Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntabwo ingabo z’u Rwanda zasa kuriya- Guv.Habitegeko avuga ku bitiriwe Abasirikare ba RDF

radiotv10by radiotv10
29/03/2022
in MU RWANDA
0
U Rwanda rwanyomoje amakuru ashinja RDF kuba inyuma y’abagabye ibitero muri DRC

U Rwanda rwavuze ko abasirikare biswe ab'u Rwanda atari aba RDF

Share on FacebookShare on Twitter

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko Francois yavuze ko abarwanyi bafashwe mpiri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakitwa ko ari abasirikare b’u Rwanda, ari igitutsi gikomeye kuri RDF isanzwe izwiho ibikorwa by’indashyikirwa no gukora kinyamwuga.

Guverineri Habitegeko Francois yanasohoye itangazo ryamagana amakuru yatangajwe n’umuvugizi wa Guverineri w’Intara ya Kivu ya Ruguru, ko ingabo z’u Rwanda zafashije abarwanyi bagabye igitero ku birindiro by’ingabo za FARDC.

Iri tangazo rya Guverineri Habitegeko Francois, ryanagarutse ku basirikare babiri berekanywe bivugwa ko ari aba RDF, rikavuga ko ibyo ari ibinyomba bikomeye kuko mu ngabo z’u Rwanda hatabamo abo basirikare.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Werurwe, Habitegeko yongeye kugira icyo avuga kuri ibi birego ubuyobozi bwa DRC bwongeye gushinja ingabo z’u Rwanda, avuga ko igisirikare cy’u Rwanda kidashobora gukora ibyo zishinjwa.

Ati “Ntabwo ingabo z’u Rwanda rwose ziri muri iriya mirwano, nta n’inyungu nta n’impamvu zifite zo kubamo.”

Yakomeje avuga ko “ikibabaje cyane, ni abantu berekanye mwabonye bambaye za kambambiri bamabaye ibikote bishaje…babita ngo ni ingabo z’u Rwanda. Biriya rero ni igitutsi gikomeye ku ngabo z’u Rwanda nk’izacu ku ngabo tumenyereye mu bikorwa byiza byo kugarura amahoro ku isi hirya no hino. Ntabwo zasa kuriya.”

Guverineri Habitegeko kandi avuga ko amazina y’abo basirikare bitiriwe ab’u Rwanda, nubundi yagarutsweho mu nama yahuje inzego z’iperereza yabereye mu Rwanda mu kwezi gushize.

Ati “Kumva rero yongeye kugaruka noneho babafatiye ku rugamba, umuntu yibaza iyo kinamico barimo ari iyihe.”

Avuga ko ibi byose bigamije kuyobya uburari kugira ngo borose ku bibazo bafite. Mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Mbere, Habitegeko yari yavuze ko ubuyobozi bw’u Rwanda butagomba kwikorezwa ibyananiwe n’ubuyobozi bwa DRC mu kurangiza ibi bibazo by’umutekano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 3 =

Previous Post

Yakoreye umwana we igifaru cyo mu biti cyamutwaye Miliyoni 11Frw

Next Post

FARDC na M23 baritana bamwana ku wahanuye kajugujugu ya UN

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC na M23 baritana bamwana ku wahanuye kajugujugu ya UN

FARDC na M23 baritana bamwana ku wahanuye kajugujugu ya UN

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.