Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nta muntu n’umwe azi bafitanye isano-Ubuhamya bw’uwatoraguwe muri Jenoside umaze imyaka 31 atazi inkomoko

radiotv10by radiotv10
11/04/2025
in MU RWANDA
0
Nta muntu n’umwe azi bafitanye isano-Ubuhamya bw’uwatoraguwe muri Jenoside umaze imyaka 31 atazi inkomoko
Share on FacebookShare on Twitter

Uwanyirijuru Rosalinda umaze imyaka 31 atazi umuntu baba bafitanye isano kuko yatoraguwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba aterwa agahinda no kuba atazi inkomoko ye, avuga ko nubwo imyaka ibaye myinshi yizeye igihe kizagera akabona uwo bafitanye isano.

Yatoraguwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi ari uruhinja, aza kujyanwa mu kigo cy’impfubyi, nyuma agikurwano n’abamureze bamubwiye ko yatoraguwe mu Mujyi wa Kigali.

Avuga ko abamureze bamubwiye ko na bo batazi inkomoko ye, icyakora bakamubwira ko namara gukura yazabaririza kugira ngo arebe ko hari uwabona ko bafitanye isano.

Ati “Urumva yari anakuze [uwamureze] n’ubu arakuze, arambwira ati ‘uzagerageza ubaririze nuba mukuru ariko ubu icyo nakwifuriza ni uko wiga, utuze wige wite ku buzima bwawe kuko ntakindi nanjye nabikoraho’.”

Aho yabanje kurererwa mu kigo cy’Impfubyi cy’Umuryango Utabara Imbabare wa Croix Rouge ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali, yakigejejwemo afite amezi abiri, akivanwamo afite imyaka itatu ari bwo yajyaga kurererwa mu muryango.

Abara inkuru n’agahinda agera hagati agafatwa n’ikiniga cyo kuba amaze iyi myaka yose nta we yavuga ko bafitanye isano, uretse we gusa.

Ati “Kutagira iwanyu nyine, ahantu uvuga uti ‘aha ni iwacu, navukiye aha cyangwa…’ ku buryo ujya wumva abantu basubira mu masambu yabo bavuga bati ‘aha ni iwacu ndabizi ko hari aha Papa’ ari njye ntabwo navuga ngo nafata he se? ntaho.”

Mu buzima bwa muntu, anyuzamo akagira abo yiyambaza cyangwa anenga ko batagize icyo bamukorere, ariko kuri Uwanyirijuru we avuga ko nta n’umwe ujya aza muri uwo mwanya.

Ati “Nta bantu nakwita kubwira ngo mbashinje ngo ‘ntabwo wankoreye ibi, ntabwo wansuye ku ishuri, ntabwo wanyishyuriye ishuri iri n’iri, kuko igihe icyo ari cyo cyose yagusubiza ngo ‘ariko ntabwo uri uwanjye’ kandi yaba avuga ukuri.”

Nubwo iyi myaka 31 ishize nta kanunu k’inkomoko ye, afite icyizere ko uko byagenda kose hari abo bafitanye isano kuko “ntabwo bose bashize, hagomba kuba hari umuntu wasigaye, abe umwe cyangwa babiri ariko barahari.”

Agaragaza kimwe mu bimenyetso abantu bashobora guheraho bakeka ko bamuzi, agaragaza agasa nk’inkovu afite mu gahanga, kuko ngo n’ubundi yakajyanye ubwo yajyanwaga mu kigo cy’impfubyi cya Croix Rouge.

Uwanyirijuru Rosalinda wakuranye iyi ntimba, yemeza ko yiyubatse abikesha ubuyobozi bwiza butahwemye kuremamo icyizere abafite ibibazo nk’ibye, ubu akaba yibeshejeho, kandi ngo n’ahazaza he arahabona.

Ati “Nirwanyeho, narize ndarangiza, ndakora cyane nkareba ko izo sambu ntazi z’iwacu ntafite, igihe kimwe nzagira ibibanza, igihe kimwe nzubaka inzu, igihe kimwe nzagira umuryango.”

Inkuru ya Uwanyirijuru Rosalinda yumvikanamo ishavu n’agahinda asangiye na benshi mu Banyarwanda, ni bimwe mu bigaragaza ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi, yasize benshi badafite abo bahamagara ‘Mawe’ cyangwa ‘Dawe’, abandi ntibagire amahirwe yo kubona abavandimwe babo barimo n’abo batigeze baca iryera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − six =

Previous Post

Nyuma yuko umuvangamiziki w’Umurundikazi Dj Ira asabye Perezida Ubwenegihugu bw’u Rwanda hatewe intambwe ibumuha

Next Post

Umuyobozi wo muri Centrafrique yavuze icyo abona cyafashije u Rwanda kuba inyenyeri nyuma ya Jenoside

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi wo muri Centrafrique yavuze icyo abona cyafashije u Rwanda kuba inyenyeri nyuma ya Jenoside

Umuyobozi wo muri Centrafrique yavuze icyo abona cyafashije u Rwanda kuba inyenyeri nyuma ya Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.