Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntabwo nari nzi ko bahita bamufunga- Uwabyaranye na Ndimbati arifuza kumusabira imbabazi agafungurwa

radiotv10by radiotv10
01/04/2022
in MU RWANDA
0
Rurageretse hagati ya Ndimbati n’umukobwa umushinja kumutera inda abanje kumusindisha bakabyarana impanga
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore uvuga ko yabyaranye na Ndimbati abanje kumusambanya ataruzuza imyaka y’ubukure, avuga ko ubwo yatangaga ikiganiro mu bitangazamakuru ndetse no kumurega mu nzego, atari azi ko bizatuma uyu mukinnyi wa film afungwa ndetse ko yiteguye kumusabira imbabazi kugira ngo arekurwe.

Kabahizi Fridaus yavuzwe cyane mu minsi ishize ubwo yatangazaga ko Ndimbati yamusambanyije abanje kumusindisha ndetse bakaza kubyarana impanga z’abana babiri none akaba yarabatereranye

Nyuma y’iminsi micye atanze iki kiganiro, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwahise ruta muri yombi Ndimbati ubu wanamaze gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 ariko akaba yarakijuririye.

Kabahizi Fridaus ndetse n’Umunyamakuru wamukoresheje kiriya kiganiro, bagiye bagarukwaho na bamwe batunga agatoki ko ari bo batumye Ndimbati atabwa muri yombi.

Uyu mugore wahise anatanga ikirego, mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa 3D TV Rwanda dukesha aya makuru, yavuze ko atari azi ko Ndimbati azafungwa.

Ati “Nari nzi ko wenda kuba yaranze kugira icyo yibwira nk’umugabo ko wenda Leta yo izakimubwire, ntabwo nari nzi ko bahita bamufata ngo bamufunge.”

Kabahizi yakomeje agira ati “Ahubwo baramufunze ndatitira, ndavuga nti ‘Karabaye noneho’.”

Kabahizi avuga ko yiteguye gusabira imbabazi Ndimbati kuko nta nyungu afite mu kuba afunze. Ati “Nzamusabira imbabazi mvuge nti ‘Ndimbati naze hanze.”

Akomeza agira ati “Njya mu itangazamakuru ntabwo nashakaga ko afungwa nashakaga ko amfasha akampa indezo y’abana.”

Ubwo Ndimbati yaburanaga ku ifunga ry’agateganyo, yabwiye Umucamanza ko ibyabaye ari akagambane kuko Umunyamakuru wavugishije uyu mugore yari yamwizeje kuzamufasha kubona amafaranga menshi.

Ndimbati kandi yabwiye Urukiko ko uwo munyamakuru mbere yo gushyira hanze kiriya kiganiro, yabanje kumuhamagara akamusaba kumuha miliyoni 2 Frw bitaba ibyo akamushyira hanze.

Kabahizi Fridaus mu kiganiro yagiranye na 3D TV Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 19 =

Previous Post

Rayon izahura na Musanze naho Kiyovu na APR zishobora guhurira muri 1/4

Next Post

Putin azemera guca bugufi kubera ibihano yafatiwe?- Icyo Abusesenguzi bavuga

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Putin azemera guca bugufi kubera ibihano yafatiwe?- Icyo Abusesenguzi bavuga

Putin azemera guca bugufi kubera ibihano yafatiwe?- Icyo Abusesenguzi bavuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.