Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

radiotv10by radiotv10
28/10/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya
Share on FacebookShare on Twitter

Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa yavuze ko ubuyobozi bw’iyi kipe bugifitiye icyizere umutoza mushya wayo, Taleb Abderrahim nubwo imikino amaze gukina atabonye umusaruro wifuzwaga, ariko ko bakurikije ibyangombwa afite, n’icyizere abuha, ntarirarenga.

Brig Gen Deo Rusanganwa yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ukwakira 2025 mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, cyagarutse ku musaruro uri kugaragara muri iyi kipe ya APR yari ihagarariye u Rwanda mu Mikino Nyafurika, igasezererwa rugikubita.

Avuga ko ntawabura kuvuga ko mu ntangiro z’uyu mwaka w’imikino, umusaruro w’iyi kipe, udahagaze neza, nubwo iyi kipe yari yagerageje kwitegura neza, ikagura abakinnyi ikanakina imikino ya gicuti.

Yagize ati “Kuva dutangiye habayemo ibibazo murabizi. Umutoza ni mushya, abakinnyi ni bashyashya, kugira ngo ikipe ijye hamwe, umutoza mushya twamuhaye imikino myinshi kugira ngo tumufashe ashobore kumenya abakinnyi be ukuntu bakinana, no gushaka style (uburyo) bazakinamo.

Yakomeje agira ati “Uwa mbere [umutosa] kugira ngo ajye kujyenda ibyo mwajyaga munenga murabizi, uyu kugira ngo akine umupira mwiza abantu bose bishimira, wa APR wa cyera, birasa n’aho bitarajya mu murongo neza.”

Avuga ko kugeza ubu adahita aca urubanza ngo avuge ko imitoreze y’uyu mutoza mushya idashamaje, kuko hakiri igihe.

Ati “Ntabwo ubu najija (namucira urubanza), uriya mutoza muzi ko ni a Professor muri Football, kuko twarebye impapuro afite n’urwego ariho rwa CAF Pro. Kugira ngo wubake ikipe ni uko ushaka umuntu ubyumva neza, kugeza ubu rero bisa n’aho tutari twabona neza, ariko we arambwira ngo ntakibazo nk’umuntu w’umuhanga, hari ibyo areba twe tutabona. Kugeza ubu ntacyo nabiganiraho.”

Avuga ko ubuyobozi bwa APR bwakoze ibyo bwagombaga gukora nko kugura abakinnyi, nubwo hari abari mu mvune no mu bihano, kandi ko n’umutoza yababwiye ko kugeza ubu ntakibazo gikomeye gihari.

Ati “Yatubwiraga ko ikipe yuzuye usibye imyanya nk’itatu yadusabye kugira ngo tube twakina ku rwego rwiza, hari abakinnyi nka batatu yifuza […] ariko akatubwira ko abahari na bo ari sawa, usibye ko tuzagenda tumwongereramo nka batatu kugira ngo ikipe noneho igere ku rwego twifuza.”

Brig Gen Deo avuga ko aba bakinnyi bifuzwa na APR bazatangira kurambagizwa muri Mutarama umwaka utaha, ariko ko “hari ibyo tuzakora, kandi byanze bikunze twizeye ko bizashimisha abafana bacu.”

Chairman wa APR avuga ko muri uko kurambagiza abakinnyi bo kongera muri iyi kipe, hazarebwa ku bakinnyi bo hanze, kuko mu Rwanda ntabari ku rwego rw’abo iyi kipe yifuza kongeramo.

Abajijwe niba bazarambagiza hanze cyangwa mu Rwanda, Brig Gen Deo yagize ati “Ni hanze. Ephrem mu Rwanda ko na we uhoramo, wambwira ngo ni inde koko [uri ku rwego rwo gukinira APR] nubwo abantu bakwepakwepa, ariko tuvugishe ukuri, ko dukinnye imikino mpuzamahanga murayibona […] turashaka abantu bari ku rwego kandi…njya mbisobanura buriya scouting bisaba ibintu byinshi, Uko dushaka kubaka APR, turashaka kubaka ibaransinga [balance/irimo iringaniza], abakinnyi bato n’abakinnyi bakuru ariko bacye no kuzamura abacu bakabona aho bakinira.”

Brig Gen Deo yizeza abakunzi b’iyi Kipe y’Ingabo z’u Rwanda ko nk’uko yabamenyereje ibyishimo, n’ubundi ari yo ntego, kandi ko hari icyizere, akabasaba gukomeza kuba hafi ikipe yabo.

Jean Claude HITIMANA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + twelve =

Previous Post

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Next Post

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.