Thursday, April 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntiwampindukiza waje uhaze njye nshonje- Hari abagore n’abagabo bashinjanya ingeso mbi

radiotv10by radiotv10
10/11/2022
in MU RWANDA
1
Ntiwampindukiza waje uhaze njye nshonje- Hari abagore n’abagabo bashinjanya ingeso mbi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bashakanye bo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, baritana bamwana ku ngeso mbi bashinjanya, aho abagabo bavuga ko abagore babo babasuzugura ku buryo batakigira icyo babamarira mu buriri, bo bakavuga ko abagabo bihunza inshingano zabo bityo ko baba bakwiye kubibahanira.

Bamwe muri aba bagabo baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko abagore babo bize ingeso mbi bitwaje ihame ry’uburinganire, ku buryo basigaye bakubita abagabo babo, yewe bamwe bagafata icyemezo cyo kwahukana.

Umwe yagize ati “Arangiza kunywa [avuga umugore] akaza yasinze akantukagura ngo ndi imbwa ngo ndi umuhirimbiri […] Nubwo twasezeranye byemewe n’amategeko ariko aho kugira ngo mpangane na we ndwane na we, ngahitamo kwahukana.”

Aba bagabo bavuga kandi ko abagore babo batakigira icyo babamarira mu buriri, bakavuga ko ari ihohoterwa rikomeye babakorera.

Undi ati “Abagabo benshi dukunda kugira ihohoterwa bakadupfukirana, washaka kuri gahunda y’ibyashinganywe [igikorwa cyo mu buriri] akakubwira ati ‘mva imbere wa muhirimbiri we’.”

Mugenzi we avuga ko abagore batari bakwiye guhanisha abagabo babo kutagira icyo babamarira mu buriri kuko ari kimwe mu bikorwa bituma urugo rukomera.

Ati “Niba ndi umugabo ndi umutware w’urugo kubera ko umugore naramuzanye ntabwo yanzanye, ubwo rero akwiye kumpindukirira wenda ibindi bikazaza ikindi gihe cyangwa se akirengagiza akihangana ariko akubahiriza inshingano.”

Bamwe mu bagore bo muri uyu Murenge wa Nyamyumba, bavuga ko ikibazo ari abagabo bananiranye kuko batacyubahiriza inshingano zo guhahira ingo zabo.

Umwe ati “Abagabo b’inaha bafite ikibazo, umugabo akorera amafaranga akumva ko yajya kuyanywera, yataha, umugore yaba yashatse umufungo w’ibijumba yawumugaburira ngo ntabwo awumugaburira.”

Undi mugore avuga ko ibi ari na byo bituma na bo batubahiriza inshingano z’igikorwa cyo mu buriri kiri mu bizengereza abagabo kubera kutakibona.

Ati “Ntabwo njyewe yambwira ngo nimpindukire kandi yahaze njye ntahaze. Guhindukira wahindukira ariko na we ni amakosa yo kudahihira umugore we.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamyumba, Murindangabo Eric yanenze abitwaje ihame ry’uburinganire, bagahohotera abo bashakanye.

Ati “Abagore baba bafite iyo myumvire na bo ntakindi tubakorera uretse kubigisha. Kwigisha ni cyo cya mbere ukabwira umuntu ko kuba yarahawe uburenganzira bitatumye arenga umurongo akwiye kurengaho.”

Ikibazo nk’iki cy’abumvise nabi ihame ry’uburinganire, si gishya kuko mu bice bitandukanye by’Igihugu hagiye hagaragara abagore bumvise ko bashyizwe hejuru y’abagabo babo, bigatuma bagwa mu ngeso zitari nziza, zinatuma zimwe mu ngo zisenyuka.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Tuyisenge Theogene says:
    3 years ago

    Uyu munyamakuru yambeshye pe, aha ntabwo Ari muri nyamyumba ni Rubavu mu murenge wa Nyundo, Aya mashusho arabigaragaza ni hafi yakagari ka nyundo

    Reply

Leave a Reply to Tuyisenge Theogene Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Dore uko byagendekeye umugabo wateye amagi Umwami w’u Bwongereza na Madamu we

Next Post

Barifuza ko imodoka ya ruharwa muri Jenoside yatwarishaga interahamwe ikurwa hafi y’Akarere

Related Posts

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

by radiotv10
16/04/2026
0

Starting a business in Rwanda doesn’t always require millions. In fact, with just 100,000 RWF, you can begin a small...

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida Paul Kagame uri i Brazzaville muri Repubulika ya Congo, yahuye na mugenzi we Denis Sassou Nguesso wongeye gutorerwa kuyobora...

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Ubuyobozi bwavuze kuri diregiteri w’ishuri bushinja kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
16/04/2026
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buremeza ko bwirukanye Umuyobozi w’Ishuri ribanza riherereye mu Murenge wa Rwimiyaga nyuma yo kumutahuraho kuba yaribye...

The Hidden Impact of Bad Smells on Your Health

The Hidden Impact of Bad Smells on Your Health

by radiotv10
16/04/2026
0

Bad smells are something everyone experiences at some point. You walk into a room and instantly notice an unpleasant odor,...

Hygiene tips for full-time employees

Hygiene tips for full-time employees

by radiotv10
16/04/2026
0

Long workdays can leave anyone feeling drained, sweaty, and uncomfortable. Whether you’re in an office, on your feet all day,...

IZIHERUKA

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi
AMAHANGA

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

16/04/2026
What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

16/04/2026
Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

16/04/2026
Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

16/04/2026
Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

16/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Barifuza ko imodoka ya ruharwa muri Jenoside yatwarishaga interahamwe ikurwa hafi y’Akarere

Barifuza ko imodoka ya ruharwa muri Jenoside yatwarishaga interahamwe ikurwa hafi y’Akarere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.