Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

N’uw’i Bweyeye ubu yayitunga: DStv, nyiri umwihariko mu isakazamashusho izaniye inkuru nziza Abaturarwanda bose

radiotv10by radiotv10
04/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
N’uw’i Bweyeye ubu yayitunga: DStv, nyiri umwihariko mu isakazamashusho izaniye inkuru nziza Abaturarwanda bose
Share on FacebookShare on Twitter

Imvugo ‘UbuNiIyaBose’, ni yo igezweho muri Kompanyi ya DStv izwiho umwihariko mu gucuruza serivisi z’isakazamashusho, aho yamanuye ibiciro by’ifatabuguzi, ikabigabanya kugeza kuri 1/2 cy’ibyari bisanzwe, mu rwego rwo gufasha Abaturarwanda bose kureba amashusho afite ireme ry’ikirenga n’ibiganiro byihariye.

Iyi Sosiyete ya DStv iyoboye izindi zose zikorera mu Rwanda mu by’isakazamashusho, ifite umubare munini w’amashene kandi y’ibiganiro buri wese yakwisangamo, yaba iby’abato, abakuze n’abasheshakanguhe.

Inazwiho kugira amashusho meza yo ku rwego rwo hejuru, atajya acikagurika, haba mu mvura kabone nubwo yaba ari iy’amahindu cyangwa mu bindi bihe byose.

Isanzwe kandi izwiho kugira umwihariko, kuko ari yo rukumbi mu zikorera mu Rwanda yari yemerewe gutambutsa imikino yose y’Igikimbe cy’Isi cyabaye mu mpera z’umwaka ushize.

Mu rwego rwo gukomeza gusakaza ibi byiza byayo ngo bigere ku Baturarwanda bose, DStv yakubise hasi ibiciro, ibigabanya ku kigero cya 50%.

Ifatabuguzi rya Access ryamaze kwitwa ‘Isange’, ryaguraga 14 700 Frw, ubu riragura 5 000 Frw gusa, naho iryari rizwi nka Family ryo ryiswe ‘Iwacu’, ubu riragura 10 000 Frw rivuye ku 23 500Frw.

Irindi fatabuguzi ryari rizwi nka Compact ryamaze kwitwa ‘Inganji’, ubu riragura 20 000 Frw, rivuye ku 31 000 Frw, naho ifatabuguzi rikuru rya Compact + ryahawe izina rya ‘Ishema’, ubu riragura 30 000 Frw, rivuye ku 60 500 Frw.

Augustin Muhirwa avuga ko ubu buri wese yatunga DStv

Muhirwa Augustin, uyobora Sosiyete ya Tele 10 Group ari na yo itanga serivisi za DStv mu Rwanda, avuga ko aho Isi igeze n’umuvuduko w’iterambere u Rwanda rukomeje kugenderaho, byemerera Abaturarwanda bose kwirebera amakuru n’ibiganiro bigezweho, akaba ari na byo byatumye ibi biciro bigabanywa kugira ngo byorohere buri wese.

Yagize ati “Nka DStv tuvuze ko ubu ari iya bose, ntitwaba tubeshye. Nta Munyarwanda udakwiye gutunga DStv, ni yo mpamvu twagabanyije ibiciro kugira ngo byorohere buri wese, abashe kuyitunga, kuko iwacu muri DStv, buri wese ni uw’agaciro.”

Benshi mu bagura ifatabuguzi ry’isakazamashusho, bakunze kwibaza amashene yerekana imipira. Muri DStv ho ni umwihariko, kuko kuva ku ifatabuguzi rya 5 000 Frw, hariho imipira, kuzamuka ku rya 10 000 Frw no ku rya 20 000 Frw.

DStv kandi ifite amashene 22 yose yerekana siporo n’imikino irimo n’iy’amarushanwa akomeye ku Isi, yerekanwa gusa n’iyi sositeye ya DStv, utasanga ku zindi kompanyi zicuruza serivisi z’isakazamashusho.

Ibyiza biri muri DStv kandi birivugira, kuko ubu umukiliya mushya agura Dekoderi atanze 25 000 Frw, agahabwaho ifatabuguzi rya 10 000 Frw, kandi hakaba harimo n’ikiguzi cyo gukorerwa Installation.

Ni inkuru nziza kuri bose

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Umuhanzi nyarwanda w’ikirangirire wateye umugongo indirimbo z’Isi yagize icyo ateguza abantu

Next Post

Umuhanzikazi w’igikundiro muri Afurika yongewe bitunguranye mu bazasusurutsa abazitabira umuhango ukomeye

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi w’igikundiro muri Afurika yongewe bitunguranye mu bazasusurutsa abazitabira umuhango ukomeye

Umuhanzikazi w’igikundiro muri Afurika yongewe bitunguranye mu bazasusurutsa abazitabira umuhango ukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.