Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

N’uw’i Bweyeye ubu yayitunga: DStv, nyiri umwihariko mu isakazamashusho izaniye inkuru nziza Abaturarwanda bose

radiotv10by radiotv10
04/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
N’uw’i Bweyeye ubu yayitunga: DStv, nyiri umwihariko mu isakazamashusho izaniye inkuru nziza Abaturarwanda bose
Share on FacebookShare on Twitter

Imvugo ‘UbuNiIyaBose’, ni yo igezweho muri Kompanyi ya DStv izwiho umwihariko mu gucuruza serivisi z’isakazamashusho, aho yamanuye ibiciro by’ifatabuguzi, ikabigabanya kugeza kuri 1/2 cy’ibyari bisanzwe, mu rwego rwo gufasha Abaturarwanda bose kureba amashusho afite ireme ry’ikirenga n’ibiganiro byihariye.

Iyi Sosiyete ya DStv iyoboye izindi zose zikorera mu Rwanda mu by’isakazamashusho, ifite umubare munini w’amashene kandi y’ibiganiro buri wese yakwisangamo, yaba iby’abato, abakuze n’abasheshakanguhe.

Inazwiho kugira amashusho meza yo ku rwego rwo hejuru, atajya acikagurika, haba mu mvura kabone nubwo yaba ari iy’amahindu cyangwa mu bindi bihe byose.

Isanzwe kandi izwiho kugira umwihariko, kuko ari yo rukumbi mu zikorera mu Rwanda yari yemerewe gutambutsa imikino yose y’Igikimbe cy’Isi cyabaye mu mpera z’umwaka ushize.

Mu rwego rwo gukomeza gusakaza ibi byiza byayo ngo bigere ku Baturarwanda bose, DStv yakubise hasi ibiciro, ibigabanya ku kigero cya 50%.

Ifatabuguzi rya Access ryamaze kwitwa ‘Isange’, ryaguraga 14 700 Frw, ubu riragura 5 000 Frw gusa, naho iryari rizwi nka Family ryo ryiswe ‘Iwacu’, ubu riragura 10 000 Frw rivuye ku 23 500Frw.

Irindi fatabuguzi ryari rizwi nka Compact ryamaze kwitwa ‘Inganji’, ubu riragura 20 000 Frw, rivuye ku 31 000 Frw, naho ifatabuguzi rikuru rya Compact + ryahawe izina rya ‘Ishema’, ubu riragura 30 000 Frw, rivuye ku 60 500 Frw.

Augustin Muhirwa avuga ko ubu buri wese yatunga DStv

Muhirwa Augustin, uyobora Sosiyete ya Tele 10 Group ari na yo itanga serivisi za DStv mu Rwanda, avuga ko aho Isi igeze n’umuvuduko w’iterambere u Rwanda rukomeje kugenderaho, byemerera Abaturarwanda bose kwirebera amakuru n’ibiganiro bigezweho, akaba ari na byo byatumye ibi biciro bigabanywa kugira ngo byorohere buri wese.

Yagize ati “Nka DStv tuvuze ko ubu ari iya bose, ntitwaba tubeshye. Nta Munyarwanda udakwiye gutunga DStv, ni yo mpamvu twagabanyije ibiciro kugira ngo byorohere buri wese, abashe kuyitunga, kuko iwacu muri DStv, buri wese ni uw’agaciro.”

Benshi mu bagura ifatabuguzi ry’isakazamashusho, bakunze kwibaza amashene yerekana imipira. Muri DStv ho ni umwihariko, kuko kuva ku ifatabuguzi rya 5 000 Frw, hariho imipira, kuzamuka ku rya 10 000 Frw no ku rya 20 000 Frw.

DStv kandi ifite amashene 22 yose yerekana siporo n’imikino irimo n’iy’amarushanwa akomeye ku Isi, yerekanwa gusa n’iyi sositeye ya DStv, utasanga ku zindi kompanyi zicuruza serivisi z’isakazamashusho.

Ibyiza biri muri DStv kandi birivugira, kuko ubu umukiliya mushya agura Dekoderi atanze 25 000 Frw, agahabwaho ifatabuguzi rya 10 000 Frw, kandi hakaba harimo n’ikiguzi cyo gukorerwa Installation.

Ni inkuru nziza kuri bose

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Umuhanzi nyarwanda w’ikirangirire wateye umugongo indirimbo z’Isi yagize icyo ateguza abantu

Next Post

Umuhanzikazi w’igikundiro muri Afurika yongewe bitunguranye mu bazasusurutsa abazitabira umuhango ukomeye

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi w’igikundiro muri Afurika yongewe bitunguranye mu bazasusurutsa abazitabira umuhango ukomeye

Umuhanzikazi w’igikundiro muri Afurika yongewe bitunguranye mu bazasusurutsa abazitabira umuhango ukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.