Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nta Gihugu gifite ubumuntu cyarebera- Patel yasubije abanenze ibyo kohereza abimukira mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
19/04/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nta Gihugu gifite ubumuntu cyarebera- Patel yasubije abanenze ibyo kohereza abimukira mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga ushinzwe Ubutegetsi bw’Igihugu mu Bwomgereza, Priti Patel na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, basohoye inyandiko isubiza abakomeje kunenga icyemezo cyo kohereza abimukira mu Rwanda, ivuga ko byakozwe mu nyungu zo kurengera ikiramwamuntu.

Kuva byatangira gutangazwa ko u Bwongereza bugiye kohereza mu Rwanda bamwe mu bimukira bagiye muri iki Gihugu cy’i Burayi mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse bikaza kwemezwa mu masezerano yasinywe mu cyumweru gishize, bamwe banenze iki cyemezo.

Ubwo hasinywaga aya masezerano tariki 14 Mata 2022, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Boris Johnson yavuze ko u Rwanda kiri mu Bihugu bya mbere ku Isi bitekanye bityo ko kucyoherezamo abimukira, ari ingingo yumvikana.

Bamwe mu banenga ubuyobozi bw’u Rwanda, buririye kuri aya masezerano bavuga ko bidakwiye ko aba bimukira boherezwa mu Rwanda kubera byinshi bavuga bidatunganye ariko bigaragara ko bihabanye n’ukuri.

  • U Rwanda na UK mu masezerano azatuma bamwe mu bimukira boherezwa mu Rwanda
  • Niki cyatumye u Rwanda rwemera kwakira abimukira benshi bazava mu Bwongereza?

Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Bwongereza ndetse na zimwe mu ntumwa za rubanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’iki Gihugu zirimo n’izo mu ishyaka rya Conservative riri ku butegetsi na bo banenze iki cyemezo cyamaze gushyirwaho umukono.

Imiryango itari iya Leta mu Bwongereza isanzwe itanga ubufasha ku babukeneye ndetse n’isanzwe ikora ubuvugizi isaga 160, na yo yasabye Guverinoma y’u Bwongereza guhagarika iki cyemezo ngo kuko kirimo ubugome.

Kuri iki Cyumweru kandi Musenyeri mukuru wa Canterbury, Justin Welby na we ari mu banenze iki cyemezo, bagaya Guverinoma y’u Bwongereza kunanirwa inshingano zo kuba yashaka uburyo icyemura iki kibazo cy’abimukira itagiye gutanga akazi ku kindi Gihugu.

Uyu mushumba mu Itorero ry’Abangilikani, yavuze ko gufata icyemezo cyo kohereza abimukira mu Rwanda kidashyize mu gaciro kuko u Bwongereza ndetse n’indi miryango n’amadini bashoboraga gucyemura iki kibazo.

Priti Patel ubwo yari i Kigali

 

Nta Gihugu gifite ubumuntu cyarebera

Inyandiko ihuriweho n’Umunyamabanga ushinzwe Ubutegetsi bw’Igihugu mu Bwomgereza, Priti Patel na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, basubije abanenze iki cyemezo bose.

Muri iyi nyandiko yatambutse mu Kinyamakuru The Times cyandikirwa mu Bwongereza, ifite umutwe ugira uti “Nta Gihugu gifite umutima utabara gishobora kwihanganira ko icuruzwa ry’abantu rikomeza.”

Iyi nyandiko igaragaza ko Isi ihanganye n’ibibazo byugarije ikiremwamuntu birimo icuruzwa no kubakoresha mu nyungu z’abandi.

Ikomeza ivuga ko ibi biri mu bikorerwa abimukira bahunga imibereho mibi bagashyira ubuzima bwabo mu kaga bakemera kunyura mu Nyanja bajya gushaka ubuhungiro.

Bati “Ibi biri kugira ingaruka ku bagabo, abagore n’abana batagira ingano barimo n’abatakaza ubuzima bwabo abandi bagatakaza abo bakundaga kubera izo ngendo ziteye inkeke.”

Aba bayobozi muri Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza, bakomeza bagira bati “Ibi ntibikwiye gukomeza. Dukeneye ibisubizo bidasanzwe mu guhagarika ubu bucuruzi bw’abantu buteye akaga.”

Bavuga ko bidatangaje kuba hari inzego zinenga iyi gahunda kuko zananiwe kugaragaza ibisubizo byakemura iki kibazo ndetse n’umusanzu wabyo.

Bati “Kwemera ko aka aya magorwa akomeza ntibikiri amahitamo ku gihugu icyo ari cyo cyose kifitemo umutima wo gutabara.”

U Rwanda kandi rumaze kwakira abimukira 767 barimo 119 bakiriwe mu kwezi gushize baje baturuka muri Libya aho ubu batujwe mu nkambi iri mu Karere ka Bugesera.

Ubwo u Rwanda rwemeraga kwakira aba bimukira muri 2019, Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bazi uburemere bwo kuba impunzi bityo ko u Rwanda rudashobora kurebera mu gihe hari abaturage bakomeje guhera mu cyeragati bahunze Ibihugu byabo.

Perezida Paul Kagame yavuze ko abo bashaka ubuhungiro bari mu Libya, bazaza bakaba bari mu Rwanda mu gihe bagishakirwa Ibihugu byo kubakira, ndetse bamwe baje bagiye banabona Ibihugu bibakira.

Mu cyumweru gishize ubwo hasinywaga amasezerano hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza
Abayobozi ku mpande zombi bagarutse ku bikubiye muri aya masezerano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

DRCongo: Umusirikare yishe arashe abantu barindwi barimo Colonel n’uwamurindaga

Next Post

Umunyamabanga wa FERWAFA yishimiye kurebera umupira wa PSG na Marseille i Paris

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamabanga wa FERWAFA yishimiye kurebera umupira wa PSG na Marseille i Paris

Umunyamabanga wa FERWAFA yishimiye kurebera umupira wa PSG na Marseille i Paris

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.