Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ntibikiri ibanga undi muhanzi uzwi mu Rwanda agiye kujya yumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

radiotv10by radiotv10
20/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ntibikiri ibanga undi muhanzi uzwi mu Rwanda agiye kujya yumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Passy Kizito wahoze mu itsinda rya TNP, ubu uririmba ku giti cye, yamaze kwinjira mu mwuga w’itangazamakuru, aho agiye kujya yumvikana kuri radiyo imwe mu Rwanda itambutsa ibiganiro by’imyidagaduro.

Kizito Pascal wamamaye nka Passy wari uherutse gutsinda ikizamini cy’akazi ko gukora kuri Radio ya Magic FM isanzwe ari kimwe mu bitangazamakuru by’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yatangiye akazi.

Uyu muhanzi biteganyijwe ko atangira akazi k’umwuga w’itangazamakuru muri iki cyumweru, aho azajya akora ikiganiro kizwi nka ‘Magic on Point’ azajya akorana na Ingabire Yvonne usanzwe ari umunyamakuru w’iki Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 20 Mutarama 2025 mu kiganiro gisanzwe gitambuka kuri iyi Radiyo ya Magic FM, kizwi nka Magic Morning, Passy ndetse n’abandi banyamakuru bashya b’iyi radio, bari batumiwemo, aho uyu muhanzi yavuze ko yishimiye kuba aje mu mwuga w’Itangazamakuru.

Uyu muhanzi wamaze no kuba Umunyamakuru, wagarutse kuri bimwe mu bizaba bigize ikiganiro azajya akorana na Yvonne, yavuze ko bazajya bahugura abantu ku ngingo zinyuranye, nk’uburyo bwo gutegura amafunguro.

Passy agarutse mu mwuga w’Itangazamakuru yanaminujemo muri kaminuza, nyuma yuko yigeze gukorera igitangazamakuru cya Radio&TV 1, ariko atatinzeho.

Amanota y’ibizamini by’akazi yari aherutse gushyirwa hanze n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yagaragazaga ko Kizito Pascal AKA Passy yagize amanota 79% ku mwanya wa Producer na Presenter.

Passy abaye undi muhanzi winjiye mu mwuga w’itangazamakuru, asanzemo abandi nka we, barimo umunyamakuru Uncle Austin, Yago Pon Dat, ndetse na Andy Bumuntu we uherutse gutandukana n’igitangazamakuru yari amazeho imyaka ibiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 7 =

Previous Post

Umuhanzi Safi bwa mbere yavuze birambuye ku cyatumye we na Judith biyemeza gutandukana

Next Post

Ishusho y’uko byifashe mu mirwano hagati ya M23 na FARDC

Related Posts

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco yatanze umucyo ku byatumye hari abakeka ko yaba yarabeshye abantu igihe kinini ko atabona, avuga ko amashusho...

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

by radiotv10
21/11/2025
0

Kyra Nkezabera ukomoka ku babyeyi barimo Umunyarwanda, uri guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi (Miss Belgium), yageze mu cyiciro cya...

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

by radiotv10
19/11/2025
0

Umuhanzi Bill Ruzima wari uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge, yamaze kujyanwa mu Kigo Ngororamuco cya Huye cyanyuzemo abandi...

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

by radiotv10
19/11/2025
0

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yageneye ubutumwa mugenzi we Ishimwe Vestine amukomeza, nyuma yuko hagiye hanze...

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

by radiotv10
19/11/2025
0

Yifashishije ibipfunsi bibiri byambaye uturindantoki tuzwi ku bakinnyi b’iteramakofe, Umuhanzi The Ben yateguje abantu igitaramo mbaturamugabo bivugwa ko azahuriramo na...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Congo rwongeye kwambikana M23 iteguza gufata akandi gace

Ishusho y’uko byifashe mu mirwano hagati ya M23 na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.