Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntabwo nari nzi ko bahita bamufunga- Uwabyaranye na Ndimbati arifuza kumusabira imbabazi agafungurwa

radiotv10by radiotv10
01/04/2022
in MU RWANDA
0
Rurageretse hagati ya Ndimbati n’umukobwa umushinja kumutera inda abanje kumusindisha bakabyarana impanga
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore uvuga ko yabyaranye na Ndimbati abanje kumusambanya ataruzuza imyaka y’ubukure, avuga ko ubwo yatangaga ikiganiro mu bitangazamakuru ndetse no kumurega mu nzego, atari azi ko bizatuma uyu mukinnyi wa film afungwa ndetse ko yiteguye kumusabira imbabazi kugira ngo arekurwe.

Kabahizi Fridaus yavuzwe cyane mu minsi ishize ubwo yatangazaga ko Ndimbati yamusambanyije abanje kumusindisha ndetse bakaza kubyarana impanga z’abana babiri none akaba yarabatereranye

Nyuma y’iminsi micye atanze iki kiganiro, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwahise ruta muri yombi Ndimbati ubu wanamaze gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 ariko akaba yarakijuririye.

Kabahizi Fridaus ndetse n’Umunyamakuru wamukoresheje kiriya kiganiro, bagiye bagarukwaho na bamwe batunga agatoki ko ari bo batumye Ndimbati atabwa muri yombi.

Uyu mugore wahise anatanga ikirego, mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa 3D TV Rwanda dukesha aya makuru, yavuze ko atari azi ko Ndimbati azafungwa.

Ati “Nari nzi ko wenda kuba yaranze kugira icyo yibwira nk’umugabo ko wenda Leta yo izakimubwire, ntabwo nari nzi ko bahita bamufata ngo bamufunge.”

Kabahizi yakomeje agira ati “Ahubwo baramufunze ndatitira, ndavuga nti ‘Karabaye noneho’.”

Kabahizi avuga ko yiteguye gusabira imbabazi Ndimbati kuko nta nyungu afite mu kuba afunze. Ati “Nzamusabira imbabazi mvuge nti ‘Ndimbati naze hanze.”

Akomeza agira ati “Njya mu itangazamakuru ntabwo nashakaga ko afungwa nashakaga ko amfasha akampa indezo y’abana.”

Ubwo Ndimbati yaburanaga ku ifunga ry’agateganyo, yabwiye Umucamanza ko ibyabaye ari akagambane kuko Umunyamakuru wavugishije uyu mugore yari yamwizeje kuzamufasha kubona amafaranga menshi.

Ndimbati kandi yabwiye Urukiko ko uwo munyamakuru mbere yo gushyira hanze kiriya kiganiro, yabanje kumuhamagara akamusaba kumuha miliyoni 2 Frw bitaba ibyo akamushyira hanze.

Kabahizi Fridaus mu kiganiro yagiranye na 3D TV Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Rayon izahura na Musanze naho Kiyovu na APR zishobora guhurira muri 1/4

Next Post

Putin azemera guca bugufi kubera ibihano yafatiwe?- Icyo Abusesenguzi bavuga

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Putin azemera guca bugufi kubera ibihano yafatiwe?- Icyo Abusesenguzi bavuga

Putin azemera guca bugufi kubera ibihano yafatiwe?- Icyo Abusesenguzi bavuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.