Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nta ‘GumaMuRugo’ tuzashyiraho nta n’igikorwa na kimwe kizafungwa kubera Ebola- Museveni

radiotv10by radiotv10
29/09/2022
in MU RWANDA
0
Nta ‘GumaMuRugo’ tuzashyiraho nta n’igikorwa na kimwe kizafungwa kubera Ebola- Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yavuze ko Igihugu cye gifite ubushobozi bwo guhangana n’icyorezo cya Ebola kicyugarije, ndetse ko nta gace na kamwe kazashyirwa muri gahunda Guma mu rugo, yewe ngo nta n’igikorwa na kimwe kizigera gifungwa kubera iyi ndwara.

Perezida Museveni yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Nzeri 2022 ubwo yatangaga ijambo ku cyorezo cya Ebola kibasiye Igihugu cye.

Muri iri jambo ryatambutse imbonankubone kuri televiziyo, Museveni yavuze ko imibare y’abarwaye iki cyorezo rya Ebola kugeza uyu munsi muri Uganda, ari 24 mu gihe abemejwe ko bahitanywe na cyo ari batanu.

Yongeyeho ko kandi hari abandi bantu 19 bikekwa ko bishwe n’iki cyorezo cya Ebola, ngo kuko bashyinguwe hadakozwe ibizamini bigaragaza ko bahitanywe n’iki cyorezo koko.

Gusa yasezeranyije Abanya-Uganda ko hatazashyirwa za Guma mu rugo mu rwego rwo gukumira ikwirakwira rya Ebola.

Yagize ati “Twafashe umwanzuro ko tutazashyira za guma mu rugo. Ntabwo ari ngombwa. Guverinoma ifite ubushobozi bwo guhangana n’iki cyorezo nkuko twabigenje mu bihe byashize. Nta mpamvu n’imwe yo kugira igishyika, nta mabwiriza yo guhagarika urujya n’uruza, gufunga amashuri, gufunga insengero cyangwa amasoko.”

Perezida Museveni kandi yemeje ko abaganga batandatu basanganywe ubwandu bwa Ebola, nyuma yuko bari mu bitayeho umurwayi wa mbere wabonetse, ubu bakaba bari kuvurwa.

Guverinoma y’u Rwanda yo iherutse gusaba Abaturarwanda kwirinda kugirira ingendo muri Uganda kubera iki cyorezo kandi bakarushaho kugira amakenga ku muntu waturutse hanze byumwihariko muri iki Gihugu cyamaze kugaragaramo iyi ndwara izwiho kwica cyane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + eight =

Previous Post

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bwa RDF

Next Post

Rusizi: Umugabo utamenyekanye basanze umurambo we mu rusengero rwa ADEPR

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Umugabo utamenyekanye basanze umurambo we mu rusengero rwa ADEPR

Rusizi: Umugabo utamenyekanye basanze umurambo we mu rusengero rwa ADEPR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.