Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nta ‘GumaMuRugo’ tuzashyiraho nta n’igikorwa na kimwe kizafungwa kubera Ebola- Museveni

radiotv10by radiotv10
29/09/2022
in MU RWANDA
0
Nta ‘GumaMuRugo’ tuzashyiraho nta n’igikorwa na kimwe kizafungwa kubera Ebola- Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yavuze ko Igihugu cye gifite ubushobozi bwo guhangana n’icyorezo cya Ebola kicyugarije, ndetse ko nta gace na kamwe kazashyirwa muri gahunda Guma mu rugo, yewe ngo nta n’igikorwa na kimwe kizigera gifungwa kubera iyi ndwara.

Perezida Museveni yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Nzeri 2022 ubwo yatangaga ijambo ku cyorezo cya Ebola kibasiye Igihugu cye.

Muri iri jambo ryatambutse imbonankubone kuri televiziyo, Museveni yavuze ko imibare y’abarwaye iki cyorezo rya Ebola kugeza uyu munsi muri Uganda, ari 24 mu gihe abemejwe ko bahitanywe na cyo ari batanu.

Yongeyeho ko kandi hari abandi bantu 19 bikekwa ko bishwe n’iki cyorezo cya Ebola, ngo kuko bashyinguwe hadakozwe ibizamini bigaragaza ko bahitanywe n’iki cyorezo koko.

Gusa yasezeranyije Abanya-Uganda ko hatazashyirwa za Guma mu rugo mu rwego rwo gukumira ikwirakwira rya Ebola.

Yagize ati “Twafashe umwanzuro ko tutazashyira za guma mu rugo. Ntabwo ari ngombwa. Guverinoma ifite ubushobozi bwo guhangana n’iki cyorezo nkuko twabigenje mu bihe byashize. Nta mpamvu n’imwe yo kugira igishyika, nta mabwiriza yo guhagarika urujya n’uruza, gufunga amashuri, gufunga insengero cyangwa amasoko.”

Perezida Museveni kandi yemeje ko abaganga batandatu basanganywe ubwandu bwa Ebola, nyuma yuko bari mu bitayeho umurwayi wa mbere wabonetse, ubu bakaba bari kuvurwa.

Guverinoma y’u Rwanda yo iherutse gusaba Abaturarwanda kwirinda kugirira ingendo muri Uganda kubera iki cyorezo kandi bakarushaho kugira amakenga ku muntu waturutse hanze byumwihariko muri iki Gihugu cyamaze kugaragaramo iyi ndwara izwiho kwica cyane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bwa RDF

Next Post

Rusizi: Umugabo utamenyekanye basanze umurambo we mu rusengero rwa ADEPR

Related Posts

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

by radiotv10
08/05/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’umukunzi w’ikipe ya Arsenal, ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, bakurikiye umukino...

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

by radiotv10
08/05/2025
0

Umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa X yanditseho ubutumwa asaba Polisi y’u Rwanda kumujyana mu Kigo Ngororamuco cy’Iwawa ngo kuko...

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

by radiotv10
08/05/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, ntibakozwa iby’amafaranga yasabwe buri rugo yo kugura imodoka...

IZIHERUKA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Umugabo utamenyekanye basanze umurambo we mu rusengero rwa ADEPR

Rusizi: Umugabo utamenyekanye basanze umurambo we mu rusengero rwa ADEPR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.