Friday, July 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntiwampindukiza waje uhaze njye nshonje- Hari abagore n’abagabo bashinjanya ingeso mbi

radiotv10by radiotv10
10/11/2022
in MU RWANDA
1
Ntiwampindukiza waje uhaze njye nshonje- Hari abagore n’abagabo bashinjanya ingeso mbi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bashakanye bo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, baritana bamwana ku ngeso mbi bashinjanya, aho abagabo bavuga ko abagore babo babasuzugura ku buryo batakigira icyo babamarira mu buriri, bo bakavuga ko abagabo bihunza inshingano zabo bityo ko baba bakwiye kubibahanira.

Bamwe muri aba bagabo baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko abagore babo bize ingeso mbi bitwaje ihame ry’uburinganire, ku buryo basigaye bakubita abagabo babo, yewe bamwe bagafata icyemezo cyo kwahukana.

Umwe yagize ati “Arangiza kunywa [avuga umugore] akaza yasinze akantukagura ngo ndi imbwa ngo ndi umuhirimbiri […] Nubwo twasezeranye byemewe n’amategeko ariko aho kugira ngo mpangane na we ndwane na we, ngahitamo kwahukana.”

Aba bagabo bavuga kandi ko abagore babo batakigira icyo babamarira mu buriri, bakavuga ko ari ihohoterwa rikomeye babakorera.

Undi ati “Abagabo benshi dukunda kugira ihohoterwa bakadupfukirana, washaka kuri gahunda y’ibyashinganywe [igikorwa cyo mu buriri] akakubwira ati ‘mva imbere wa muhirimbiri we’.”

Mugenzi we avuga ko abagore batari bakwiye guhanisha abagabo babo kutagira icyo babamarira mu buriri kuko ari kimwe mu bikorwa bituma urugo rukomera.

Ati “Niba ndi umugabo ndi umutware w’urugo kubera ko umugore naramuzanye ntabwo yanzanye, ubwo rero akwiye kumpindukirira wenda ibindi bikazaza ikindi gihe cyangwa se akirengagiza akihangana ariko akubahiriza inshingano.”

Bamwe mu bagore bo muri uyu Murenge wa Nyamyumba, bavuga ko ikibazo ari abagabo bananiranye kuko batacyubahiriza inshingano zo guhahira ingo zabo.

Umwe ati “Abagabo b’inaha bafite ikibazo, umugabo akorera amafaranga akumva ko yajya kuyanywera, yataha, umugore yaba yashatse umufungo w’ibijumba yawumugaburira ngo ntabwo awumugaburira.”

Undi mugore avuga ko ibi ari na byo bituma na bo batubahiriza inshingano z’igikorwa cyo mu buriri kiri mu bizengereza abagabo kubera kutakibona.

Ati “Ntabwo njyewe yambwira ngo nimpindukire kandi yahaze njye ntahaze. Guhindukira wahindukira ariko na we ni amakosa yo kudahihira umugore we.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamyumba, Murindangabo Eric yanenze abitwaje ihame ry’uburinganire, bagahohotera abo bashakanye.

Ati “Abagore baba bafite iyo myumvire na bo ntakindi tubakorera uretse kubigisha. Kwigisha ni cyo cya mbere ukabwira umuntu ko kuba yarahawe uburenganzira bitatumye arenga umurongo akwiye kurengaho.”

Ikibazo nk’iki cy’abumvise nabi ihame ry’uburinganire, si gishya kuko mu bice bitandukanye by’Igihugu hagiye hagaragara abagore bumvise ko bashyizwe hejuru y’abagabo babo, bigatuma bagwa mu ngeso zitari nziza, zinatuma zimwe mu ngo zisenyuka.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Tuyisenge Theogene says:
    3 years ago

    Uyu munyamakuru yambeshye pe, aha ntabwo Ari muri nyamyumba ni Rubavu mu murenge wa Nyundo, Aya mashusho arabigaragaza ni hafi yakagari ka nyundo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − one =

Previous Post

Dore uko byagendekeye umugabo wateye amagi Umwami w’u Bwongereza na Madamu we

Next Post

Barifuza ko imodoka ya ruharwa muri Jenoside yatwarishaga interahamwe ikurwa hafi y’Akarere

Related Posts

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo mu Karere ka Kayonza bari bamaze igihe bataka ibibazo uruhuri baterwaga n’aho bacururizaga, ubu bari...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
03/07/2025
5

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

IZIHERUKA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma
IMIBEREHO MYIZA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

03/07/2025
AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

03/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

03/07/2025
Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Barifuza ko imodoka ya ruharwa muri Jenoside yatwarishaga interahamwe ikurwa hafi y’Akarere

Barifuza ko imodoka ya ruharwa muri Jenoside yatwarishaga interahamwe ikurwa hafi y’Akarere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.