Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Nubwo nananutse bikabije ariko mu mutwe hameze neza-Umunyamakuru Yago yahumurije abamukunda

radiotv10by radiotv10
27/09/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Nubwo nananutse bikabije ariko mu mutwe hameze neza-Umunyamakuru Yago yahumurije abamukunda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago wari umaze iminsi arembye, yahumurije abakunzi be ko ubu ameze neza nubwo uburwayi bwamuzahaje bukamusigira impinduka ku mubiri.

Mu minsi ishize, uyu munyamakuru usanzwe afite YouTube Channel yitwa Yago TV, yari yatangarije abakunda ibiganiro bye ko kubera uburwayi bwari bwamufashe, batazakomeza kubona ibiganiro bye nkuko byari bisanzwe.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga za Yago tariki 17 Nzeri 2022, yari yagize ati “Bakunzi ba YAGO TV SHOW mutwihanganire muri iyi minsi ntabwo muzabona ibiganiro nkuko byari bisanzwe kubera uburwayi bwa Yago.”

Nyuma yo gutangaza ubu butumwa, umwe mu nshuti za hafi y’uyu munyamakuru, yabwiye RADIOTV10 ko yarembye bikomeye ndetse akaza kujyanwa mu bitaro akitabwaho.

Mu cyumweru gishize, iyi nshuti ya hafi y’uyu munyamakuru, yavuze ko yorohewe ndetse ko yamaze gusubira mu rugo ubu akaba ari gutora ka mitende.

Nyarwaya na we ubwe yabinyujije ku mbuga nkoranyambaga mu cyumweru gishize avuga ko “arimo koroherwa kandi tubonereho no kubashimira cyane abakomeje kumusengera, tunashimira byimazeyo abaganga bamwitayeho (LA Croix du sud ‘kwa Nyirinkwaya’) Imana ibahe umugisha.”

Mu butumwa yongeye kunyuza ku mbuga nkoranyambaga ze kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Nzeri 2022, Yago yavuze ko nubwo habayeho impinduka ku mubiri inyuma ariko ahandi hakimeze neza.

Muri ubu butumwa bwari buherekejwe n’amafoto y’uyu munyamakuru yicaye ku nkengero z’ikiyaga, yagize ati “Nubwo habayemo kunanuka bikabije ariko mu nda no mu mutwe hameze neza ubu!! Imana ni Imana. Reka idutize n’imbaraga z’umubiri vuba turongera tubonane kuri [YAGO TV SHOW]”

Yasoje ashimira abamuhaye inkunga y’amasengesho ubu akaba ari koroherwa, yizeza ko mu gihe cya vuba azongera gukora ibiganiro nk’ibisanzwe.

Yavuze ko nubwo yananutse bikabije ariko ibitekerezo bikiri bitaraga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − 4 =

Previous Post

CaboDelgado: RDF ihishuye ko kuva yakwamurura ibyihebe bitigeze bihirahira guhindukira

Next Post

Inteko Rusange ya UN ni umwanya w’ibitekerezo byubaka si uwo kuregana- Amb. Nduhungirehe

Related Posts

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inteko Rusange ya UN ni umwanya w’ibitekerezo byubaka si uwo kuregana- Amb. Nduhungirehe

Inteko Rusange ya UN ni umwanya w’ibitekerezo byubaka si uwo kuregana- Amb. Nduhungirehe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.