Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ntabwo bitugwirira: Umukinnyi w’Amavubi akigera i Kigali ahaye ubutumwa abakibashidikanyaho

radiotv10by radiotv10
28/03/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ntabwo bitugwirira: Umukinnyi w’Amavubi akigera i Kigali ahaye ubutumwa abakibashidikanyaho
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wo hagati mu ikipe y’Igihugu Amavubi, Muhire Kevin avuga ko intsinzi bamaze iminsi babona itabagwiririye, ndetse ko iyi kipe ubu ihagaze neza ku buryo abakiyishidikanyaho badakwiye kurangaza abakinnyi.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, ikipe y’Igihugu Amavubi; yatsindiye ibitego 2-0 iya Madagascar i Antananarivo imbere y’abafana ibihumbi b’ikipe y’iki Gihugu.

Iyi ntsinzi y’umukino wa gicuti yaje ikurikira kunganya na Botswana mu mukino wa mbere w’iyi mikino ya gicuti yaberaga muri Madagascar.

Nanone kandi mu mpera z’umwaka ushize mu kwezi k’Ugushyingo 2023, Ikipe y’u Rwanda yatsinze iy’Afurika y’Epfo ibitego 2-0 mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Mu gicuku cyo kuri uyu wa Kane tariki 28 Werurwe 2024, ikipe y’u Rwanda yasesekaye mu Rwanda ivuye muri iyi mikino ya gicuti.

Umukinnyi wo hagati Muhire Kevin yavuze ko hari impinduka zabayeho mu mitegurire y’Amavubi, ari na zo bakesha uku kwitwara neza gukomeje kugaragara.

Ati “Ni ugukorera hamwe, guhuza kwa groupe, kudahindaguranya abakinnyi cyane, abakinnyi bahinduka ni bacye, ugasanga abahari baraziranye, tukagira n’umutoza udushyiraho igitsure cyane. Ibitubaho byose ntabwo biba byatugwiririye ahubwo ni ugukora cyane no kumenya ibyo dushaka.”

Muhire Kevin kandi avuga ko abagishidikanya ku ntsinzi y’Amavubi, badashobora guca intege abakinnyi, kuko bo icyo bashyize imbere ari ugukomereza muri uyu murongo.

Ati “Abakomeza gushidikanya bakomeze bashidikanye, twebwe icyo dukora ni ukujya mu kibuga tugatanga ibyishimo ku babyifuza cyangwa ku badushyigikiye. Ubundi ntawe utegetswe kwemera uwo ari we wese, igikuru ni uko wowe ukora ibyo ukwiye gukora, utakwemera azagera aho akwemere.”

Muhire Kevin yizeje Abanyarwanda ko akurikije uko bagenzi be mu ikipe y’Igihugu bahagaze, bazakomeza kwitwara neza mu mikino iri imbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 10 =

Previous Post

Ubuyobozi bw’abafite ubumuga mu Rwanda bwagaragaje ikibazo bwahagurukiye ariko kitarakemuka uko byifuzwa

Next Post

Imyigaragambyo yo kwamagana intambara ya Isarel na Hamas yafashe urundi rwego

Related Posts

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano
IMIBEREHO

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imyigaragambyo yo kwamagana intambara ya Isarel na Hamas yafashe urundi rwego

Imyigaragambyo yo kwamagana intambara ya Isarel na Hamas yafashe urundi rwego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.