Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntabwo ingabo z’u Rwanda zasa kuriya- Guv.Habitegeko avuga ku bitiriwe Abasirikare ba RDF

radiotv10by radiotv10
29/03/2022
in MU RWANDA
0
U Rwanda rwanyomoje amakuru ashinja RDF kuba inyuma y’abagabye ibitero muri DRC

U Rwanda rwavuze ko abasirikare biswe ab'u Rwanda atari aba RDF

Share on FacebookShare on Twitter

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko Francois yavuze ko abarwanyi bafashwe mpiri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakitwa ko ari abasirikare b’u Rwanda, ari igitutsi gikomeye kuri RDF isanzwe izwiho ibikorwa by’indashyikirwa no gukora kinyamwuga.

Guverineri Habitegeko Francois yanasohoye itangazo ryamagana amakuru yatangajwe n’umuvugizi wa Guverineri w’Intara ya Kivu ya Ruguru, ko ingabo z’u Rwanda zafashije abarwanyi bagabye igitero ku birindiro by’ingabo za FARDC.

Iri tangazo rya Guverineri Habitegeko Francois, ryanagarutse ku basirikare babiri berekanywe bivugwa ko ari aba RDF, rikavuga ko ibyo ari ibinyomba bikomeye kuko mu ngabo z’u Rwanda hatabamo abo basirikare.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Werurwe, Habitegeko yongeye kugira icyo avuga kuri ibi birego ubuyobozi bwa DRC bwongeye gushinja ingabo z’u Rwanda, avuga ko igisirikare cy’u Rwanda kidashobora gukora ibyo zishinjwa.

Ati “Ntabwo ingabo z’u Rwanda rwose ziri muri iriya mirwano, nta n’inyungu nta n’impamvu zifite zo kubamo.”

Yakomeje avuga ko “ikibabaje cyane, ni abantu berekanye mwabonye bambaye za kambambiri bamabaye ibikote bishaje…babita ngo ni ingabo z’u Rwanda. Biriya rero ni igitutsi gikomeye ku ngabo z’u Rwanda nk’izacu ku ngabo tumenyereye mu bikorwa byiza byo kugarura amahoro ku isi hirya no hino. Ntabwo zasa kuriya.”

Guverineri Habitegeko kandi avuga ko amazina y’abo basirikare bitiriwe ab’u Rwanda, nubundi yagarutsweho mu nama yahuje inzego z’iperereza yabereye mu Rwanda mu kwezi gushize.

Ati “Kumva rero yongeye kugaruka noneho babafatiye ku rugamba, umuntu yibaza iyo kinamico barimo ari iyihe.”

Avuga ko ibi byose bigamije kuyobya uburari kugira ngo borose ku bibazo bafite. Mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Mbere, Habitegeko yari yavuze ko ubuyobozi bw’u Rwanda butagomba kwikorezwa ibyananiwe n’ubuyobozi bwa DRC mu kurangiza ibi bibazo by’umutekano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 9 =

Previous Post

Yakoreye umwana we igifaru cyo mu biti cyamutwaye Miliyoni 11Frw

Next Post

FARDC na M23 baritana bamwana ku wahanuye kajugujugu ya UN

Related Posts

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

by radiotv10
11/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko abazamuye ibirego by’ibinyoma bivuga ko hari ibisasu byarashwe muri Kamanyola biturutse...

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu nama nyunguranabitekerezo yahurije hamwe inzego z’uburezi mu Mujyi wa Kigali, haganiriwe ku mpamvu zituma amashuri yo muri uyu Mujyi...

IZIHERUKA

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi
MU RWANDA

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC na M23 baritana bamwana ku wahanuye kajugujugu ya UN

FARDC na M23 baritana bamwana ku wahanuye kajugujugu ya UN

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.