Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ntabwo bitugwirira: Umukinnyi w’Amavubi akigera i Kigali ahaye ubutumwa abakibashidikanyaho

radiotv10by radiotv10
28/03/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ntabwo bitugwirira: Umukinnyi w’Amavubi akigera i Kigali ahaye ubutumwa abakibashidikanyaho
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wo hagati mu ikipe y’Igihugu Amavubi, Muhire Kevin avuga ko intsinzi bamaze iminsi babona itabagwiririye, ndetse ko iyi kipe ubu ihagaze neza ku buryo abakiyishidikanyaho badakwiye kurangaza abakinnyi.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, ikipe y’Igihugu Amavubi; yatsindiye ibitego 2-0 iya Madagascar i Antananarivo imbere y’abafana ibihumbi b’ikipe y’iki Gihugu.

Iyi ntsinzi y’umukino wa gicuti yaje ikurikira kunganya na Botswana mu mukino wa mbere w’iyi mikino ya gicuti yaberaga muri Madagascar.

Nanone kandi mu mpera z’umwaka ushize mu kwezi k’Ugushyingo 2023, Ikipe y’u Rwanda yatsinze iy’Afurika y’Epfo ibitego 2-0 mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Mu gicuku cyo kuri uyu wa Kane tariki 28 Werurwe 2024, ikipe y’u Rwanda yasesekaye mu Rwanda ivuye muri iyi mikino ya gicuti.

Umukinnyi wo hagati Muhire Kevin yavuze ko hari impinduka zabayeho mu mitegurire y’Amavubi, ari na zo bakesha uku kwitwara neza gukomeje kugaragara.

Ati “Ni ugukorera hamwe, guhuza kwa groupe, kudahindaguranya abakinnyi cyane, abakinnyi bahinduka ni bacye, ugasanga abahari baraziranye, tukagira n’umutoza udushyiraho igitsure cyane. Ibitubaho byose ntabwo biba byatugwiririye ahubwo ni ugukora cyane no kumenya ibyo dushaka.”

Muhire Kevin kandi avuga ko abagishidikanya ku ntsinzi y’Amavubi, badashobora guca intege abakinnyi, kuko bo icyo bashyize imbere ari ugukomereza muri uyu murongo.

Ati “Abakomeza gushidikanya bakomeze bashidikanye, twebwe icyo dukora ni ukujya mu kibuga tugatanga ibyishimo ku babyifuza cyangwa ku badushyigikiye. Ubundi ntawe utegetswe kwemera uwo ari we wese, igikuru ni uko wowe ukora ibyo ukwiye gukora, utakwemera azagera aho akwemere.”

Muhire Kevin yizeje Abanyarwanda ko akurikije uko bagenzi be mu ikipe y’Igihugu bahagaze, bazakomeza kwitwara neza mu mikino iri imbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 2 =

Previous Post

Ubuyobozi bw’abafite ubumuga mu Rwanda bwagaragaje ikibazo bwahagurukiye ariko kitarakemuka uko byifuzwa

Next Post

Imyigaragambyo yo kwamagana intambara ya Isarel na Hamas yafashe urundi rwego

Related Posts

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Nyuma yo guhanishwa na CAF imikino itanu no gucibwa amande angana n’amadolari ibihumbi 100 ($100,000), umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal,...

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imyigaragambyo yo kwamagana intambara ya Isarel na Hamas yafashe urundi rwego

Imyigaragambyo yo kwamagana intambara ya Isarel na Hamas yafashe urundi rwego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.