Sunday, August 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

N’uherutse gufungurwa yabonye ikipe- Igura n’igurisha ry’abakinnyi i Burayi ryashyushye

radiotv10by radiotv10
19/07/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
N’uherutse gufungurwa yabonye ikipe- Igura n’igurisha ry’abakinnyi i Burayi ryashyushye
Share on FacebookShare on Twitter

Uko iminsi yegera igaruka rya ruhago isanzwe iha ibyishimo benshi, ubu ikigezweho ni ukugura abakinnyi no guhindura amakipe. Ku Mugabane w’u Burayi birashyushye, aho amakipe y’inkwakuzi yamaze kwegukana abo yabengutse, barimo Umufaransa Mendy uherutse gufungurwa, ubu wabonye ikipe asinyira.

Zimwe muri transfer ziri kuvugwaho cyane, ni iy’ikipe ya FC Barcelona yamaze gusinyisha Oriol Romeu imyaka 3, avuye muri Girona, atanzweho miliyoni 5 Euro.

Benjamin Mendy nyuma yo gufungurwa ubu yamaze gusinyira ikipe ya Lorient FC yo mu Gihugu cy’u Bufaransa.

Uyu Mufaransa uherutse gufungurwa nyuma y’imyaka ibiri ari muri gereza, afungiye ibyaha yakekwagaho byo gusambanya umugore, yarekuwe nyuma yo kugirwa umwere.

Naho Ethank Empadu wakiniraga ikipe ya Chelsea yamaze gusinyira ikipe ya Leeds United imyaka 4, akaba yatanzweho miliyoni 7 zamapawundi.

Mads Hermansen, umunyezamu wakiniraga ikipe ya Brøndby yo muri Denmark, yamaze gusinyira ikipe ya Leicester City yo mu Bwongereza mu gihe cy’imyaka 5 iri imbere.

Jérémy Ménez yamaze gusinyira ikipe ya Bari mu masezerano y’umwaka umwe ushobora kongerwaho undi.

Andre Onana yamaze kugera mu gihugu cy’u Bwongereza aho yaje gukorerwa ikizami cy’ubuzima, mu ikipe ya Manchester united.

Ikipe ya Chelsea FC yamaze kurekura ku buntu Pierre Emerick Aubameyang ngo yerecyeze mu ikipe ya Olympic Marseille, mu gihe Ikipe ya Al Hilal yamaze gutanga gusaba ya Miliyoni 50 Euro Liverpool kugira ngo yegukane Luis Diaz.

Wasili UWIZEYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − one =

Previous Post

Amakuru mashya ku bana 10 bashenguye benshi barohamye muri Nyabarongo

Next Post

U Rwanda rwihanangirije Congo ku bw’ikinyoma yitwikiriye kigambiriye umugambi mubisha

Related Posts

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

by radiotv10
08/08/2025
0

Umutoza wa APR FC, Abderrahim Talib yongeye kwibutsa abakunzi b'iyi kipe ko badakwiye guterwa ubwoba na Rayon Sports mu mukino...

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

by radiotv10
07/08/2025
0

Umujyi wa Kinshasa, umurwa mukuru wa Repubulika Ndemokarasi ya Congo, watoranyijwe kuzakira Inama y’inteko rusange isanzwe ya 47 y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira...

Jules Karangwa wabaye umunyamakuru yahawe inshingano zikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Jules Karangwa wabaye umunyamakuru yahawe inshingano zikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
07/08/2025
0

Jules Karangwa wigeze gukora umwuga w’itangazamakuru nk’umunyamakuru w’ibiganiro bya Siporo, yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Urwego rukurikirana Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda...

Mashami Vincent yamaze kwemezwa nk’umutoza w’ikipe yo hanze y’u Rwanda

Mashami Vincent yamaze kwemezwa nk’umutoza w’ikipe yo hanze y’u Rwanda

by radiotv10
06/08/2025
0

Umutoza Mashami Vincent watozaga ikipe ya Police FC wanigeze gutoza Ikipe y’Igihugu Amavubi, yatangajwe nk’Umutoza Mukuru wa Dodoma Jiji FC...

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

by radiotv10
05/08/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwishyura myugariro wayo Youssou Diagne umwenda w'amadollari 1500 (miliyoni 2 Frw) yari imufitiye, inamuhamagaza mu...

IZIHERUKA

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako
MU RWANDA

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwihanangirije Congo ku bw’ikinyoma yitwikiriye kigambiriye umugambi mubisha

U Rwanda rwihanangirije Congo ku bw'ikinyoma yitwikiriye kigambiriye umugambi mubisha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.