• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ntibikiri ibanga undi muhanzi uzwi mu Rwanda agiye kujya yumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

radiotv10by radiotv10
20/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ntibikiri ibanga undi muhanzi uzwi mu Rwanda agiye kujya yumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Passy Kizito wahoze mu itsinda rya TNP, ubu uririmba ku giti cye, yamaze kwinjira mu mwuga w’itangazamakuru, aho agiye kujya yumvikana kuri radiyo imwe mu Rwanda itambutsa ibiganiro by’imyidagaduro.

Kizito Pascal wamamaye nka Passy wari uherutse gutsinda ikizamini cy’akazi ko gukora kuri Radio ya Magic FM isanzwe ari kimwe mu bitangazamakuru by’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yatangiye akazi.

Uyu muhanzi biteganyijwe ko atangira akazi k’umwuga w’itangazamakuru muri iki cyumweru, aho azajya akora ikiganiro kizwi nka ‘Magic on Point’ azajya akorana na Ingabire Yvonne usanzwe ari umunyamakuru w’iki Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 20 Mutarama 2025 mu kiganiro gisanzwe gitambuka kuri iyi Radiyo ya Magic FM, kizwi nka Magic Morning, Passy ndetse n’abandi banyamakuru bashya b’iyi radio, bari batumiwemo, aho uyu muhanzi yavuze ko yishimiye kuba aje mu mwuga w’Itangazamakuru.

Uyu muhanzi wamaze no kuba Umunyamakuru, wagarutse kuri bimwe mu bizaba bigize ikiganiro azajya akorana na Yvonne, yavuze ko bazajya bahugura abantu ku ngingo zinyuranye, nk’uburyo bwo gutegura amafunguro.

Passy agarutse mu mwuga w’Itangazamakuru yanaminujemo muri kaminuza, nyuma yuko yigeze gukorera igitangazamakuru cya Radio&TV 1, ariko atatinzeho.

Amanota y’ibizamini by’akazi yari aherutse gushyirwa hanze n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yagaragazaga ko Kizito Pascal AKA Passy yagize amanota 79% ku mwanya wa Producer na Presenter.

Passy abaye undi muhanzi winjiye mu mwuga w’itangazamakuru, asanzemo abandi nka we, barimo umunyamakuru Uncle Austin, Yago Pon Dat, ndetse na Andy Bumuntu we uherutse gutandukana n’igitangazamakuru yari amazeho imyaka ibiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 7 =

Previous Post

Umuhanzi Safi bwa mbere yavuze birambuye ku cyatumye we na Judith biyemeza gutandukana

Next Post

Ishusho y’uko byifashe mu mirwano hagati ya M23 na FARDC

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Muri Congo rwongeye kwambikana M23 iteguza gufata akandi gace

Ishusho y’uko byifashe mu mirwano hagati ya M23 na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.