Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

radiotv10by radiotv10
23/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Karambo mu Karere ka Gakenke, bavuga ko batumva ukuntu ingo zabo zasimbutswe mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi, byatumye hari bamwe baturanye n’abatawufite bo ntawo.

Aba baturage bo mu Mudugudu wa Gatembe, mu Kagari ka Kanyanza mu Murenge wa Karambo, bavuga ko ubwo hakwirakwizwaga umuriro w’amashanyarazi ingo zabo bazisimbutse, aho bavuga ko izitarawuhawe ari ingo icumi.

Ntakobatagira Beatha yagize ati “Ubwo bazaga gutanga umuriro inaha nabonye bansimbutse, uwo twegeranye bawumuhaye, mbajije barambwira ngo njyewe sindi ku rutonde, noneho njya kuri REG barambwira ngo ntegereze mu kwa gatandatu bazagaruka.”

Uyu muturage avuga ko atanyurwa n’iki gisubizo bakomeza guhabwa iyo babajije impamvu batahawe amashanyarazi nyamara abaturanyi babo bacana.

Gumusenge Jean Damascen nawe yagize ati “Reba nawe hano iwanjye ntawuhari ariko uriya wo hirya arawufite, ntiwamenya icyo bagendeyeho batanga uno muriro, twirirwa kuri REG tubaza batubwira ko ngo bazaza kuduha natwe kandi baradusimbutse batureba, natwe badufashe badukure muri uyu mwijima.”

Umuyobozi wa Sosiyete Ingufu REG, ishami rya Gakenke, Dusengimana Damien yabwiye RADIOTV10 ko uyu muriro wahawe abaturage watanzwe n’umushinga wa STEG, icyakora Ko nibamara kuwubamurikira, bazagenda baha n’abo basigaye.

Ati “Uno muriro watanzwe n’umushinga wa STEG kandi iyo bagiye kuwutanga ni bo bihitiramo abo bari buwuhe kuko ni bo bikorera ubushakashatsi, ubu rero dutegereje ko dukora ihererekanyabubasha bakabitumurikira noneho natwe abasigaye tukazahita tubagezaho umuriro w’amashanyarazi.”

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) igaragaza ko 99,3% by’abaturage ba Gakenke bamaze kubona amashanyarazi, hakaba hibandwa cyane mu bice bifatwa nk’icyaro.

Ku rwego rw’igihugu, kugeza mu kwezi kwa Gashyantare 2025, amashanyarazi yari amaze kugera kuri 82,2% by’ingo zo mu Rwanda zose harimo 57,4% ku miyoboro migari na 24.8% ku miyoboro y’inyongera nk’imirasire y’izuba.

Intego ya Leta yo kugeza amashanyarazi ku 100% y’abaturage mbere ya 2024 ntiyashobotse, ariko imbaraga ziracyakomeje, hakaba hari intego ikomeye yo kugeza abaturage bose ku muriro utunganyijwe no ku rugero rwa 100% mu mwaka wa 2030.

Bavuga ko basimbutswe ubwo bahabwaga umuriro w’amashanyarazi

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

Next Post

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.