Thursday, October 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

radiotv10by radiotv10
23/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Karambo mu Karere ka Gakenke, bavuga ko batumva ukuntu ingo zabo zasimbutswe mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi, byatumye hari bamwe baturanye n’abatawufite bo ntawo.

Aba baturage bo mu Mudugudu wa Gatembe, mu Kagari ka Kanyanza mu Murenge wa Karambo, bavuga ko ubwo hakwirakwizwaga umuriro w’amashanyarazi ingo zabo bazisimbutse, aho bavuga ko izitarawuhawe ari ingo icumi.

Ntakobatagira Beatha yagize ati “Ubwo bazaga gutanga umuriro inaha nabonye bansimbutse, uwo twegeranye bawumuhaye, mbajije barambwira ngo njyewe sindi ku rutonde, noneho njya kuri REG barambwira ngo ntegereze mu kwa gatandatu bazagaruka.”

Uyu muturage avuga ko atanyurwa n’iki gisubizo bakomeza guhabwa iyo babajije impamvu batahawe amashanyarazi nyamara abaturanyi babo bacana.

Gumusenge Jean Damascen nawe yagize ati “Reba nawe hano iwanjye ntawuhari ariko uriya wo hirya arawufite, ntiwamenya icyo bagendeyeho batanga uno muriro, twirirwa kuri REG tubaza batubwira ko ngo bazaza kuduha natwe kandi baradusimbutse batureba, natwe badufashe badukure muri uyu mwijima.”

Umuyobozi wa Sosiyete Ingufu REG, ishami rya Gakenke, Dusengimana Damien yabwiye RADIOTV10 ko uyu muriro wahawe abaturage watanzwe n’umushinga wa STEG, icyakora Ko nibamara kuwubamurikira, bazagenda baha n’abo basigaye.

Ati “Uno muriro watanzwe n’umushinga wa STEG kandi iyo bagiye kuwutanga ni bo bihitiramo abo bari buwuhe kuko ni bo bikorera ubushakashatsi, ubu rero dutegereje ko dukora ihererekanyabubasha bakabitumurikira noneho natwe abasigaye tukazahita tubagezaho umuriro w’amashanyarazi.”

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) igaragaza ko 99,3% by’abaturage ba Gakenke bamaze kubona amashanyarazi, hakaba hibandwa cyane mu bice bifatwa nk’icyaro.

Ku rwego rw’igihugu, kugeza mu kwezi kwa Gashyantare 2025, amashanyarazi yari amaze kugera kuri 82,2% by’ingo zo mu Rwanda zose harimo 57,4% ku miyoboro migari na 24.8% ku miyoboro y’inyongera nk’imirasire y’izuba.

Intego ya Leta yo kugeza amashanyarazi ku 100% y’abaturage mbere ya 2024 ntiyashobotse, ariko imbaraga ziracyakomeje, hakaba hari intego ikomeye yo kugeza abaturage bose ku muriro utunganyijwe no ku rugero rwa 100% mu mwaka wa 2030.

Bavuga ko basimbutswe ubwo bahabwaga umuriro w’amashanyarazi

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 1 =

Previous Post

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

Related Posts

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

by radiotv10
23/10/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) has announced that by the end of this month, activities will begin to verify personal...

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Gakenke: Ingorane z’umubyeyi wabyaye akiri umwana nyuma yuko uwamuteye inda afunzwe

by radiotv10
23/10/2025
0

Umubyeyi w’imyaka 19 wo mu Murenge wa Karambo mu Karere ka Gakenke, watewe inda afite imyaka 16, aravuga ko abayeho...

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

by radiotv10
23/10/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikigo cy'lgihugu Gishinzwe Irangamuntu 'NIDA', bwamenyesheje Abanyarwanda bose ko mu mpera z’uku kwezi hazatangira ibikorwa byo kwemeza imyirondoro no...

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

by radiotv10
22/10/2025
0

Indwara y’Uburenge ifata amatungo yagaragaye mu Mirenge itatu yo mu Karere ka Rubavu, yatumye Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu...

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

by radiotv10
22/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi; yakiriye mugenzi we wa Somalia, n’Umugaba Wungirije w’Ingabo za Qatar...

IZIHERUKA

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi
IMIBEREHO MYIZA

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

by radiotv10
23/10/2025
0

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

23/10/2025
Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Gakenke: Ingorane z’umubyeyi wabyaye akiri umwana nyuma yuko uwamuteye inda afunzwe

23/10/2025
Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

23/10/2025
Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Hatangajwe ibyemezo byafatiwe abasifuzi bayoboye imikino yazamuye impaka irimo uwa APR na Mukura

23/10/2025
Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon

Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon

22/10/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

Gakenke: Ingorane z’umubyeyi wabyaye akiri umwana nyuma yuko uwamuteye inda afunzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.