Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyagatare: Amatungo mu cyumba kimwe n’abantu, ubuyobozi buti “Ntitwari tuzi ko bigeze aho”

radiotv10by radiotv10
05/04/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyagatare: Amatungo mu cyumba kimwe n’abantu, ubuyobozi buti “Ntitwari tuzi ko bigeze aho”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mimuri mu Karere ka Nyagatare, bahisemo kurarana n’amatungo mu nzu kubera ubujura bukomeje gufata intera muri aka gace, ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bwo bukavuga ko butari buzi ko bigeze kuri uru rwego.

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Mimuri mu Murenge wa Mimuri babwiye RADIOTV10 ko ubujura muri aka gace bwafashe intera.

Umwe yagize ati “N’uburiri babugukuraho bakaguhirika hariya ibintu bakabitwara.”

Bavuga ko uraje itungo hanze atabyuka ngo asange rigihari ku buryo bahisemo kujya bayaraza mu nzu bararamo.

Undi muturage yagize ati “Iyo agatungo kawe ukaraje hanze, abajura barara bagatwaye n’inzu bakayipfumura. Itungo ryanjye nariraza kure yanjye se? bugacya se rihari? Bajya ku nzu bagatobora ugasanga baritwaye kare.”

Bamwe muri bo bavuga ko n’inzu zabo ari nto zifite icyumba kimwe, bavuga ko bahisemo kurarana n’amatungo kubera amaburakindi kuko ari yo basanzwe bakuraho amafaranga abafasha mu buzima bwa buri munsi nko kubona imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza n’ibikoresho by’ishuri by’abana.

Bavuga ko amarondo akorwa ariko ko batazi uko bigenda ngo abajura bayarushe imbaraga.

Undi muturage ati “Amarondo arararwa ariko mu kurarwa kwayo tuyoberwa uburyo byagenze n’ukuntu amazu apfumurwa n’abajura bakinjira.”

Aba baturage bakeka ko abajura bafite n’imiti batera abaturage bagata ubwenge kugira ngo babibe kuko batanatinya kwinjira mu nzu barayemo ngo babibe.

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Gasana Emmanuel avuga ko nubwo iki kibazo cy’umutekano mucye gishobora kuba gihari “ariko ntabwo nari nzi ko byaba bigeze ahantu ho kuvuga ngo abaturage bararane n’amatungo kubera ko amarondo arakorwa cyangwa yakabaye akorwa.”

Guverineri Gasana avuga ko agace kaba karimo ibi bibazo byaba biterwa n’imikorere itanoze y’inzego z’ubuyobozi bw’ibanze ku buryo agiye kubikurikirana.

Ati “Aho twumva hakenewe ubutabazi bwihuta turabikora.”

Guverineri yemera ko ikibazo cy’abaturage bararana n’amatungo kigihari ariko ko gishingiye ku bintu bitandukanye birimo imyumvire ikiri hasi kuri bamwe mu baturage.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu biganiro akunze kugirana n’abayobozi baba abo mu nzego nkuru n’abo mu z’ibanze, yakunze kubasaba kurandura iki kibazo cy’abaturage bararana n’amatungo mu nzu imwe kuko biri mu bigira ingaruka mbi ku buzima bwabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 20 =

Previous Post

Urupfu rwa Dr.Emmanuel wakundaga football rwashenguye benshi barimo abafana ba Arsenal

Next Post

IFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yasuye Pariki ikomeye ibamo inyamaswa z’inkazi

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yasuye Pariki ikomeye ibamo inyamaswa z’inkazi

IFOTO: Perezida Kagame muri Zambia yasuye Pariki ikomeye ibamo inyamaswa z’inkazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.