Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntawushidikanya ko Museveni afite ubwenge bwinshi ariko ikibazo ni uburyo abukoresha- Besigye

radiotv10by radiotv10
30/07/2022
in MU RWANDA
0
Ntawushidikanya ko Museveni afite ubwenge bwinshi ariko ikibazo ni uburyo abukoresha- Besigye
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Kizza Besigye avuga ko Yoweri Museveni afite ubumenyi n’ubushobozi bihambaye ariko ko ikibazo ari uburyo abikoresha mu nzira mbi zigamije kwigwizaho imitungo mu gihe Abanya-Uganda ngo bakomeje kwicira isazi mu jisho.

Dr Kizza Besigye wagize imyanya mu buyobozi bwa Perezida Museveni ndetse akaba yarabaye umwe mu baganga be, yatangaje ibi mu kiganiro yagiranye na NTV Uganda.

Uyu mugabo wanahanganye kenshi na Museveni mu matora y’Umukuru w’Igihugu ariko agatsindwa inshuro nyinshi, avuga ko uyu mukuru w’Igihugu cya Uganda, ari umunyapolitiki w’umuhanga kandi ugira akarimi keza.

Ati “Nta muntu ushobora kuyobora miliyoni z’abaturage imyaka myinshi mu giye yaba adafite ubumenyi. Ntabwo wayobora Uganda imyaka umunani, imyaka icyenda kandi muri Uganda hari Abaporofeseri mu bumenyi, ariko arabayobora.”

Yakomeje agira ati “Mu bigaragara afite ubumenyi, ntagushidikanya ko Museveni afite ubushobozi cyangwa atabufite, ntabwo wayobora Igihugu icyo ari cyo cyose imyaka igera muri 40 udafite ubwenge, ikibazo ni uburyo akoresha ubwo bumenyi mu buryo bubi agamije ikibi.”

Muri iki kiganiro, Dr Kizza Besigye yavuze ko Museveni ari gushaka kubaka ibyo yasenye we ubwe, agatanga urugero ko nk’igihe bafataga ubutegetsi mu 1986 hari umuhanda wa Gari ya Moshi wajyaga Kasese ndete n’ahandi, ati “Ariko ubu nta na kimwe gihari.”

Ati “Kuba akiri ku butegetsi ntibivuze ko ari gukorera Igihugu. Hari ibyo ahora avuga ngo impamvu agoma ku butegetsi ngo ni uko Abanya-Uganda bamuhitamo bakamutora nkaho igihe twajyaga mu mashyamba hatabagaho amatora, ariko yabagaho.”

Uyu munyapolitiki wagiye ahura n’ibizazane byinshi kubera kurwanya ubutegetsi bwa Museveni, yavuze ko Museveni atashyizwe ku butegetsi n’abaturage ahubwo ko yabugezeho akoresheje imbunda ndetse ko na we ubwe ari mu bo bafatanyije mu rugendo rwabumugejejeho.

Ati “Twaje turwana kugira ngo dufate ubutegetsi, tubufata ku mbaraga ibyo nta muntu wabihakana kandi icyo gihe twavugaga ko tugiye gushyiraho uburyo bwo guhererekanya ubutegetsi ariko ibyo ntabyabayeho.”

Dr Kizza Besigye avuga ko Museveni yaje ntakintu na kimwe afite ariko ubu akaba ari mu bakire ba mbere mu gihe abandi Banya-Uganda bicira isazi mu jisho.

Uyu munyapolitiki yatangaje ibi mu gihe bivugwa ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni ataziyamamaza ahubwo azaharira umuhungu Lt Gen Muhoozi Kainerugaba na we usa nk’uwatangiye kwitoza kuzayobora Abanya-Uganda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Umudepite ukekwaho kwiba telefone ifite agaciro k’ibihumbi 20Frw ari guhigishwa uruhindu

Next Post

Guverinoma ya Congo yagaragaje isomo rikomeye yakuye mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma ya Congo yagaragaje isomo rikomeye yakuye mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO

Guverinoma ya Congo yagaragaje isomo rikomeye yakuye mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.