Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nta ‘GumaMuRugo’ tuzashyiraho nta n’igikorwa na kimwe kizafungwa kubera Ebola- Museveni

radiotv10by radiotv10
29/09/2022
in MU RWANDA
0
Nta ‘GumaMuRugo’ tuzashyiraho nta n’igikorwa na kimwe kizafungwa kubera Ebola- Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yavuze ko Igihugu cye gifite ubushobozi bwo guhangana n’icyorezo cya Ebola kicyugarije, ndetse ko nta gace na kamwe kazashyirwa muri gahunda Guma mu rugo, yewe ngo nta n’igikorwa na kimwe kizigera gifungwa kubera iyi ndwara.

Perezida Museveni yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Nzeri 2022 ubwo yatangaga ijambo ku cyorezo cya Ebola kibasiye Igihugu cye.

Muri iri jambo ryatambutse imbonankubone kuri televiziyo, Museveni yavuze ko imibare y’abarwaye iki cyorezo rya Ebola kugeza uyu munsi muri Uganda, ari 24 mu gihe abemejwe ko bahitanywe na cyo ari batanu.

Yongeyeho ko kandi hari abandi bantu 19 bikekwa ko bishwe n’iki cyorezo cya Ebola, ngo kuko bashyinguwe hadakozwe ibizamini bigaragaza ko bahitanywe n’iki cyorezo koko.

Gusa yasezeranyije Abanya-Uganda ko hatazashyirwa za Guma mu rugo mu rwego rwo gukumira ikwirakwira rya Ebola.

Yagize ati “Twafashe umwanzuro ko tutazashyira za guma mu rugo. Ntabwo ari ngombwa. Guverinoma ifite ubushobozi bwo guhangana n’iki cyorezo nkuko twabigenje mu bihe byashize. Nta mpamvu n’imwe yo kugira igishyika, nta mabwiriza yo guhagarika urujya n’uruza, gufunga amashuri, gufunga insengero cyangwa amasoko.”

Perezida Museveni kandi yemeje ko abaganga batandatu basanganywe ubwandu bwa Ebola, nyuma yuko bari mu bitayeho umurwayi wa mbere wabonetse, ubu bakaba bari kuvurwa.

Guverinoma y’u Rwanda yo iherutse gusaba Abaturarwanda kwirinda kugirira ingendo muri Uganda kubera iki cyorezo kandi bakarushaho kugira amakenga ku muntu waturutse hanze byumwihariko muri iki Gihugu cyamaze kugaragaramo iyi ndwara izwiho kwica cyane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 10 =

Previous Post

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bwa RDF

Next Post

Rusizi: Umugabo utamenyekanye basanze umurambo we mu rusengero rwa ADEPR

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Umugabo utamenyekanye basanze umurambo we mu rusengero rwa ADEPR

Rusizi: Umugabo utamenyekanye basanze umurambo we mu rusengero rwa ADEPR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.