• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntawushidikanya ko Museveni afite ubwenge bwinshi ariko ikibazo ni uburyo abukoresha- Besigye

radiotv10by radiotv10
30/07/2022
in MU RWANDA
0
Ntawushidikanya ko Museveni afite ubwenge bwinshi ariko ikibazo ni uburyo abukoresha- Besigye
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Kizza Besigye avuga ko Yoweri Museveni afite ubumenyi n’ubushobozi bihambaye ariko ko ikibazo ari uburyo abikoresha mu nzira mbi zigamije kwigwizaho imitungo mu gihe Abanya-Uganda ngo bakomeje kwicira isazi mu jisho.

Dr Kizza Besigye wagize imyanya mu buyobozi bwa Perezida Museveni ndetse akaba yarabaye umwe mu baganga be, yatangaje ibi mu kiganiro yagiranye na NTV Uganda.

Uyu mugabo wanahanganye kenshi na Museveni mu matora y’Umukuru w’Igihugu ariko agatsindwa inshuro nyinshi, avuga ko uyu mukuru w’Igihugu cya Uganda, ari umunyapolitiki w’umuhanga kandi ugira akarimi keza.

Ati “Nta muntu ushobora kuyobora miliyoni z’abaturage imyaka myinshi mu giye yaba adafite ubumenyi. Ntabwo wayobora Uganda imyaka umunani, imyaka icyenda kandi muri Uganda hari Abaporofeseri mu bumenyi, ariko arabayobora.”

Yakomeje agira ati “Mu bigaragara afite ubumenyi, ntagushidikanya ko Museveni afite ubushobozi cyangwa atabufite, ntabwo wayobora Igihugu icyo ari cyo cyose imyaka igera muri 40 udafite ubwenge, ikibazo ni uburyo akoresha ubwo bumenyi mu buryo bubi agamije ikibi.”

Muri iki kiganiro, Dr Kizza Besigye yavuze ko Museveni ari gushaka kubaka ibyo yasenye we ubwe, agatanga urugero ko nk’igihe bafataga ubutegetsi mu 1986 hari umuhanda wa Gari ya Moshi wajyaga Kasese ndete n’ahandi, ati “Ariko ubu nta na kimwe gihari.”

Ati “Kuba akiri ku butegetsi ntibivuze ko ari gukorera Igihugu. Hari ibyo ahora avuga ngo impamvu agoma ku butegetsi ngo ni uko Abanya-Uganda bamuhitamo bakamutora nkaho igihe twajyaga mu mashyamba hatabagaho amatora, ariko yabagaho.”

Uyu munyapolitiki wagiye ahura n’ibizazane byinshi kubera kurwanya ubutegetsi bwa Museveni, yavuze ko Museveni atashyizwe ku butegetsi n’abaturage ahubwo ko yabugezeho akoresheje imbunda ndetse ko na we ubwe ari mu bo bafatanyije mu rugendo rwabumugejejeho.

Ati “Twaje turwana kugira ngo dufate ubutegetsi, tubufata ku mbaraga ibyo nta muntu wabihakana kandi icyo gihe twavugaga ko tugiye gushyiraho uburyo bwo guhererekanya ubutegetsi ariko ibyo ntabyabayeho.”

Dr Kizza Besigye avuga ko Museveni yaje ntakintu na kimwe afite ariko ubu akaba ari mu bakire ba mbere mu gihe abandi Banya-Uganda bicira isazi mu jisho.

Uyu munyapolitiki yatangaje ibi mu gihe bivugwa ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni ataziyamamaza ahubwo azaharira umuhungu Lt Gen Muhoozi Kainerugaba na we usa nk’uwatangiye kwitoza kuzayobora Abanya-Uganda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 12 =

Previous Post

Umudepite ukekwaho kwiba telefone ifite agaciro k’ibihumbi 20Frw ari guhigishwa uruhindu

Next Post

Guverinoma ya Congo yagaragaje isomo rikomeye yakuye mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Guverinoma ya Congo yagaragaje isomo rikomeye yakuye mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO

Guverinoma ya Congo yagaragaje isomo rikomeye yakuye mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.