Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nta muntu n’umwe azi bafitanye isano-Ubuhamya bw’uwatoraguwe muri Jenoside umaze imyaka 31 atazi inkomoko

radiotv10by radiotv10
11/04/2025
in MU RWANDA
0
Nta muntu n’umwe azi bafitanye isano-Ubuhamya bw’uwatoraguwe muri Jenoside umaze imyaka 31 atazi inkomoko
Share on FacebookShare on Twitter

Uwanyirijuru Rosalinda umaze imyaka 31 atazi umuntu baba bafitanye isano kuko yatoraguwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba aterwa agahinda no kuba atazi inkomoko ye, avuga ko nubwo imyaka ibaye myinshi yizeye igihe kizagera akabona uwo bafitanye isano.

Yatoraguwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi ari uruhinja, aza kujyanwa mu kigo cy’impfubyi, nyuma agikurwano n’abamureze bamubwiye ko yatoraguwe mu Mujyi wa Kigali.

Avuga ko abamureze bamubwiye ko na bo batazi inkomoko ye, icyakora bakamubwira ko namara gukura yazabaririza kugira ngo arebe ko hari uwabona ko bafitanye isano.

Ati “Urumva yari anakuze [uwamureze] n’ubu arakuze, arambwira ati ‘uzagerageza ubaririze nuba mukuru ariko ubu icyo nakwifuriza ni uko wiga, utuze wige wite ku buzima bwawe kuko ntakindi nanjye nabikoraho’.”

Aho yabanje kurererwa mu kigo cy’Impfubyi cy’Umuryango Utabara Imbabare wa Croix Rouge ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali, yakigejejwemo afite amezi abiri, akivanwamo afite imyaka itatu ari bwo yajyaga kurererwa mu muryango.

Abara inkuru n’agahinda agera hagati agafatwa n’ikiniga cyo kuba amaze iyi myaka yose nta we yavuga ko bafitanye isano, uretse we gusa.

Ati “Kutagira iwanyu nyine, ahantu uvuga uti ‘aha ni iwacu, navukiye aha cyangwa…’ ku buryo ujya wumva abantu basubira mu masambu yabo bavuga bati ‘aha ni iwacu ndabizi ko hari aha Papa’ ari njye ntabwo navuga ngo nafata he se? ntaho.”

Mu buzima bwa muntu, anyuzamo akagira abo yiyambaza cyangwa anenga ko batagize icyo bamukorere, ariko kuri Uwanyirijuru we avuga ko nta n’umwe ujya aza muri uwo mwanya.

Ati “Nta bantu nakwita kubwira ngo mbashinje ngo ‘ntabwo wankoreye ibi, ntabwo wansuye ku ishuri, ntabwo wanyishyuriye ishuri iri n’iri, kuko igihe icyo ari cyo cyose yagusubiza ngo ‘ariko ntabwo uri uwanjye’ kandi yaba avuga ukuri.”

Nubwo iyi myaka 31 ishize nta kanunu k’inkomoko ye, afite icyizere ko uko byagenda kose hari abo bafitanye isano kuko “ntabwo bose bashize, hagomba kuba hari umuntu wasigaye, abe umwe cyangwa babiri ariko barahari.”

Agaragaza kimwe mu bimenyetso abantu bashobora guheraho bakeka ko bamuzi, agaragaza agasa nk’inkovu afite mu gahanga, kuko ngo n’ubundi yakajyanye ubwo yajyanwaga mu kigo cy’impfubyi cya Croix Rouge.

Uwanyirijuru Rosalinda wakuranye iyi ntimba, yemeza ko yiyubatse abikesha ubuyobozi bwiza butahwemye kuremamo icyizere abafite ibibazo nk’ibye, ubu akaba yibeshejeho, kandi ngo n’ahazaza he arahabona.

Ati “Nirwanyeho, narize ndarangiza, ndakora cyane nkareba ko izo sambu ntazi z’iwacu ntafite, igihe kimwe nzagira ibibanza, igihe kimwe nzubaka inzu, igihe kimwe nzagira umuryango.”

Inkuru ya Uwanyirijuru Rosalinda yumvikanamo ishavu n’agahinda asangiye na benshi mu Banyarwanda, ni bimwe mu bigaragaza ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi, yasize benshi badafite abo bahamagara ‘Mawe’ cyangwa ‘Dawe’, abandi ntibagire amahirwe yo kubona abavandimwe babo barimo n’abo batigeze baca iryera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + six =

Previous Post

Nyuma yuko umuvangamiziki w’Umurundikazi Dj Ira asabye Perezida Ubwenegihugu bw’u Rwanda hatewe intambwe ibumuha

Next Post

Umuyobozi wo muri Centrafrique yavuze icyo abona cyafashije u Rwanda kuba inyenyeri nyuma ya Jenoside

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi wo muri Centrafrique yavuze icyo abona cyafashije u Rwanda kuba inyenyeri nyuma ya Jenoside

Umuyobozi wo muri Centrafrique yavuze icyo abona cyafashije u Rwanda kuba inyenyeri nyuma ya Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.