Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

N’uw’i Bweyeye ubu yayitunga: DStv, nyiri umwihariko mu isakazamashusho izaniye inkuru nziza Abaturarwanda bose

radiotv10by radiotv10
04/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
N’uw’i Bweyeye ubu yayitunga: DStv, nyiri umwihariko mu isakazamashusho izaniye inkuru nziza Abaturarwanda bose
Share on FacebookShare on Twitter

Imvugo ‘UbuNiIyaBose’, ni yo igezweho muri Kompanyi ya DStv izwiho umwihariko mu gucuruza serivisi z’isakazamashusho, aho yamanuye ibiciro by’ifatabuguzi, ikabigabanya kugeza kuri 1/2 cy’ibyari bisanzwe, mu rwego rwo gufasha Abaturarwanda bose kureba amashusho afite ireme ry’ikirenga n’ibiganiro byihariye.

Iyi Sosiyete ya DStv iyoboye izindi zose zikorera mu Rwanda mu by’isakazamashusho, ifite umubare munini w’amashene kandi y’ibiganiro buri wese yakwisangamo, yaba iby’abato, abakuze n’abasheshakanguhe.

Inazwiho kugira amashusho meza yo ku rwego rwo hejuru, atajya acikagurika, haba mu mvura kabone nubwo yaba ari iy’amahindu cyangwa mu bindi bihe byose.

Isanzwe kandi izwiho kugira umwihariko, kuko ari yo rukumbi mu zikorera mu Rwanda yari yemerewe gutambutsa imikino yose y’Igikimbe cy’Isi cyabaye mu mpera z’umwaka ushize.

Mu rwego rwo gukomeza gusakaza ibi byiza byayo ngo bigere ku Baturarwanda bose, DStv yakubise hasi ibiciro, ibigabanya ku kigero cya 50%.

Ifatabuguzi rya Access ryamaze kwitwa ‘Isange’, ryaguraga 14 700 Frw, ubu riragura 5 000 Frw gusa, naho iryari rizwi nka Family ryo ryiswe ‘Iwacu’, ubu riragura 10 000 Frw rivuye ku 23 500Frw.

Irindi fatabuguzi ryari rizwi nka Compact ryamaze kwitwa ‘Inganji’, ubu riragura 20 000 Frw, rivuye ku 31 000 Frw, naho ifatabuguzi rikuru rya Compact + ryahawe izina rya ‘Ishema’, ubu riragura 30 000 Frw, rivuye ku 60 500 Frw.

Augustin Muhirwa avuga ko ubu buri wese yatunga DStv

Muhirwa Augustin, uyobora Sosiyete ya Tele 10 Group ari na yo itanga serivisi za DStv mu Rwanda, avuga ko aho Isi igeze n’umuvuduko w’iterambere u Rwanda rukomeje kugenderaho, byemerera Abaturarwanda bose kwirebera amakuru n’ibiganiro bigezweho, akaba ari na byo byatumye ibi biciro bigabanywa kugira ngo byorohere buri wese.

Yagize ati “Nka DStv tuvuze ko ubu ari iya bose, ntitwaba tubeshye. Nta Munyarwanda udakwiye gutunga DStv, ni yo mpamvu twagabanyije ibiciro kugira ngo byorohere buri wese, abashe kuyitunga, kuko iwacu muri DStv, buri wese ni uw’agaciro.”

Benshi mu bagura ifatabuguzi ry’isakazamashusho, bakunze kwibaza amashene yerekana imipira. Muri DStv ho ni umwihariko, kuko kuva ku ifatabuguzi rya 5 000 Frw, hariho imipira, kuzamuka ku rya 10 000 Frw no ku rya 20 000 Frw.

DStv kandi ifite amashene 22 yose yerekana siporo n’imikino irimo n’iy’amarushanwa akomeye ku Isi, yerekanwa gusa n’iyi sositeye ya DStv, utasanga ku zindi kompanyi zicuruza serivisi z’isakazamashusho.

Ibyiza biri muri DStv kandi birivugira, kuko ubu umukiliya mushya agura Dekoderi atanze 25 000 Frw, agahabwaho ifatabuguzi rya 10 000 Frw, kandi hakaba harimo n’ikiguzi cyo gukorerwa Installation.

Ni inkuru nziza kuri bose

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 19 =

Previous Post

Umuhanzi nyarwanda w’ikirangirire wateye umugongo indirimbo z’Isi yagize icyo ateguza abantu

Next Post

Umuhanzikazi w’igikundiro muri Afurika yongewe bitunguranye mu bazasusurutsa abazitabira umuhango ukomeye

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi w’igikundiro muri Afurika yongewe bitunguranye mu bazasusurutsa abazitabira umuhango ukomeye

Umuhanzikazi w’igikundiro muri Afurika yongewe bitunguranye mu bazasusurutsa abazitabira umuhango ukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.