Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari bo baruremye, bakazirikana ko mu gushaka amahoro, bitagomba kureba uruhande rumwe gusa.
Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 11 Ukuboza 2025 ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi baherutse guhabwa inshingano, barimo Abanyamabanga ba Leta babiri, Umusenateri umwe, ndetse n’Abacamanza babiri bo mu Rukiko rw’Ubujurire.
Perezida Kagame yavuze ko Igihugu cy’u Rwanda gifite umwihariko wacyo nk’uko Ibihugu binyuranye ku Isi biba bifite umwihariko wabyo, ndetse n’imikorere n’imyitwarire bikaba bigomba gutandukana.
Ati “Ni ukuvuga ngo mu nshingano tuba dufite uko dukwiye kuba tuzuza, bidusaba imbaraga zitandukanye ariko nyinshi, abadashyiramo imbaraga ubwo baba bafite impamvu harimo bitewe n’uko Ibihugu byabo biteye cyangwa icyo bifite, harimo n’amateta.”
Yavuze ko u Rwanda bitewe n’aho rwavuye ndetse n’ibibazo rufite, bisaba ko abajya mu nshingano bakora mu buryo budasanzwe, bagakoresha ubushobozi buhari, ubwenge n’ubumenyi.
Ati “Ibibazo byo ni byinshi, bimwe birakemuka, ibindi bikavuka, ibibazo bihoraho. Ndetse bitewe natwe aho tuva aho tugeze n’aho dushaka kujya, dushaka imbaraga nyinshi n’ubushishozi n’ubwitonzi.”
Perezida Paul Kagame yagarutse ku masezerano y’Amahoro y’i Washington D.C. yasinywe tariki 04 Ukuboza 2025, yavuze ko “u Rwanda rwasinye rubishaka, rubyemera kandi ruzanakurikiza ibyo rusabwa kugira ngo ayo masezerano bigende neza n’abandi bakuzuza inshingano zabo, bibe byatugeza ku mahoro.”
Umukuru w’u Rwanda yavuze ko nubwo iki Gihugu kiba gifite intego nk’iyi, ariko abo basinyanye ariya masezerano, bo baba bafite indi nzira bashaka kunyura.
Yavuze ko mbere yo kujya muri America, hari hamaze iminsi hatutumba umwuka mubi mu bibazo biri hakurya muri DRC, haba “imirwano ndetse na yo ku gice kimwe itubahirije ibyari byarasezeranywe mbere y’aya masezerano twari tugiye gusinya.”
Yavuze ko iyi mirwano iri kuba muri Kivu y’Epfo, yari yatangiye na mbere y’ariya masezerano yo mu cyumweru gishize, ku buryo abavuga ko habayeho kurenga kuri aya masezerano yasinywe vuba aha, bibeshya.
Yavuze ko ibi bibazo atari iby’ejo cyangwa ejobundi, kandi ko bifite amateka maremare, ariko ko u Rwanda icyo ruhora rwifuza ari amahoro, runayakeneye kurusha abandi bose, kuko ruzi ingaruka zo kutayagira kuko rwabaye muri ibyo bihe igihe kinini.
Ati “Iyo mbona ibi biganiro cyangwa imvugo isa n’iganisha ko ikibazo kiriho ubu cyabayeho nyuma yo gusinya cyangwa kumvikana ku mahoro, bikaba ibibazo byose bikikorerwa n’u Rwanda, usibye ko ntabyumba, ngera aho nkavuga ngo u Rwanda wenda ni cyo navuga se ko ari byo twaremewe kwikorera ibibazo byacu tukikorera n’iby’abandi, ntabwo numva ari byo.”
Avuga ko abikoreza u Rwanda ibi bibazo, na bo ubwabo bazi ukuri, ariko bakakunyura hejuru, kandi kwigaragaza buri wese ushaka kukubona aba akubona, ku buryo ababyirengangiza baba bafite impamvu.
Yavuze ko iyo amahanga asobanurirwa iby’ibi bibazo, baba babyumva neza, ariko bamara gusobanurirwa, bakavuga ngo “u Rwanda rurakomeye, ni ukuvuga ngo murakomeye, mukwiye kwiyicarira ababatera bakabatera.” Ariko we abasubiza ko atumva icyaba kigenderewe.
Yavuze ko ubushobozi u Rwanda rufite ari ukwirinda, kandi ko bwo buzakomeza kubaho, ndetse nta n’uzashaka kuburubuza igihe cyose bizaba ari ngombwa, ruzabukoresha uko bikwiye.
Yanagarutse ku cyifuzo amahanga yigeze kugeza ku Rwanda arusaba kwinginga M23 kurekura Walikare ubwo bafataga uriya mujyi, ndetse bigakorwa, ariko ko bikimara kuba FARDC yahise ihafata, nyamara atari byo byari byumvikanyweho.
Ati “N’uyu munsi kuba ibintu byabaye mbere yuko tujya gusinya amasezerano na nyuma yaho bigakomeza bikavamo ibyabaye muri Uvira, n’ibihumbi n’ibihumbi bari muri Uvira, Minembwe, za Kalimi, Kisangani, bafite ibihumbi birenga 20 by’abasirikare, ukibaza ngo ingabo z’Abarundi zingana gutya, hari chaos ziriyo, birirwa bica abantu, birirwa babarasa, aba bantu ku Isi biriwa bavuga, baba he? Erega abantu baratakambye babura ubatabara.”
Yavuze ko n’ibi biherutse kuba muri Uvira, byongeye kwegekwa ku Rwanda, ariko bakirengagiza ikibazo ahubwo u Rwanda rufite muri Congo cy’umutwe wa FDLR, birirwa bahakana ko utakibaho.
Ati “Ntabwo numva neza ikibazo tugomba kwikorera, ariko nibura habura n’uvuga ati ‘reka nkibikoreze bombi?’”
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu
Perezida Kagame avuga ko imijugujugu ihora iterwa u Rwanda, ari myinsi ati “Ntabwo nsinzira, bati ‘itaba telefone iraje’, hano bukira ahandi bukaba buracyeye… ngakomeza…, ku kibazo buri muntu wese azi, ariko u Rwanda rugomba kwikorera umuzigo. Ariko rero kwikorera umuzigo byo tuzawikorera, ariko hari aho umuntu agera agahitamo, n’iyo byombi byaba birimo urupfu, ushobora no guhitamo uko wapfa.”
Umukuru w’Igihugu yavuze ko abashaka gukemura ibibazo bihari, bakwiye kureba impande zombi, aho kumva ko bahora bikoreza umwe ibibazo by’undi.
Ati “U Rwanda rwo ntabwo abantu baruremye, ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu, icyaremye u Rwanda ni cyo cyaremye Isi yose, ntabwo icyaremye Isi yose cyageze aho ngo gifate abantu bamwe kibabwire ngo mujye kuturemera u Rwanda […] ntabwo byakunda.”
Umukuru w’Igihugu yavuze ko u Rwanda rushaka amahoro, kandi ruzayaharanira, ariko ko runahora rwiteguye guhangana n’ibindi bitari ayo mahoro ruhora rwifuza.
Perezida Kagame yavuze ko DRC ifite umugabane w’ibibazo byayo, kimwe n’u Burundi, yewe n’u Rwanda rukagira uwarwo, bose bagomba gusubiza, ariko u Rwanda rudakwiye kwikorezwa imigabane y’abandi.
RADIOTV10








