Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntabwo ingabo z’u Rwanda zasa kuriya- Guv.Habitegeko avuga ku bitiriwe Abasirikare ba RDF

radiotv10by radiotv10
29/03/2022
in MU RWANDA
0
U Rwanda rwanyomoje amakuru ashinja RDF kuba inyuma y’abagabye ibitero muri DRC

U Rwanda rwavuze ko abasirikare biswe ab'u Rwanda atari aba RDF

Share on FacebookShare on Twitter

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko Francois yavuze ko abarwanyi bafashwe mpiri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakitwa ko ari abasirikare b’u Rwanda, ari igitutsi gikomeye kuri RDF isanzwe izwiho ibikorwa by’indashyikirwa no gukora kinyamwuga.

Guverineri Habitegeko Francois yanasohoye itangazo ryamagana amakuru yatangajwe n’umuvugizi wa Guverineri w’Intara ya Kivu ya Ruguru, ko ingabo z’u Rwanda zafashije abarwanyi bagabye igitero ku birindiro by’ingabo za FARDC.

Iri tangazo rya Guverineri Habitegeko Francois, ryanagarutse ku basirikare babiri berekanywe bivugwa ko ari aba RDF, rikavuga ko ibyo ari ibinyomba bikomeye kuko mu ngabo z’u Rwanda hatabamo abo basirikare.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Werurwe, Habitegeko yongeye kugira icyo avuga kuri ibi birego ubuyobozi bwa DRC bwongeye gushinja ingabo z’u Rwanda, avuga ko igisirikare cy’u Rwanda kidashobora gukora ibyo zishinjwa.

Ati “Ntabwo ingabo z’u Rwanda rwose ziri muri iriya mirwano, nta n’inyungu nta n’impamvu zifite zo kubamo.”

Yakomeje avuga ko “ikibabaje cyane, ni abantu berekanye mwabonye bambaye za kambambiri bamabaye ibikote bishaje…babita ngo ni ingabo z’u Rwanda. Biriya rero ni igitutsi gikomeye ku ngabo z’u Rwanda nk’izacu ku ngabo tumenyereye mu bikorwa byiza byo kugarura amahoro ku isi hirya no hino. Ntabwo zasa kuriya.”

Guverineri Habitegeko kandi avuga ko amazina y’abo basirikare bitiriwe ab’u Rwanda, nubundi yagarutsweho mu nama yahuje inzego z’iperereza yabereye mu Rwanda mu kwezi gushize.

Ati “Kumva rero yongeye kugaruka noneho babafatiye ku rugamba, umuntu yibaza iyo kinamico barimo ari iyihe.”

Avuga ko ibi byose bigamije kuyobya uburari kugira ngo borose ku bibazo bafite. Mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Mbere, Habitegeko yari yavuze ko ubuyobozi bw’u Rwanda butagomba kwikorezwa ibyananiwe n’ubuyobozi bwa DRC mu kurangiza ibi bibazo by’umutekano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Yakoreye umwana we igifaru cyo mu biti cyamutwaye Miliyoni 11Frw

Next Post

FARDC na M23 baritana bamwana ku wahanuye kajugujugu ya UN

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC na M23 baritana bamwana ku wahanuye kajugujugu ya UN

FARDC na M23 baritana bamwana ku wahanuye kajugujugu ya UN

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.