Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

radiotv10by radiotv10
11/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari bo baruremye, bakazirikana ko mu gushaka amahoro, bitagomba kureba uruhande rumwe gusa.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 11 Ukuboza 2025 ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi baherutse guhabwa inshingano, barimo Abanyamabanga ba Leta babiri, Umusenateri umwe, ndetse n’Abacamanza babiri bo mu Rukiko rw’Ubujurire.

Perezida Kagame yavuze ko Igihugu cy’u Rwanda gifite umwihariko wacyo nk’uko Ibihugu binyuranye ku Isi biba bifite umwihariko wabyo, ndetse n’imikorere n’imyitwarire bikaba bigomba gutandukana.

Ati “Ni ukuvuga ngo mu nshingano tuba dufite uko dukwiye kuba tuzuza, bidusaba imbaraga zitandukanye ariko nyinshi, abadashyiramo imbaraga ubwo baba bafite impamvu harimo bitewe n’uko Ibihugu byabo biteye cyangwa icyo bifite, harimo n’amateta.”

Yavuze ko u Rwanda bitewe n’aho rwavuye ndetse n’ibibazo rufite, bisaba ko abajya mu nshingano bakora mu buryo budasanzwe, bagakoresha ubushobozi buhari, ubwenge n’ubumenyi.

Ati “Ibibazo byo ni byinshi, bimwe birakemuka, ibindi bikavuka, ibibazo bihoraho. Ndetse bitewe natwe aho tuva aho tugeze n’aho dushaka kujya, dushaka imbaraga nyinshi n’ubushishozi n’ubwitonzi.”

Perezida Paul Kagame yagarutse ku masezerano y’Amahoro y’i Washington D.C. yasinywe tariki 04 Ukuboza 2025, yavuze ko “u Rwanda rwasinye rubishaka, rubyemera kandi ruzanakurikiza ibyo rusabwa kugira ngo ayo masezerano bigende neza n’abandi bakuzuza inshingano zabo, bibe byatugeza ku mahoro.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko nubwo iki Gihugu kiba gifite intego nk’iyi, ariko abo basinyanye ariya masezerano, bo baba bafite indi nzira bashaka kunyura.

Yavuze ko mbere yo kujya muri America, hari hamaze iminsi hatutumba umwuka mubi mu bibazo biri hakurya muri DRC, haba “imirwano ndetse na yo ku gice kimwe itubahirije ibyari byarasezeranywe mbere y’aya masezerano twari tugiye gusinya.”

Yavuze ko iyi mirwano iri kuba muri Kivu y’Epfo, yari yatangiye na mbere y’ariya masezerano yo mu cyumweru gishize, ku buryo abavuga ko habayeho kurenga kuri aya masezerano yasinywe vuba aha, bibeshya.

Yavuze ko ibi bibazo atari iby’ejo cyangwa ejobundi, kandi ko bifite amateka maremare, ariko ko u Rwanda icyo ruhora rwifuza ari amahoro, runayakeneye kurusha abandi bose, kuko ruzi ingaruka zo kutayagira kuko rwabaye muri ibyo bihe igihe kinini.

Ati “Iyo mbona ibi biganiro cyangwa imvugo isa n’iganisha ko ikibazo kiriho ubu cyabayeho nyuma yo gusinya cyangwa kumvikana ku mahoro, bikaba ibibazo byose bikikorerwa n’u Rwanda, usibye ko ntabyumba, ngera aho nkavuga ngo u Rwanda wenda ni cyo navuga se ko ari byo twaremewe kwikorera ibibazo byacu tukikorera n’iby’abandi, ntabwo numva ari byo.”

Avuga ko abikoreza u Rwanda ibi bibazo, na bo ubwabo bazi ukuri, ariko bakakunyura hejuru, kandi kwigaragaza buri wese ushaka kukubona aba akubona, ku buryo ababyirengangiza baba bafite impamvu.

Yavuze ko iyo amahanga asobanurirwa iby’ibi bibazo, baba babyumva neza, ariko bamara gusobanurirwa, bakavuga ngo “u Rwanda rurakomeye, ni ukuvuga ngo murakomeye, mukwiye kwiyicarira ababatera bakabatera.” Ariko we abasubiza ko atumva icyaba kigenderewe.

Yavuze ko ubushobozi u Rwanda rufite ari ukwirinda, kandi ko bwo buzakomeza kubaho, ndetse nta n’uzashaka kuburubuza igihe cyose bizaba ari ngombwa, ruzabukoresha uko bikwiye.

Yanagarutse ku cyifuzo amahanga yigeze kugeza ku Rwanda arusaba kwinginga M23 kurekura Walikare ubwo bafataga uriya mujyi, ndetse bigakorwa, ariko ko bikimara kuba FARDC yahise ihafata, nyamara atari byo byari byumvikanyweho.

Ati “N’uyu munsi kuba ibintu byabaye mbere yuko tujya gusinya amasezerano na nyuma yaho bigakomeza bikavamo ibyabaye muri Uvira, n’ibihumbi n’ibihumbi bari muri Uvira, Minembwe, za Kalimi, Kisangani, bafite ibihumbi birenga 20 by’abasirikare, ukibaza ngo ingabo z’Abarundi zingana gutya, hari chaos ziriyo, birirwa bica abantu, birirwa babarasa, aba bantu ku Isi biriwa bavuga, baba he? Erega abantu baratakambye babura ubatabara.”

Yavuze ko n’ibi biherutse kuba muri Uvira, byongeye kwegekwa ku Rwanda, ariko bakirengagiza ikibazo ahubwo u Rwanda rufite muri Congo cy’umutwe wa FDLR, birirwa bahakana ko utakibaho.

Ati “Ntabwo numva neza ikibazo tugomba kwikorera, ariko nibura habura n’uvuga ati ‘reka nkibikoreze bombi?’”

 

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu

Perezida Kagame avuga ko imijugujugu ihora iterwa u Rwanda, ari myinsi ati “Ntabwo nsinzira, bati ‘itaba telefone iraje’, hano bukira ahandi bukaba buracyeye… ngakomeza…, ku kibazo buri muntu wese azi, ariko u Rwanda rugomba kwikorera umuzigo. Ariko rero kwikorera umuzigo byo tuzawikorera, ariko hari aho umuntu agera agahitamo, n’iyo byombi byaba birimo urupfu, ushobora no guhitamo uko wapfa.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko abashaka gukemura ibibazo bihari, bakwiye kureba impande zombi, aho kumva ko bahora bikoreza umwe ibibazo by’undi.

Ati “U Rwanda rwo ntabwo abantu baruremye, ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu, icyaremye u Rwanda ni cyo cyaremye Isi yose, ntabwo icyaremye Isi yose cyageze aho ngo gifate abantu bamwe kibabwire ngo mujye kuturemera u Rwanda […] ntabwo byakunda.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko u Rwanda rushaka amahoro, kandi ruzayaharanira, ariko ko runahora rwiteguye guhangana n’ibindi bitari ayo mahoro ruhora rwifuza.

Perezida Kagame yavuze ko DRC ifite umugabane w’ibibazo byayo, kimwe n’u Burundi, yewe n’u Rwanda rukagira uwarwo, bose bagomba gusubiza, ariko u Rwanda rudakwiye kwikorezwa imigabane y’abandi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + seventeen =

Previous Post

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Next Post

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

by radiotv10
11/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko abazamuye ibirego by’ibinyoma bivuga ko hari ibisasu byarashwe muri Kamanyola biturutse...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.