Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntabwo nari nzi ko bahita bamufunga- Uwabyaranye na Ndimbati arifuza kumusabira imbabazi agafungurwa

radiotv10by radiotv10
01/04/2022
in MU RWANDA
0
Rurageretse hagati ya Ndimbati n’umukobwa umushinja kumutera inda abanje kumusindisha bakabyarana impanga
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore uvuga ko yabyaranye na Ndimbati abanje kumusambanya ataruzuza imyaka y’ubukure, avuga ko ubwo yatangaga ikiganiro mu bitangazamakuru ndetse no kumurega mu nzego, atari azi ko bizatuma uyu mukinnyi wa film afungwa ndetse ko yiteguye kumusabira imbabazi kugira ngo arekurwe.

Kabahizi Fridaus yavuzwe cyane mu minsi ishize ubwo yatangazaga ko Ndimbati yamusambanyije abanje kumusindisha ndetse bakaza kubyarana impanga z’abana babiri none akaba yarabatereranye

Nyuma y’iminsi micye atanze iki kiganiro, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwahise ruta muri yombi Ndimbati ubu wanamaze gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 ariko akaba yarakijuririye.

Kabahizi Fridaus ndetse n’Umunyamakuru wamukoresheje kiriya kiganiro, bagiye bagarukwaho na bamwe batunga agatoki ko ari bo batumye Ndimbati atabwa muri yombi.

Uyu mugore wahise anatanga ikirego, mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa 3D TV Rwanda dukesha aya makuru, yavuze ko atari azi ko Ndimbati azafungwa.

Ati “Nari nzi ko wenda kuba yaranze kugira icyo yibwira nk’umugabo ko wenda Leta yo izakimubwire, ntabwo nari nzi ko bahita bamufata ngo bamufunge.”

Kabahizi yakomeje agira ati “Ahubwo baramufunze ndatitira, ndavuga nti ‘Karabaye noneho’.”

Kabahizi avuga ko yiteguye gusabira imbabazi Ndimbati kuko nta nyungu afite mu kuba afunze. Ati “Nzamusabira imbabazi mvuge nti ‘Ndimbati naze hanze.”

Akomeza agira ati “Njya mu itangazamakuru ntabwo nashakaga ko afungwa nashakaga ko amfasha akampa indezo y’abana.”

Ubwo Ndimbati yaburanaga ku ifunga ry’agateganyo, yabwiye Umucamanza ko ibyabaye ari akagambane kuko Umunyamakuru wavugishije uyu mugore yari yamwizeje kuzamufasha kubona amafaranga menshi.

Ndimbati kandi yabwiye Urukiko ko uwo munyamakuru mbere yo gushyira hanze kiriya kiganiro, yabanje kumuhamagara akamusaba kumuha miliyoni 2 Frw bitaba ibyo akamushyira hanze.

Kabahizi Fridaus mu kiganiro yagiranye na 3D TV Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 2 =

Previous Post

Rayon izahura na Musanze naho Kiyovu na APR zishobora guhurira muri 1/4

Next Post

Putin azemera guca bugufi kubera ibihano yafatiwe?- Icyo Abusesenguzi bavuga

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Putin azemera guca bugufi kubera ibihano yafatiwe?- Icyo Abusesenguzi bavuga

Putin azemera guca bugufi kubera ibihano yafatiwe?- Icyo Abusesenguzi bavuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.