Thursday, November 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ntabwo bitugwirira: Umukinnyi w’Amavubi akigera i Kigali ahaye ubutumwa abakibashidikanyaho

radiotv10by radiotv10
28/03/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ntabwo bitugwirira: Umukinnyi w’Amavubi akigera i Kigali ahaye ubutumwa abakibashidikanyaho
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wo hagati mu ikipe y’Igihugu Amavubi, Muhire Kevin avuga ko intsinzi bamaze iminsi babona itabagwiririye, ndetse ko iyi kipe ubu ihagaze neza ku buryo abakiyishidikanyaho badakwiye kurangaza abakinnyi.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, ikipe y’Igihugu Amavubi; yatsindiye ibitego 2-0 iya Madagascar i Antananarivo imbere y’abafana ibihumbi b’ikipe y’iki Gihugu.

Iyi ntsinzi y’umukino wa gicuti yaje ikurikira kunganya na Botswana mu mukino wa mbere w’iyi mikino ya gicuti yaberaga muri Madagascar.

Nanone kandi mu mpera z’umwaka ushize mu kwezi k’Ugushyingo 2023, Ikipe y’u Rwanda yatsinze iy’Afurika y’Epfo ibitego 2-0 mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Mu gicuku cyo kuri uyu wa Kane tariki 28 Werurwe 2024, ikipe y’u Rwanda yasesekaye mu Rwanda ivuye muri iyi mikino ya gicuti.

Umukinnyi wo hagati Muhire Kevin yavuze ko hari impinduka zabayeho mu mitegurire y’Amavubi, ari na zo bakesha uku kwitwara neza gukomeje kugaragara.

Ati “Ni ugukorera hamwe, guhuza kwa groupe, kudahindaguranya abakinnyi cyane, abakinnyi bahinduka ni bacye, ugasanga abahari baraziranye, tukagira n’umutoza udushyiraho igitsure cyane. Ibitubaho byose ntabwo biba byatugwiririye ahubwo ni ugukora cyane no kumenya ibyo dushaka.”

Muhire Kevin kandi avuga ko abagishidikanya ku ntsinzi y’Amavubi, badashobora guca intege abakinnyi, kuko bo icyo bashyize imbere ari ugukomereza muri uyu murongo.

Ati “Abakomeza gushidikanya bakomeze bashidikanye, twebwe icyo dukora ni ukujya mu kibuga tugatanga ibyishimo ku babyifuza cyangwa ku badushyigikiye. Ubundi ntawe utegetswe kwemera uwo ari we wese, igikuru ni uko wowe ukora ibyo ukwiye gukora, utakwemera azagera aho akwemere.”

Muhire Kevin yizeje Abanyarwanda ko akurikije uko bagenzi be mu ikipe y’Igihugu bahagaze, bazakomeza kwitwara neza mu mikino iri imbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Ubuyobozi bw’abafite ubumuga mu Rwanda bwagaragaje ikibazo bwahagurukiye ariko kitarakemuka uko byifuzwa

Next Post

Imyigaragambyo yo kwamagana intambara ya Isarel na Hamas yafashe urundi rwego

Related Posts

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Tombola y’amatsinda y’Igikombe cya Afurika muri Handball (Men’s Handball Africa Cup of Nations) kizabera mu Rwanda mu kwezi kwa mbere...

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

by radiotv10
12/11/2025
0

Ikipe y’igihugu Amavubi yahamagaye abakinnyi 25 bagomba gutangira umwiherero, barimo umunyezamu Kwizera Olivier wanyuze mu makipe anyuranye mu Rwanda no...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

by radiotv10
11/11/2025
0

Aimable Nsabimana, myugariro w’ikipe ya Assabah Sports Club yo mu cyiciro cya mbere muri Libiya, yavuze ko yigeze gutekereza kureka...

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yifashishije ubushakashatsi bwagiye hanze, yagaragaje ko gukora imyitozo ngororamubiri ihoraho, byatuma umuntu azigama ibihumbi 2,5...

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

by radiotv10
07/11/2025
0

Shampiyona ya volleyball irakomeza ku munsi wayo wa kane, imikino ibera muri Gymnase nshya iri muri Sainte Famille mu mujyi...

IZIHERUKA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20
AMAHANGA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

by radiotv10
12/11/2025
0

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

12/11/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

12/11/2025
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

12/11/2025
Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

12/11/2025
Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

12/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imyigaragambyo yo kwamagana intambara ya Isarel na Hamas yafashe urundi rwego

Imyigaragambyo yo kwamagana intambara ya Isarel na Hamas yafashe urundi rwego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.