Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nujya kubyuka banza ubaze umugabo wawe niba ‘adashaka ibintu’-Inama ikomeje gushimwa na benshi

radiotv10by radiotv10
26/11/2021
in MU RWANDA
0
Nujya kubyuka banza ubaze umugabo wawe niba ‘adashaka ibintu’-Inama ikomeje gushimwa na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mbuga nkoranyambaga z’abantu batandukanye, hakomeje kugaragara amashusho y’umugore wari mu kiganiro, atanga inama ku bagore bubatse, ababwira ko mbere yo kubyuka bagomba kubanza kubaza abagabo babo niba ‘Babishaka’ [gutera akabariro].

Mu kiganiro uyu mugore witwa Liliane yagiranye na YouTube Channel, agaruka ku bibazo biba mu ngo birimo n’ibishobora gutuma abashakanye batandukana, avuga ko urugo rutegurwa kare na mbere y’uko abantu bashakana.

Liliane avuga ko mu rugo habamo byinshi ku buryo ubundi rukwiye gufatwa nk’ishuri kandi ko abashakanye babishatse bashobora kurigira ryiza.

Mu kiganiro yagiranye na Rose TV Show

Ati “Yego ntabwo bivuze ko buri munsi hahora ari ku Cyumweru ariko ni yo habayeho utwo tubazo, dutuma ukura ukamenya n’ibindi byinshi utari uzi.”

Muri iki kiganiro kimaze igihe gitambutse, Liliane agaruka ku myitwarire iba ikwiye kuranga abashakanye ndetse n’ibyo bagomba gukorerana kugira ngo bya bibazo bitabone icyuho.

Avuga ko inama abagore bagirwa mbere yo gushaka zidakwiye kuba ihame ahubwo ko aba akwiye kureba ibyo umugabo we akunda.

Ati “Wenda ushobora gusanga n’icyo cyayi adakunda kukinywa mu gitondo wenda azakwaka…umugore w’umunyabwenge mu gitondo mbere y’uko abyuka arabanza akabaza umutware ati ‘ese mbyuke njye kugutera icyayi?’ ushobora kuzabyuka icyo cyayi atagishaka, wenda ntashaka ko umusiga. Ushobora kuzabyuka saa kumi n’imwe wenda urusenye.”

Aka gace ko muri kiriya kiganiro ni ko gakomeje gushyirwa ku mbuga nkoranyambaga z’abantu batandukanye bavuga ko ziriya nama ari ingenzi ku mugore ufite umugabo we kuko mbere y’uko abyuka ngo asige umugabo mu buriri aba akwiye kubanza kumenya niba umugabo adashaka ko bagera ku ngingo yo mu buriri.

Abagiye basangiza abantu ku mbuga nkoranyambaga zabo zirimo WhatsApp Status, instagram na Twitter, bose bahuriza ku kuba umugore wabaza umugabo we icyo ashaka mbere yo kubyuka, aba ari umunyabwenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 11 =

Previous Post

AMAFOTO: Gen J.B Kazura yihereye ijisho imyitozo y’akataraboneka y’abasore n’inkumi ba RDF

Next Post

Rusizi: Umukozi wa RIB akurikiranyweho gusambanyiriza umugore kuri Kasho amwizeza kuzamufunguza

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Umukozi wa RIB akurikiranyweho gusambanyiriza umugore kuri Kasho amwizeza kuzamufunguza

Rusizi: Umukozi wa RIB akurikiranyweho gusambanyiriza umugore kuri Kasho amwizeza kuzamufunguza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.