Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntawushidikanya ko Museveni afite ubwenge bwinshi ariko ikibazo ni uburyo abukoresha- Besigye

radiotv10by radiotv10
30/07/2022
in MU RWANDA
0
Ntawushidikanya ko Museveni afite ubwenge bwinshi ariko ikibazo ni uburyo abukoresha- Besigye
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Kizza Besigye avuga ko Yoweri Museveni afite ubumenyi n’ubushobozi bihambaye ariko ko ikibazo ari uburyo abikoresha mu nzira mbi zigamije kwigwizaho imitungo mu gihe Abanya-Uganda ngo bakomeje kwicira isazi mu jisho.

Dr Kizza Besigye wagize imyanya mu buyobozi bwa Perezida Museveni ndetse akaba yarabaye umwe mu baganga be, yatangaje ibi mu kiganiro yagiranye na NTV Uganda.

Uyu mugabo wanahanganye kenshi na Museveni mu matora y’Umukuru w’Igihugu ariko agatsindwa inshuro nyinshi, avuga ko uyu mukuru w’Igihugu cya Uganda, ari umunyapolitiki w’umuhanga kandi ugira akarimi keza.

Ati “Nta muntu ushobora kuyobora miliyoni z’abaturage imyaka myinshi mu giye yaba adafite ubumenyi. Ntabwo wayobora Uganda imyaka umunani, imyaka icyenda kandi muri Uganda hari Abaporofeseri mu bumenyi, ariko arabayobora.”

Yakomeje agira ati “Mu bigaragara afite ubumenyi, ntagushidikanya ko Museveni afite ubushobozi cyangwa atabufite, ntabwo wayobora Igihugu icyo ari cyo cyose imyaka igera muri 40 udafite ubwenge, ikibazo ni uburyo akoresha ubwo bumenyi mu buryo bubi agamije ikibi.”

Muri iki kiganiro, Dr Kizza Besigye yavuze ko Museveni ari gushaka kubaka ibyo yasenye we ubwe, agatanga urugero ko nk’igihe bafataga ubutegetsi mu 1986 hari umuhanda wa Gari ya Moshi wajyaga Kasese ndete n’ahandi, ati “Ariko ubu nta na kimwe gihari.”

Ati “Kuba akiri ku butegetsi ntibivuze ko ari gukorera Igihugu. Hari ibyo ahora avuga ngo impamvu agoma ku butegetsi ngo ni uko Abanya-Uganda bamuhitamo bakamutora nkaho igihe twajyaga mu mashyamba hatabagaho amatora, ariko yabagaho.”

Uyu munyapolitiki wagiye ahura n’ibizazane byinshi kubera kurwanya ubutegetsi bwa Museveni, yavuze ko Museveni atashyizwe ku butegetsi n’abaturage ahubwo ko yabugezeho akoresheje imbunda ndetse ko na we ubwe ari mu bo bafatanyije mu rugendo rwabumugejejeho.

Ati “Twaje turwana kugira ngo dufate ubutegetsi, tubufata ku mbaraga ibyo nta muntu wabihakana kandi icyo gihe twavugaga ko tugiye gushyiraho uburyo bwo guhererekanya ubutegetsi ariko ibyo ntabyabayeho.”

Dr Kizza Besigye avuga ko Museveni yaje ntakintu na kimwe afite ariko ubu akaba ari mu bakire ba mbere mu gihe abandi Banya-Uganda bicira isazi mu jisho.

Uyu munyapolitiki yatangaje ibi mu gihe bivugwa ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni ataziyamamaza ahubwo azaharira umuhungu Lt Gen Muhoozi Kainerugaba na we usa nk’uwatangiye kwitoza kuzayobora Abanya-Uganda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 15 =

Previous Post

Umudepite ukekwaho kwiba telefone ifite agaciro k’ibihumbi 20Frw ari guhigishwa uruhindu

Next Post

Guverinoma ya Congo yagaragaje isomo rikomeye yakuye mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma ya Congo yagaragaje isomo rikomeye yakuye mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO

Guverinoma ya Congo yagaragaje isomo rikomeye yakuye mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.