriwe mu kwezi gushize baje baturuka muri Libya aho ubu batujwe mu nkambi iri mu Karere ka Bugesera.

Ubwo u Rwanda rwemeraga kwakira aba bimukira muri 2019, Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bazi uburemere bwo kuba impunzi bityo ko u Rwanda rudashobora kurebera mu gihe hari abaturage bakomeje guhera mu cyeragati bahunze Ibihugu byabo.

Perezida Paul Kagame yavuze ko abo bashaka ubuhungiro bari mu Libya, bazaza bakaba bari mu Rwanda mu gihe bagishakirwa Ibihugu byo kubakira, ndetse bamwe baje bagiye banabona Ibihugu bibakira.

Mu cyumweru gishize ubwo hasinywaga amasezerano hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza
Abayobozi ku mpande zombi bagarutse ku bikubiye muri aya masezerano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 20 =

Previous Post

DRCongo: Umusirikare yishe arashe abantu barindwi barimo Colonel n’uwamurindaga

Next Post

Umunyamabanga wa FERWAFA yishimiye kurebera umupira wa PSG na Marseille i Paris

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamabanga wa FERWAFA yishimiye kurebera umupira wa PSG na Marseille i Paris

Umunyamabanga wa FERWAFA yishimiye kurebera umupira wa PSG na Marseille i Paris

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.