Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Nyagatare: Abahinzi babonye ifumbire itanga umusaruro utubutse ariko ngo ntibabasha kuyigondera

radiotv10by radiotv10
01/12/2021
in Uncategorized
0
Nyagatare: Abahinzi babonye ifumbire itanga umusaruro utubutse ariko ngo ntibabasha kuyigondera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi b’Umuceri mu Karere ka Nyagatare, baravuga ko andi mafumbire bakoreshaga yagiye atakaza ubushobozi ariko ko hari iyo baherutse kubona itanga umusaruro utubutse ariko ko ihenze ku buryo badapfa kuyigondera.

Aba bahindi bo mu gishanga cya Cyabayaga giherereye mu Murenge wa Rukomo, bavuga ko hari ubwoko bushya bw’ifumbire babonye butanga umusaruro mwinshi ariko ikibateye impungenge ari ibiciro byayo.

Umwe muri aba bahinzi agira ati “Iyo urebye amafumbire dusanzwe dukoresha, rwose amaze guhaga ubutaka bwo muri iki gishanga ku buryo nta musaruro ushimije tubona.”

Akomeza agira ati “Ariko hari ubundi bwoko bw’ifumbire bwageragerejwe hano ubona ko butuma umuceri uba mwiza cyane, kandi umusaruro ukiyongera, turayifuza mu gihe yaboneka bazayiduhe kandi ku giciro gito.”

Undi na we yagize ati “Bazayiduhe kuri nkunganire kugira ngo bitworohere kuyibona kandi byadufasha no kuzamuka mu buryo bw’amikoro kuko umusasruro waba wiyongereye amafaranga akaba menshi.”

Kayumba John umushakashatsi mu mushinga RWASIS ukora ubushakashatsi ku butaka avuga ko batangiye igerageza rigamije kwemeza iyi fumbire ku buryo ishobora kuzaboneka ku bwinshi, kandi ngo izashyirwa ku giciro kitabangamiye umuhinzi ndetse na nkunganire.

Ati “Nk’izindi nyongeramusaruro zose, iyi fumbire ubushakashatsi niburangira ikaboneka ko ari nziza rwose abaturage bazayihabwa muri nkunganire kandi ntawuzayikenera ngo ayibure.”

Aba bahinzi bavuga ko bahingaga by’amaburakindi  kubera ko Bacibwa intege  n’uko iyo bahinze bakoresheje ifumbire ya DAP basaruraga umusaruro udashimishije ariko ngo babonye iyo fumbire yo mu bwoko bwa NPK ivuguruye yatuma umusaruro uzamuka ukikuba hafi kabiri.

Umushakashatsi Kayumba John yamaze impungenge aba bahinzi

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − sixteen =

Previous Post

Inzira nshya, ibihangange bizitabira, udushya duteganyijwe,…-Amakuru udakwiye gucikwa ya TduRwanda2022

Next Post

Nyanza: Ubushinjacyaha bwasabiye Aba-Islam baregwa iterabwoba gufungwa burundu no kwamburwa uburenganzira

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Ubushinjacyaha bwasabiye Aba-Islam baregwa iterabwoba gufungwa burundu no kwamburwa uburenganzira

Nyanza: Ubushinjacyaha bwasabiye Aba-Islam baregwa iterabwoba gufungwa burundu no kwamburwa uburenganzira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.