Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

N’uherutse gufungurwa yabonye ikipe- Igura n’igurisha ry’abakinnyi i Burayi ryashyushye

radiotv10by radiotv10
19/07/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
N’uherutse gufungurwa yabonye ikipe- Igura n’igurisha ry’abakinnyi i Burayi ryashyushye
Share on FacebookShare on Twitter

Uko iminsi yegera igaruka rya ruhago isanzwe iha ibyishimo benshi, ubu ikigezweho ni ukugura abakinnyi no guhindura amakipe. Ku Mugabane w’u Burayi birashyushye, aho amakipe y’inkwakuzi yamaze kwegukana abo yabengutse, barimo Umufaransa Mendy uherutse gufungurwa, ubu wabonye ikipe asinyira.

Zimwe muri transfer ziri kuvugwaho cyane, ni iy’ikipe ya FC Barcelona yamaze gusinyisha Oriol Romeu imyaka 3, avuye muri Girona, atanzweho miliyoni 5 Euro.

Benjamin Mendy nyuma yo gufungurwa ubu yamaze gusinyira ikipe ya Lorient FC yo mu Gihugu cy’u Bufaransa.

Uyu Mufaransa uherutse gufungurwa nyuma y’imyaka ibiri ari muri gereza, afungiye ibyaha yakekwagaho byo gusambanya umugore, yarekuwe nyuma yo kugirwa umwere.

Naho Ethank Empadu wakiniraga ikipe ya Chelsea yamaze gusinyira ikipe ya Leeds United imyaka 4, akaba yatanzweho miliyoni 7 zamapawundi.

Mads Hermansen, umunyezamu wakiniraga ikipe ya Brøndby yo muri Denmark, yamaze gusinyira ikipe ya Leicester City yo mu Bwongereza mu gihe cy’imyaka 5 iri imbere.

Jérémy Ménez yamaze gusinyira ikipe ya Bari mu masezerano y’umwaka umwe ushobora kongerwaho undi.

Andre Onana yamaze kugera mu gihugu cy’u Bwongereza aho yaje gukorerwa ikizami cy’ubuzima, mu ikipe ya Manchester united.

Ikipe ya Chelsea FC yamaze kurekura ku buntu Pierre Emerick Aubameyang ngo yerecyeze mu ikipe ya Olympic Marseille, mu gihe Ikipe ya Al Hilal yamaze gutanga gusaba ya Miliyoni 50 Euro Liverpool kugira ngo yegukane Luis Diaz.

Wasili UWIZEYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 18 =

Previous Post

Amakuru mashya ku bana 10 bashenguye benshi barohamye muri Nyabarongo

Next Post

U Rwanda rwihanangirije Congo ku bw’ikinyoma yitwikiriye kigambiriye umugambi mubisha

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

IZIHERUKA

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran
AMAHANGA

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwihanangirije Congo ku bw’ikinyoma yitwikiriye kigambiriye umugambi mubisha

U Rwanda rwihanangirije Congo ku bw'ikinyoma yitwikiriye kigambiriye umugambi mubisha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.