Sunday, October 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

radiotv10by radiotv10
12/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80
Share on FacebookShare on Twitter

Jorine Najjemba w’imyaka 20 wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye, yagiye kwaka impapuro zo kujya gushaka imikono y’abamushyigikira kugira ngo azabone uko atanga kandidatire mu matora y’Umukuru w’Igihugu cya Uganda, agahatana na Perezida Yoweri Museveni, agasaba Abanya-Uganda kumushyigikira batitaye ku myaka ye cyangwa uko agaragara inyuma.

Uyu mukobwa wo mu gace ka Nkowe afite intero igira iti “Open Door, New Uganda for Everyone”, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ubwo yari agiye gufata izo nyandiko, yavuze ko yifuza ko Abanya-Uganda bazamushyigikira muri uru rugendo rwe.

Ati “Buri wese ndamusaba kungirira icyizere. Ndabizi muraza kuvuga ngo uyu ni umukobwa ukiri muto ntacyo yakora. Muraza kuvuga ngo abagore bagira imbamutima nyinshi, ariko kugira imbamutima biba bigaragaza ko ufite ubumuntu.”

Uyu mukobwa avuga ko Uganda imaze igihe kinini iyoborwa n’Umuperezida umwe, ariko ko igihe kigeze ngo Abanya-Uganda bafunguke amaso banahe amahirwe abandi kugira ngo na bo bagaragaze ibyo bashoboye, kandi ko mu bafite ubwo bushobozi arimo.

Agendeye kuri iyi ntero ye “Open Door, New Uganda for Everyone”, avuga ko Uganda igomba guha ikaze buri Munya-Uganda wese aho yaba ari ku Isi akaza mu Gihugu cye.

Jorine Najjemba avuga ko yatangiye kwiyumvamo akayihayiho ka Politiki akiri mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza, ndetse ko icyo gihe nabwo yumvaga yakwiyamamaza, ariko ko bamugiriye inama ko yabanza agakura.

Ati “Ubu rero ni cyo gihe ngo nzane impinduka kuko nujuje ibisabwa byose kugira ngo Uganda ibe nziza kurushaho.”

Ku bashobora kutamugirira icyizere bitewe n’iyi myaka ye ndetse n’uko agaragara inyuma, yagize ati “Rwose mungirire icyizere, ntimufate umwanzuro mugendeye ku myaka yanjye cyangwa uko ngaragara inyuma, yego nshobora kuba ndi muto ariko…”

Uyu mukobwa wagiye gufata impapuro zo kuzajya gusinyisha abantu bashobora kuzamushyigikira kugira ngo abone gutanga kandidatire, kuri uyu wa Mbere, ubwo hari hamaze kugaragara abantu 28 bifuza kujya gusinyisha nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Paul Bukenya.

Kuri uwo munsi kandi hagaragaye abandi Banya-Uganda bakiri bato bifuza kuzahatana mu matora, aho uretse uyu mukobwa w’imyaka 20 y’amavuko, hanaje Sam Koojo w’imyaka 25, na Pollin Nankambwe w’imyaka 24 wiga muri Kaminuza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − one =

Previous Post

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Next Post

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Related Posts

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

by radiotv10
17/10/2025
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera umubare w’abasirikare boherezwa mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gufasha FARDC guhangana...

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

by radiotv10
17/10/2025
0

Amatsinda abiri y’umutwe wa Wazalendo usanzwe ukorana n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yakozanyijeho mu mirwano ikarishye yabereye...

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

by radiotv10
17/10/2025
0

Israel yemeje ko ari yo yagabye igitero kivuganye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’itsinda ry’Abahouthi bo muri Yemen, Major General Mohammed Abdulkarim...

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

by radiotv10
16/10/2025
0

Amabandi yitwaje intwaro yagabye igitero cy’ubujura kuri Banki iri mu gace kamwe i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

by radiotv10
16/10/2025
0

Nyuma y’ibiganiro byayobowe na Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byabereye i Nairobi mu minsi ibiri,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
18/10/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

18/10/2025
Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.