Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Nyagatare: Abahinzi babonye ifumbire itanga umusaruro utubutse ariko ngo ntibabasha kuyigondera

radiotv10by radiotv10
01/12/2021
in Uncategorized
0
Nyagatare: Abahinzi babonye ifumbire itanga umusaruro utubutse ariko ngo ntibabasha kuyigondera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi b’Umuceri mu Karere ka Nyagatare, baravuga ko andi mafumbire bakoreshaga yagiye atakaza ubushobozi ariko ko hari iyo baherutse kubona itanga umusaruro utubutse ariko ko ihenze ku buryo badapfa kuyigondera.

Aba bahindi bo mu gishanga cya Cyabayaga giherereye mu Murenge wa Rukomo, bavuga ko hari ubwoko bushya bw’ifumbire babonye butanga umusaruro mwinshi ariko ikibateye impungenge ari ibiciro byayo.

Umwe muri aba bahinzi agira ati “Iyo urebye amafumbire dusanzwe dukoresha, rwose amaze guhaga ubutaka bwo muri iki gishanga ku buryo nta musaruro ushimije tubona.”

Akomeza agira ati “Ariko hari ubundi bwoko bw’ifumbire bwageragerejwe hano ubona ko butuma umuceri uba mwiza cyane, kandi umusaruro ukiyongera, turayifuza mu gihe yaboneka bazayiduhe kandi ku giciro gito.”

Undi na we yagize ati “Bazayiduhe kuri nkunganire kugira ngo bitworohere kuyibona kandi byadufasha no kuzamuka mu buryo bw’amikoro kuko umusasruro waba wiyongereye amafaranga akaba menshi.”

Kayumba John umushakashatsi mu mushinga RWASIS ukora ubushakashatsi ku butaka avuga ko batangiye igerageza rigamije kwemeza iyi fumbire ku buryo ishobora kuzaboneka ku bwinshi, kandi ngo izashyirwa ku giciro kitabangamiye umuhinzi ndetse na nkunganire.

Ati “Nk’izindi nyongeramusaruro zose, iyi fumbire ubushakashatsi niburangira ikaboneka ko ari nziza rwose abaturage bazayihabwa muri nkunganire kandi ntawuzayikenera ngo ayibure.”

Aba bahinzi bavuga ko bahingaga by’amaburakindi  kubera ko Bacibwa intege  n’uko iyo bahinze bakoresheje ifumbire ya DAP basaruraga umusaruro udashimishije ariko ngo babonye iyo fumbire yo mu bwoko bwa NPK ivuguruye yatuma umusaruro uzamuka ukikuba hafi kabiri.

Umushakashatsi Kayumba John yamaze impungenge aba bahinzi

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − seven =

Previous Post

Inzira nshya, ibihangange bizitabira, udushya duteganyijwe,…-Amakuru udakwiye gucikwa ya TduRwanda2022

Next Post

Nyanza: Ubushinjacyaha bwasabiye Aba-Islam baregwa iterabwoba gufungwa burundu no kwamburwa uburenganzira

Related Posts

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

IZIHERUKA

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026
IMYIDAGADURO

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

by radiotv10
08/11/2025
0

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

08/11/2025
Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Ubushinjacyaha bwasabiye Aba-Islam baregwa iterabwoba gufungwa burundu no kwamburwa uburenganzira

Nyanza: Ubushinjacyaha bwasabiye Aba-Islam baregwa iterabwoba gufungwa burundu no kwamburwa uburenganzira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.